Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 27, 2025
in Regional Politics
0
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

You might also like

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yivuze imyato nyuma y’aho u Rwanda na Congo bigiranye amasezerano agena amahame y’ibanze mu gukemura mu buryo burambye ikibazo cya makimbirane ibyo bihugu byombi byari bifitanye.

Ni amasezerano yasinywe n’abaminisitiri bubanye n’amahanga b’ibihugu byombi, Olivier Nduhungurehe w’u Rwanda na Kayikwamba Wagner wa RDC, aho bayasinyiye imbere ya mugenzi wabo wa Amerika, Marco Rubio, i Washington DC, tariki ya 25/04/2025, ubwo ni ku wa gatanu.

Nyuma y’amasaha make, ayo masezerano amaze gusinywa hagati y’aba bayobozi b’ibihugu byombi, perezida Donald Trump yahise atangaza avuga ko iyo ari nkuru nziza yaturutse muri Afrika, kubera ko ari kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane.

Ati: “Inkuru nziza iturutse muri Afrika, aho na none ndi kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane. Ntabwo nzi impamvu ibi bibazo byinshi byanjeho hamwe n’ubutegetsi bwanjye, ariko twakoze akazi gakomeye kugira ngo tubikemure cyangwa tubishyire mu cyerekerezo cy’amahoro.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’igihangange ku isi, yavuze ko atazi impamvu ibibazo nk’ibi ari we bikeneye ngo abishakire ibisubizo, ariko ko yiteguye gutanga umusanzu kugira ngo amahoro aboneke.

Aya masezerano u Rwanda na Congo byagiranye arimo ingingo isaba buri gihugu kubaha ubwingenge, ubusugire bw’ubutaka n’imiyoberere bya buri ruhande. Ubundi kandi ibi bihugu byombi byemeranyije gukurikiza inzira ibiganisha ku gukemura amakimbirane byari bifitanye burundu.

Kandi buri ruhande rwemeranyije ko rufite ibibangamiye umutekano warwo, zumvikana ko zizabikemura mu buryo bwubahiriza ubwingenge n’ubusugire. Zemeranya ko amahoro n’umutekano mu karere ari ngombwa kugira ngo ubucuruzi ndetse n’ubufatanye bigire imbaraga.

Sibyo gusa, kuko kandi impande zombi zumvikanye ko ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro bugomba guhagarara, kandi ko hashyirwaho urwego rw’umutekano ruhuriweho ruzaba rufite inshingano yo kuyirwanya mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’umutekano bya buri ruhande.

Ibyatangajwe n’ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, nyuma y’aho RDC n’u Rwanda bigiranye ariya masezerano, byavuze ko hasigaye uburyo bwo kwagura ishoramari ririmo irizashyigikirwa n’ubutegetsi bwa Amerika ndetse n’ibigo by’ishoramari by’Abanyamerika, hagamijwe guteza imbere ubukungu bw’akarere mu nyungu z’impande zombi.

Nk’uko aya masezerano abivuga, inzego z’umutekano w’Abibumbye ndetse n’imiryango y’ubutabazi bireba bizagira uruhare mu gucyura impunzi z’Abanye-Congo, hubahirizwa amategeko mpuzamahanga.

Ni mu gihe kandi umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC, n’umuryango w’ubukungu w’iterambere ry’ibihugu by’Afrika y’Amajyepfo, SADC, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025, yafashe imyanzuro izafasha uburasirazuba bwa RDC n’akarere kubona amahoro arambye, irimo usaba ko imirwano ihagarara nusaba ko habaho ibiganiro bya politiki.

Ni nabwo nyuma yabwo, abakuru b’ibihugu b’iyi miryango bahagaritse ubutumwa bw’ingabo za SADC zafashaga iza Congo kurwanya umutwe wa M23, bashimangira ko ibiganiro bya politiki ari byo byabonekamo amahoro arambye.

Ku rundi ruhande, mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka kandi, Qatar yatangije ibiganiro bihuza u Rwanda na Congo, ndetse n’ibihuza ihuriro rya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ibyanagaragaye ko tariki ya 23/04/2025, RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku itangazo rihuriweho ry’amasezerano yo guhagarika imirwano kugira ngo ibiganiro bikomeje hagati y’impande zombi bibe mu mwuka mwiza.

Icyitezwe ni uko hashobora kuzabaho ukutumvukana ku nyandiko y’amasezerano y’amahoro. Amerika yasobanuye ko minisitiri Kayikwamba na Nduhungurehe bemeranyije ko bazahurira i Washington DC kugira ngo babitunganye bwa nyuma.

Tags: GuhuzaRdcRwandaTrumpYigambye
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y'amahoro. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k'u butaka...

Read moreDetails

RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC.

by Bruce Bahanda
June 10, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC. Abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, bagaragaje impungenge zikomeye nyuma y'aho u Rwanda rwikuye mu muryango...

Read moreDetails

Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

by Bruce Bahanda
June 10, 2025
0
Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

Kajugujugu y'Ingabo z'u Burundi yafashwe n'inyeshyamba. Umutwe w'iterabwoba wa Al-Shabaab urwanya ubutegetsi bwo muri Somalia watangaje ko ari wo wateye igisasu gishwanyaguza kajugujugu y'igisirikare cy'u Burundi yo mu...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?