Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 22, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

You might also like

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yavuze ko ntaho ahuriye na Congo Kinshasa n’u Rwanda , ariko avuga ko hari intumwa ifite ubuhanga igihugu cye cyohereje gukurikirana ibibazo bihari kandi ko irimo gukora akazi gakomeye mu guhuza ibi bihugu byombi.

Ibi perezida Trump yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo, Ramaphosa, mu biro bye, White House biherereye i Washington DC.

Kubera iki kiganiro aba bakuru b’ibihugu byombi bagiranye, ibinyamamakuru byinshi byanditse ko Trump yagitezemo Ramaphosa umutego, ubwo yamwerekaga video zirimo indirimbo n’amagambo y’urwango bivugwa na bamwe mu baturage ba Afrika y’Epfo babwira Abazungu babahinzi baba muri icyo gihugu ko bazabica.

Mubarimo bavuga ayo magambo harimo na Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu cya Afrika y’Epfo, ariko ntihagire icyo ubutegetsi bubikoraho.

Akaba ari na yo mpamvu Trump yiyemeje guha ubuhungiro abo bazungu avuga ko barimo gukorerwa jenocide.

Ibyakurikiyeho, abanyamakuru babajije Trump icyo arimo akora ku bibazo by’u Rwanda na RDC, avuga ko we ntacyo yabikoraho.

Ati: “Ntaho mpuriye n’u Rwanda na Congo Kinshasa, ariko niyumvisemo ko hari umuntu ufite ubwo buhanga mu butegetsi bwacu, namwohereje yo kandi yakoze akazi kadasanzwe, niko mbibona. Ariko tuzaba tubireba.”

Ramaphosa yanabwiye Trump ko igihugu cye n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afrika y’Amajyepfo byari bifite ingabo muri RDC byazikuyeyo kugira ngo amahoro abashe ku boneka.

Avuga ko RDC ibonye amahoro n’akarere kose irimo kahita kayagira.

Trump ni bwo yahise atangaza ko ibibera muri RDC ari amahano, ngo kuko igihe cyose hava inkuru z’abantu bicwa, akavuga ko abantu yoherejeyo barimo bakora akazi gakomeye.

Ubundi kandi Trump yeretse Ramaphosa raporo ziva muri RDC zigaragaza ubwicanyi buberayo, ahanini ubwo bwicanyi bubera mu Burasizuba bwayo.

Ibyo bibaye mu gihe RDC yemeye kuganira n’u mutwe wa M23, aho bihuzwa n’igihugu cya Qatar.

Ndetse kandi u Rwanda na Congo Kinshasa nabyo abakuru b’ibi bihugu baheruka guhurira i Doha muri Qatar bahujwe na Emir Sheikh Termin Bin.

Hagataho, u Rwanda na Congo kandi, byakiriye inyandiko yatanzwe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika ikubiyemo imbanziriza mushinga y’amasezerano y’amahoro.

Hejuru y’ibyo, mu kwezi gutaha ibi bihugu byombi, bizasinya amasezerano y’ubwumvikane imbere ya perezida Donald Trump. Ni amasezerano yitezwe ko azarangiza intambara ziri kubera mu Burasizuba bwa Congo.

Tags: RamaphosaRdcRwandaTrumpUmutego
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko. Nyuma y'aho u Rwanda rumuritse bwa mbere mu nama mpuzamahanga y'umutekano iheruka kubera i Kigali intwaro zarwo zirukorerwamo bigatungura ibihugu byinshi,...

Read moreDetails

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Minisitiri w'ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa. Umushinjacyaha w'urukiko rushyinzwe imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yandikiye inteko ishinga amategeko ayisaba kwambura...

Read moreDetails

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

Amabuye y'agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda. Amabuye y'agaciro ya Repubulika ya demokarasi ya Congo nka tungsten, tantalum na tin, ayo iki gihugu cyagiye gishinja u...

Read moreDetails

Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza.

Mushikiwabo yatangaje ibintu byatuma Afrika igera ku iterambere yifuza. Umunyabanga mukuru w'umuryango w'ibihugu bikoresha ururimi rw'igifaransa(OIF), Louise Mushikiwabo yatangaje ko Afrika ikwiye guhahira aho ishaka no gukorana n'abo...

Read moreDetails

Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira.

Icyo abaturage bavuga kuri disikuru yatanzwe na guverineri Perusi i Uvira. Guverineri wa Kivu y'Amajyepfo i Uvira, Jeaques Perusi, yabwiye abaturage bari muri uyu mujyi ko intambara zirangiye,...

Read moreDetails
Next Post
Gira ibyo umenya ku gitero u Bubiligi bushinja igisirikare cya Israel.

Gira ibyo umenya ku gitero u Bubiligi bushinja igisirikare cya Israel.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?