• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, December 2, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

minebwenews by minebwenews
June 25, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Museveni yavuze amavu n’amavuko y’intambara ya Israel na Iran, ndetse avuga n’uko yorangizwa.

You might also like

Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Gen (Rtd) James Kabarebe Yahawe Inshingano Nshya mu Biro bya Perezida wa Repubulika

Corneille Nangaa: Birashoboka ko nzaba Perezida wa RDC, niba igihugu kibikeneye

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yatangaje ko intambara ihanganishije Israel, Iran na Amerika, buri ruhande ruyifitemo amakosa, kandi ko ikibazo cyayo nta narimwe kizaboneka hakoreshejwe inzira y’intambara.

Ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 24/06/2025, ni bwo uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda yagaragaje uruhande ahagazemo kuri iyi ntambara ihanganishije biriya bihugu.

Perezida Museveni yafashe uyu mwanzuro wo gutangaza ibi nyuma y’aho Ambasaderi wa Iran muri Uganda, atanyuzwe no kuba iki gihugu kitaratangaza aho gihagaze muri iyi ntambara ihanganishije Israel na Iran.

Perezida Museveni avuga ko mu mateka ya Uganda ndetse n’ishyaka rye rya NRM, barwanye ivangura rishingiye ku ibara ry’uruhu, ubwoko n’idini, ndetse n’ibijyanye no gutsikamira abagore.

Agendeye kuri uyu murongo, yagaragaje amakosa akorwa n’impande zitandukanye muri iki gihugu cya Iran na Israel.

Yagize ati: “Itsinda rya mbere twagiranye ibiganiro ndetse tugira n’icyo turibwira ni Abanya-Iran baharanira ko igihugu cyabo kiba igihugu kigendera ku mahame ya Islam. Buri gihe iyo nasuraga Iran nk’igihe Mahmoud Ahmadinejad yari perezida nababwiye ko kuvuga ko Israel itemewe nk’igihugu mu Burasirazuba bwo hagati, ari ikosa. Twabwiye abanya-Iran dushingiye kuri Bibiliya, Israel ari igihugu mu bihugu bigize aka karere.”

Museveni yakomeje avuga ko kubwiwe byari bikwiye ko Loni ifata umwanzuro wo kugabanya Palestine aya moko yombi. Ni amakosa kuba bamwe mu barabu n’abaharanira ko Iran iba igihugu kigendera ku matwara ya Islam baranze kwemera icyo gisubizo gishingiye ku mateka.

Yagaragaje kandi ko Israel na yo hari ikosa ifite.

Ati: “Itsinda rya kabiri ryakoze amakosa ni Israel, kubera ko yanze ko baba ibihugu bibiri. Bavuga ko Abanya-Palestine badakomoka muri kariya gace atari byo, ntabwo ushobora kuvuga ko batabarizwa hariya, niba ushobora kubivuga gutyo noneho ni iki wavuga ku Banyaburayi bimukiye muri Amerika, Australia, Afrika y’Epfo n’ahandi, mu myaka 400 gusa ishize? Ibi nibyo Idi Amin yavugaga ubwo yirukanaga Abahinde, avuga ko batabarizwa muri Uganda. Iyo mitekerereze twarayanze.”

Hagataho, mu mwaka wa 1947 ni bwo umuryango w’Abibumbye wafashe umwanzuro wo kugabanya Palestine, Abayahudi bagafata igice cyabo . Umujyi wa Yerusalemu, uwo ubwoko bwombi bufata nk’ahantu hatagatifu wagumye mu cyeragati ugirwa agace gahuriweho n’amahanga.

Abayahudi bemeye iyi gahunda ndetse mu 1948 batangaza ubwigenge bw’igihugu cyabo cya Israel.

Ibyo rero Abarabu batuye muri aka gace babonye iyi gahunda y’umuryango w’Abibumbye nk’uburyo bw’amayeri y’Abanya-Burayi bashaka kubibira ubutaka. Iyi niyo yabaye intandaro y’intambara y’ibihugu by’Abarabu byihurije hamwe byiyemeje guhangana na Israel mu ntambara yabaye mu 1948.

Amakuru avuga ko iyi ntambara yari igamije gushyiraho igihugu kimwe cya Palestine nk’uko byahoze mu gihe cy’ubukoloni bw’Abongereza. Byaje kurangira Israel itsinze iyi ntambara ndetse ihita ifata umwanzuro wo kurenga imipaka yari yarashyizweho n’umuryango w’Abibumbye, ifata igice kinini cya Yerusalemu ndetse n’ubundi butaka bwagombaga kuba ubwa Palestine.

Byanaje no kurangira Israel igenzura ubutaka bwose bwa Yerusalemu uretse Gaza yaganzurwaga na Misiri na West Bank yagenzurwaga na Jordanie.

Mu 1967 Israel yongeye kwisanga mu ntambara y’iminsi itandatu n’ibi bihugu by’Abarabu, na none irangira Israel itsinze ndetse yigarurira West Bank na Gaza. Bivuze ko iki gihe Israel yari ifite ubutaka bwose bwahoze buzwi nka Palestine harimo na Yerusalemu. Ni aha rero niho perezida Yoweli Kaguta Miseveni yahereye avuga ko Israel, itashyigikiye ko habaho ibihugu bibiri nk’uko byari byarasabwe na Loni.

Parezida Museveni yavuze kandi ko abandi bakoze amakosa akomeye muri iyi ntambara ya Israel na Iran ni Amerika, avuga ko yo yayakoze irangajwe imbere n’urwego rushyinzwe ubutasi bwa CIA.

Yagize ati: “Mu mwaka wa 1953, Amerika yahiritse umuyobozi wa Iran wari watowe binyuze muri demokarasi, Mohammed Mosaddegh, kuko bashakaga kwiba ibikomoka kuri peteroli muri Iran. Nibo baremye uru rwango rufitwe n’aba bayobozi ba Iran na bo bafite aho bahagaze hari mu kuri.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Uganda, yavuze ko kwibwira ko iki kibazo kizakemurwa n’intambara nabyo ari irindi kosa muyandi yagiye akorwa. Avuga ko kwanza bakwiye kureba ibindi bihugu bitarebwa n’akiriya kibazo bakabafasha ku bikemura, kandi ngo bigakorwa mu nzira z’ibiganiro.

Ibi Museveni yabitangaje mu gihe Israel na Iran bimaze iminsi mu mirwano, nubwo Leta Zunze ubumwe z’Amerika zari zatangaje agahenge, nyamara Iran irashinjwa kukarenga ikagaba ibitero, ibyatumye Israel itangaza gutangiza ibitero karahabutaka kuri Iran iyo ishinja kurenga kariya gahenge.

Tags: Amavu n'amavukoIngambara ya Israel na IranMuseveni
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington Perezida w’u Burundi yatangaje ko agiye kugirira uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,...

Read moreDetails

Gen (Rtd) James Kabarebe Yahawe Inshingano Nshya mu Biro bya Perezida wa Repubulika

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Gen (Rtd) James Kabarebe Yahawe Inshingano Nshya mu Biro bya Perezida wa Repubulika

Gen (Rtd) James Kabarebe Yahawe Inshingano Nshya mu Biro bya Perezida wa Repubulika Perezida Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma, ashyiraho abayobozi bashya mu myanya itandukanye, zirimo izasize...

Read moreDetails

Corneille Nangaa: Birashoboka ko nzaba Perezida wa RDC, niba igihugu kibikeneye

by Bahanda Bruce
December 2, 2025
0
Corneille Nangaa: Birashoboka ko nzaba Perezida wa RDC, niba igihugu kibikeneye

Corneille Nangaa: Birashoboka ko nzaba Perezida wa RDC, niba igihugu kibikeneye Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko adateze gutinya inshingano zo kuba Perezida wa Repubulika ya Demokarasi...

Read moreDetails

Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

by Bahanda Bruce
December 1, 2025
0
Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23

Ndayishimiye Yongeye Kwibasira Perezida Kagame, Amushinja Gukoresha Impunzi z’Abarundi mu Nyungu za M23 Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kunenga bikomeye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, amushinja...

Read moreDetails

Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

by Bahanda Bruce
December 1, 2025
0
Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze

Mbayahaga Yikomye Umutwe urwana muri Kivu y’Amajyepfo, Avuga ko Ingabo z’u Burundi Zawutsinze Umuvugabutumwa, umunyarwenya akaba n’umunyapolitiki w’inshuti magara ya Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Mbayahaga Isidore, yongeye...

Read moreDetails
Next Post
Unleash Your Creativity with the Ultimate 8K Vlogging Camera!

Unleash Your Creativity with the Ultimate 8K Vlogging Camera!

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?