• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
April 27, 2025
in Regional Politics
0
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yivuze imyato nyuma y’aho u Rwanda na Congo bigiranye amasezerano agena amahame y’ibanze mu gukemura mu buryo burambye ikibazo cya makimbirane ibyo bihugu byombi byari bifitanye.

Ni amasezerano yasinywe n’abaminisitiri bubanye n’amahanga b’ibihugu byombi, Olivier Nduhungurehe w’u Rwanda na Kayikwamba Wagner wa RDC, aho bayasinyiye imbere ya mugenzi wabo wa Amerika, Marco Rubio, i Washington DC, tariki ya 25/04/2025, ubwo ni ku wa gatanu.

Nyuma y’amasaha make, ayo masezerano amaze gusinywa hagati y’aba bayobozi b’ibihugu byombi, perezida Donald Trump yahise atangaza avuga ko iyo ari nkuru nziza yaturutse muri Afrika, kubera ko ari kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane.

Ati: “Inkuru nziza iturutse muri Afrika, aho na none ndi kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane. Ntabwo nzi impamvu ibi bibazo byinshi byanjeho hamwe n’ubutegetsi bwanjye, ariko twakoze akazi gakomeye kugira ngo tubikemure cyangwa tubishyire mu cyerekerezo cy’amahoro.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’igihangange ku isi, yavuze ko atazi impamvu ibibazo nk’ibi ari we bikeneye ngo abishakire ibisubizo, ariko ko yiteguye gutanga umusanzu kugira ngo amahoro aboneke.

Aya masezerano u Rwanda na Congo byagiranye arimo ingingo isaba buri gihugu kubaha ubwingenge, ubusugire bw’ubutaka n’imiyoberere bya buri ruhande. Ubundi kandi ibi bihugu byombi byemeranyije gukurikiza inzira ibiganisha ku gukemura amakimbirane byari bifitanye burundu.

Kandi buri ruhande rwemeranyije ko rufite ibibangamiye umutekano warwo, zumvikana ko zizabikemura mu buryo bwubahiriza ubwingenge n’ubusugire. Zemeranya ko amahoro n’umutekano mu karere ari ngombwa kugira ngo ubucuruzi ndetse n’ubufatanye bigire imbaraga.

Sibyo gusa, kuko kandi impande zombi zumvikanye ko ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro bugomba guhagarara, kandi ko hashyirwaho urwego rw’umutekano ruhuriweho ruzaba rufite inshingano yo kuyirwanya mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’umutekano bya buri ruhande.

Ibyatangajwe n’ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, nyuma y’aho RDC n’u Rwanda bigiranye ariya masezerano, byavuze ko hasigaye uburyo bwo kwagura ishoramari ririmo irizashyigikirwa n’ubutegetsi bwa Amerika ndetse n’ibigo by’ishoramari by’Abanyamerika, hagamijwe guteza imbere ubukungu bw’akarere mu nyungu z’impande zombi.

Nk’uko aya masezerano abivuga, inzego z’umutekano w’Abibumbye ndetse n’imiryango y’ubutabazi bireba bizagira uruhare mu gucyura impunzi z’Abanye-Congo, hubahirizwa amategeko mpuzamahanga.

Ni mu gihe kandi umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC, n’umuryango w’ubukungu w’iterambere ry’ibihugu by’Afrika y’Amajyepfo, SADC, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025, yafashe imyanzuro izafasha uburasirazuba bwa RDC n’akarere kubona amahoro arambye, irimo usaba ko imirwano ihagarara nusaba ko habaho ibiganiro bya politiki.

Ni nabwo nyuma yabwo, abakuru b’ibihugu b’iyi miryango bahagaritse ubutumwa bw’ingabo za SADC zafashaga iza Congo kurwanya umutwe wa M23, bashimangira ko ibiganiro bya politiki ari byo byabonekamo amahoro arambye.

Ku rundi ruhande, mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka kandi, Qatar yatangije ibiganiro bihuza u Rwanda na Congo, ndetse n’ibihuza ihuriro rya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ibyanagaragaye ko tariki ya 23/04/2025, RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku itangazo rihuriweho ry’amasezerano yo guhagarika imirwano kugira ngo ibiganiro bikomeje hagati y’impande zombi bibe mu mwuka mwiza.

Icyitezwe ni uko hashobora kuzabaho ukutumvukana ku nyandiko y’amasezerano y’amahoro. Amerika yasobanuye ko minisitiri Kayikwamba na Nduhungurehe bemeranyije ko bazahurira i Washington DC kugira ngo babitunganye bwa nyuma.

Tags: GuhuzaRdcRwandaTrumpYigambye
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?