Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Paul Kagame yavuze ku by’amabuye y’agaciro igihugu cye gishinjwa kwiba.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 4, 2025
in World News
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Paul Kagame yavuze ku by’amabuye y’agaciro igihugu cye gishinjwa kwiba.

You might also like

Ibisasu byamanukaga i Tel Aviv nk’imvura, ibyinshi birapfuba….

Israel ikomeje gukora amateka ni mu gihe ibisasu byose Iran iri kuyirasaho iri kubishywanyaguza.

Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko Afrika y’Epfo n’ibihugu bimwe byo ku mugabane w’u Burayi, ari byo byungukira cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni ibyo perezida Paul Kagame yagarutseho ahar’ejo tariki ya 03/02/2025, ubwo yarimo atanga ikiganiro kuri CNN.

Umunyamakuru w’iyi televisiyo ya CNN yateye ikibazo perezida w’u Rwanda agira ati: “Koko u Rwanda rukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan muri RDC? Undi nawe amusubiza ko ibyo bihabanye n’ukuri ngo kuko u Rwanda rufite ibirombe rucukuramo ayo mabuye.

Kagame yanasabye uyu munyamakuru kuzaza akamwereka aho u Rwanda ruyacukura, yagize ati: “Ndagutumiye, uzaze nzakwereka aho ducukura Coltan.”

Hanyuma uyu munyamakuru yongeye kumubaza niba hari andi mabuye y’agaciro u Rwanda rwaba rucukura muri Congo nk’uko bikunze kugaragazwa n’abategetsi benshi b’i Kinshasa, perezida Kagame yahise asubiza ko abungukira muri ibyo bikorwa ari Afrika y’Epfo n’ibindi bihugu bitari u Rwanda.

Yagize ati: “Ibyo ntacyo mbiziho kubera ko icyo ntigishobora kuba ikibazo. Abantu bari kungukira muri ayo mabuye y’agaciro ya Congo kurusha undi uwo ari we wese ni Afrika y’Epfo n’abo Banyaburayi.”

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko munsi y’ubutaka bwarwo harimo Toni miliyoni 112 z’amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, afite agaciro ka miliyari 154$ kandi ko ubushakashatsi bugikomeje.

Ni mu gihe kandi ubushakashatsi bwakozwe mu 2017, bwagaragaje ko mu Rwanda hari uduce 52 turimo amabuye y’agaciro, aho utugera kuri 37 twacukuwemo, ariko ko utundi 10 tutarigera ducukurwamo.

Iki gihugu cy’u Rwanda gifite amabuye y’agaciro mu butaka bwarwo atandukanye ndetse kuri ubu rufite n’inganda ziyatunganya zirimo urutunganya zahabu ndetse n’urutunganya Coltan.

Tags: Amabuye y'AgaciroCNNRdcRwanda
Share40Tweet25Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibisasu byamanukaga i Tel Aviv nk’imvura, ibyinshi birapfuba….

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Ibisasu byamanukaga i Tel Aviv nk’imvura, ibyinshi birapfuba….

Ibisasu byamanukaga i Tel Aviv nk'imvura, ibyinshi birapfuba…. Igisirikare cya Israel cyatangaje ko Iran yayiteyeho ibisasu bibarigwa mu magana, ariko ko ibyinshi muri byo byapfubiye mu kirere. Ubwo...

Read moreDetails

Israel ikomeje gukora amateka ni mu gihe ibisasu byose Iran iri kuyirasaho iri kubishywanyaguza.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Israel ikomeje gukora amateka ni mu gihe ibisasu byose Iran iri kuyirasaho iri kubishywanyaguza.

Israel ikomeje gukora amateka ni mu gihe ibisasu byose Iran iri kuyirasaho iri kubishywanyaguza. Mu buryo bwo kwihimura, Iran yohereje muri Israel drones zirenga 100 na za misile,...

Read moreDetails

Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye.

Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye. Abayobozi b'Ingabo muri Iran baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n'igisirikare cya Israel muri icyo gihugu. Ni igitero Israel...

Read moreDetails

Uwarokotse mu mpanuka y’indege ya Air India.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Uwarokotse mu mpanuka y’indege ya Air India.

Uwarokotse mu mpanuka y'indege ya Air India. Umuntu umwe ni we warokotse impanuka y'indege ya Air India yaritwaye abagenzi 243, aho iyi ndege yakoze impanuka ikomeye, nyuma y'aho...

Read moreDetails

Indege ya Air India yaritwaye abantu yakoze impanuka ikomeye.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Indege ya Air India yaritwaye abantu yakoze impanuka ikomeye.

Indege ya Air India yaritwaye abantu yakoze impanuka ikomeye. Mu Buhinde habereye impanuka idasanzwe y'indege yaritwaye abantu 242 nyuma y'aho yarimaze akanya gato imaze gufata ikirere. Uyu munsi...

Read moreDetails
Next Post
M23 yafunze ikibuga cy’indege cya Goma.

Iby'ikibuga cy'indege cya Goma byasabwe ko gifungurwa byihuse.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?