• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 20, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 25, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

You might also like

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yatangaje ko intambara ihanganishije Israel, Iran na Amerika, buri ruhande ruyifitemo amakosa, kandi ko ikibazo cyayo nta narimwe kizaboneka hakoreshejwe inzira y’intambara.

Ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 24/06/2025, ni bwo uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda yagaragaje uruhande ahagazemo kuri iyi ntambara ihanganishije biriya bihugu.

Perezida Museveni yafashe uyu mwanzuro wo gutangaza ibi nyuma y’aho Ambasaderi wa Iran muri Uganda, atanyuzwe no kuba iki gihugu kitaratangaza aho gihagaze muri iyi ntambara ihanganishije Israel na Iran.

Perezida Museveni avuga ko mu mateka ya Uganda ndetse n’ishyaka rye rya NRM, barwanye ivangura rishingiye ku ibara ry’uruhu, ubwoko n’idini, ndetse n’ibijyanye no gutsikamira abagore.

Agendeye kuri uyu murongo, yagaragaje amakosa akorwa n’impande zitandukanye muri iki gihugu cya Iran na Israel.

Yagize ati: “Itsinda rya mbere twagiranye ibiganiro ndetse tugira n’icyo turibwira ni Abanya-Iran baharanira ko igihugu cyabo kiba igihugu kigendera ku mahame ya Islam. Buri gihe iyo nasuraga Iran nk’igihe Mahmoud Ahmadinejad yari perezida nababwiye ko kuvuga ko Israel itemewe nk’igihugu mu Burasirazuba bwo hagati, ari ikosa. Twabwiye abanya-Iran dushingiye kuri Bibiliya, Israel ari igihugu mu bihugu bigize aka karere.”

Museveni yakomeje avuga ko kubwiwe byari bikwiye ko Loni ifata umwanzuro wo kugabanya Palestine aya moko yombi. Ni amakosa kuba bamwe mu barabu n’abaharanira ko Iran iba igihugu kigendera ku matwara ya Islam baranze kwemera icyo gisubizo gishingiye ku mateka.

Yagaragaje kandi ko Israel na yo hari ikosa ifite.

Ati: “Itsinda rya kabiri ryakoze amakosa ni Israel, kubera ko yanze ko baba ibihugu bibiri. Bavuga ko Abanya-Palestine badakomoka muri kariya gace atari byo, ntabwo ushobora kuvuga ko batabarizwa hariya, niba ushobora kubivuga gutyo noneho ni iki wavuga ku Banyaburayi bimukiye muri Amerika, Australia, Afrika y’Epfo n’ahandi, mu myaka 400 gusa ishize? Ibi nibyo Idi Amin yavugaga ubwo yirukanaga Abahinde, avuga ko batabarizwa muri Uganda. Iyo mitekerereze twarayanze.”

Hagataho, mu mwaka wa 1947 ni bwo umuryango w’Abibumbye wafashe umwanzuro wo kugabanya Palestine, Abayahudi bagafata igice cyabo . Umujyi wa Yerusalemu, uwo ubwoko bwombi bufata nk’ahantu hatagatifu wagumye mu cyeragati ugirwa agace gahuriweho n’amahanga.

Abayahudi bemeye iyi gahunda ndetse mu 1948 batangaza ubwigenge bw’igihugu cyabo cya Israel.

Ibyo rero Abarabu batuye muri aka gace babonye iyi gahunda y’umuryango w’Abibumbye nk’uburyo bw’amayeri y’Abanya-Burayi bashaka kubibira ubutaka. Iyi niyo yabaye intandaro y’intambara y’ibihugu by’Abarabu byihurije hamwe byiyemeje guhangana na Israel mu ntambara yabaye mu 1948.

Amakuru avuga ko iyi ntambara yari igamije gushyiraho igihugu kimwe cya Palestine nk’uko byahoze mu gihe cy’ubukoloni bw’Abongereza. Byaje kurangira Israel itsinze iyi ntambara ndetse ihita ifata umwanzuro wo kurenga imipaka yari yarashyizweho n’umuryango w’Abibumbye, ifata igice kinini cya Yerusalemu ndetse n’ubundi butaka bwagombaga kuba ubwa Palestine.

Byanaje no kurangira Israel igenzura ubutaka bwose bwa Yerusalemu uretse Gaza yaganzurwaga na Misiri na West Bank yagenzurwaga na Jordanie.

Mu 1967 Israel yongeye kwisanga mu ntambara y’iminsi itandatu n’ibi bihugu by’Abarabu, na none irangira Israel itsinze ndetse yigarurira West Bank na Gaza. Bivuze ko iki gihe Israel yari ifite ubutaka bwose bwahoze buzwi nka Palestine harimo na Yerusalemu. Ni aha rero niho perezida Yoweli Kaguta Miseveni yahereye avuga ko Israel, itashyigikiye ko habaho ibihugu bibiri nk’uko byari byarasabwe na Loni.

Parezida Museveni yavuze kandi ko abandi bakoze amakosa akomeye muri iyi ntambara ya Israel na Iran ni Amerika, avuga ko yo yayakoze irangajwe imbere n’urwego rushyinzwe ubutasi bwa CIA.

Yagize ati: “Mu mwaka wa 1953, Amerika yahiritse umuyobozi wa Iran wari watowe binyuze muri demokarasi, Mohammed Mosaddegh, kuko bashakaga kwiba ibikomoka kuri peteroli muri Iran. Nibo baremye uru rwango rufitwe n’aba bayobozi ba Iran na bo bafite aho bahagaze hari mu kuri.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda, yavuze ko kwibwira ko iki kibazo kizakemurwa n’intambara nabyo ari irindi kosa muyandi yagiye akorwa. Avuga ko kwanza bakwiye kureba ibindi bihugu bitarebwa n’akiriya kibazo bakabafasha ku bikemura, kandi ngo bigakorwa mu nzira z’ibiganiro.

Ibi Museveni yabitangaje mu gihe Israel na Iran bimaze iminsi mu mirwano, nubwo Leta Zunze ubumwe z’Amerika zari zatangaje agahenge, nyamara Iran irashinjwa kukarenga ikagaba ibitero, ibyatumye Israel itangaza gutangiza ibitero karahabutaka kuri Iran iyo ishinja kurenga kariya gahenge.

Tags: Amavu n'amavukoIngambara ya Israel na IranMuseveni
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails
Next Post
Unleash Your Creativity with the Ultimate 8K Vlogging Camera!

Unleash Your Creativity with the Ultimate 8K Vlogging Camera!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?