Perezida Trump na Netanyahu mu Biganiro, Ariko Umubano Wabo Wagaragaje Impinduka Zikomeye
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, muri White House ku wa Gatatu tariki ya 11/02/2026, bagirana ibiganiro byihariye byibanze ahanini ku kibazo cy’intwaro kirimbuzi za Iran n’umutekano w’akarere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Iyi nama yabaye mu gihe umwuka wa politiki n’igisirikare ukomeje gukara muri ako karere, by’umwihariko ku bijyanye n’imishyikirano igamije gusaba Iran guhagarika gahunda yayo yo gutunganya uranium ishobora gukoreshwa mu gukora intwaro za nikleyeri, kugabanya ubushobozi bwa misile ziraswa kure (ballistic missiles), no guhagarika inkunga ishinjwa guha imitwe irwanya Israel nka Hamas na Hezbollah.
Mbere yo kujya i Washington, Netanyahu yatangaje ko agiye kugaragariza Perezida Trump uko Israel ibona “amahame agomba kugenderwaho muri iyi mishyikirano.” Yavuze ko Iran ikomeje kuba ikibazo gikomeye ku mutekano w’akarere no ku nyungu za Israel.
Ku rundi ruhande, Iran yagaragaje ko yiteguye kugabanya ibikorwa byayo by’ingufu za nikleyeri kugira ngo ikurirweho ibihano mpuzamahanga, ariko ikomeza kwanga ibisabwa birimo guhagarika burundu gahunda yayo ya misile no kureka gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro.
Netanyahu yavuze kandi ko uru ruzinduko rutibanda kuri Iran gusa, ahubwo runareba ibibazo bya Gaza, umutekano wa Israel, n’icyerekezo rusange cy’amahoro mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umubano wa Trump na Netanyahu ni umwe mu yagarutsweho cyane mu mateka ya dipolomasi hagati ya Amerika na Israel. Abawukurikirana bawugabanyamo ibyiciro bibiri by’ingenzi: igihe cy’ubufatanye bukomeye (2017–2020) n’igihe cy’igitotsi n’ubwumvikane buke (2020–2021), mbere y’uko wongera kuzahuka nyuma y’uko Trump asubiye ku butegetsi.
Muri manda ya mbere ya Trump, umubano we na Netanyahu waranzwe n’icyizere n’ubufatanye bugaragara.
Mu byemezo by’ingenzi byafashwe harimo: Amerika kwemera Yerusalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, icyemezo Netanyahu yise “icy’amateka,” ariko cyateje imyigaragambyo ikomeye mu karere; Amerika kwikura mu masezerano ya JCPOA (arebana n’ingufu za nikleyeri za Iran), Trump avuga ko atubahirizwaga uko bikwiye, icyemezo Netanyahu yashimye; kwimura Ambasade ya Amerika ikava i Tel Aviv ikajya i Yerusalemu, igikorwa cyahuriranye n’imyigaragambyo i Gaza yahitanye Abanyapalestina barenga 60; Amerika kwemera ku mugaragaro ko Imisozi ya Golan ari igice cya Israel; no gusinywa kw’Amasezerano ya Abraham, aho Israel yagiranye umubano wa dipolomasi na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Bahrain, igikorwa cyashyigikiwe na Trump.
Icyo gihe, Netanyahu yagaragazaga Trump nk’“inshuti magara ya Israel” itarigeze ibaho mu mateka ya White House.
Umwuka watangiye guhinduka nyuma y’amatora ya Amerika yo mu 2020. Tariki ya 07/11/2020, Netanyahu yashimiye Joe Biden ku ntsinzi ye, ibintu byarakaje Trump.
Mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2021, Trump yanenze Netanyahu ku mugaragaro, avuga ko “yakoze ikosa rikomeye” ryo gushimira Biden hakiri kare, anavuga ko kuva icyo gihe batongeye kuvugana.
Ibi byagaragaje ko n’ubwo ubufatanye bwa politiki bwari bukomeye, bushobora guhungabanywa n’inyungu za politiki bwite.
Nyuma y’uko Trump asubiye ku butegetsi mu 2025, Netanyahu yongeye gusura Washington kenshi, aho amaze kwakirwa inshuro 4 muri White House, kurusha undi muyobozi uwo ari we wese w’amahanga muri uwo mwaka.
Ibiganiro byabo byibanze ku ntambara ya Gaza, gahunda yo kurekura abafashwe bugwate, n’umugambi w’amahoro w’ingingo 20 ugamije gushyiraho ubuyobozi bw’agateganyo muri Gaza.
Ariko bivugwa ko ubu bufatanye butakiri ubushingiye ku marangamutima nk’uko byahoze, ahubwo bushingiye ku mibare n’inyungu za politiki.
Hugo Lovatt, impuguke ku Burasirazuba bwo Hagati, agaragaza ko mu itsinda rya Trump hari amacakubiri: bamwe bashyigikiye Israel byimazeyo, abandi bagaragaza kutishimira ibikorwa bya Israel, cyane cyane ku ntambara ya Gaza.
Dr. H. A. Hellyer na we avuga ko n’ubwo hari kunengwa Netanyahu mu buyobozi bwa Trump, ibyo bitarahindura cyane umurongo wa politiki ya Amerika kuri Israel.
Mu kwezi kwa mbere, Netanyahu yashimiye Trump ku ntsinzi ye, amwita inshuti ikomeye ya Israel. Mu kwezi kwa kabiri, hatangiye ibiganiro by’ibanze byo guhagarika imirwano muri Gaza. Mu kwezi kwa kane, Trump na Netanyahu bahuriye muri White House, aho Trump yasabye ko intambara irangira vuba. Mu kwezi kwa gatanu, Amerika yagabye ibitero ku nyubako zitunganya ingufu za nikleyeri za Iran, ku bufatanye na Israel. Mu kwezi kwa karindwi, Trump yatanze igitekerezo cy’agahenge k’iminsi 60. Mu kwezi kwa cyenda, Israel yagabye igitero muri Qatar, Amerika iracyamagana. Tariki ya 29 mu kwezi kwa Cyenda, Netanyahu yasubiye muri White House, baganira ku mahoro n’ikorwa ryo kurekura abafashwe bugwate 48.
Ibiganiro bya Trump na Netanyahu byerekana ko ikibazo cya Iran gikomeje kuba ku isonga mu byihutirwa bya dipolomasi ya Amerika na Israel. Ariko kandi, ibibazo bya Gaza n’umushinga w’amahoro mu Burasirazuba bwo Hagati bikomeje kugora abayobozi bombi.
Nubwo umubano wabo wagiye uhindagurika bitewe n’inyungu za politiki n’imyemerere mpuzamahanga, biragaragara ko Amerika na Israel bikomeje gufatanya bya hafi ku bibazo by’umutekano.
Ikibazo gisigaye ni ukumenya niba ubu bufatanye buzashobora gutanga umusaruro urambye mu guhosha amakimbirane amaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwo Hagati, cyangwa niba buzongera guhura n’igitotsi nk’icyigeze kubaho mu bihe byashize.






