• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
April 27, 2025
in Regional Politics
0
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yigambye guhuza u Rwanda na RDC.

You might also like

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yivuze imyato nyuma y’aho u Rwanda na Congo bigiranye amasezerano agena amahame y’ibanze mu gukemura mu buryo burambye ikibazo cya makimbirane ibyo bihugu byombi byari bifitanye.

Ni amasezerano yasinywe n’abaminisitiri bubanye n’amahanga b’ibihugu byombi, Olivier Nduhungurehe w’u Rwanda na Kayikwamba Wagner wa RDC, aho bayasinyiye imbere ya mugenzi wabo wa Amerika, Marco Rubio, i Washington DC, tariki ya 25/04/2025, ubwo ni ku wa gatanu.

Nyuma y’amasaha make, ayo masezerano amaze gusinywa hagati y’aba bayobozi b’ibihugu byombi, perezida Donald Trump yahise atangaza avuga ko iyo ari nkuru nziza yaturutse muri Afrika, kubera ko ari kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane.

Ati: “Inkuru nziza iturutse muri Afrika, aho na none ndi kugira uruhare mu guhagarika intambara zikomeye n’amakimbirane. Ntabwo nzi impamvu ibi bibazo byinshi byanjeho hamwe n’ubutegetsi bwanjye, ariko twakoze akazi gakomeye kugira ngo tubikemure cyangwa tubishyire mu cyerekerezo cy’amahoro.”

Uyu mukuru w’iki gihugu cy’igihangange ku isi, yavuze ko atazi impamvu ibibazo nk’ibi ari we bikeneye ngo abishakire ibisubizo, ariko ko yiteguye gutanga umusanzu kugira ngo amahoro aboneke.

Aya masezerano u Rwanda na Congo byagiranye arimo ingingo isaba buri gihugu kubaha ubwingenge, ubusugire bw’ubutaka n’imiyoberere bya buri ruhande. Ubundi kandi ibi bihugu byombi byemeranyije gukurikiza inzira ibiganisha ku gukemura amakimbirane byari bifitanye burundu.

Kandi buri ruhande rwemeranyije ko rufite ibibangamiye umutekano warwo, zumvikana ko zizabikemura mu buryo bwubahiriza ubwingenge n’ubusugire. Zemeranya ko amahoro n’umutekano mu karere ari ngombwa kugira ngo ubucuruzi ndetse n’ubufatanye bigire imbaraga.

Sibyo gusa, kuko kandi impande zombi zumvikanye ko ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro bugomba guhagarara, kandi ko hashyirwaho urwego rw’umutekano ruhuriweho ruzaba rufite inshingano yo kuyirwanya mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’umutekano bya buri ruhande.

Ibyatangajwe n’ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, nyuma y’aho RDC n’u Rwanda bigiranye ariya masezerano, byavuze ko hasigaye uburyo bwo kwagura ishoramari ririmo irizashyigikirwa n’ubutegetsi bwa Amerika ndetse n’ibigo by’ishoramari by’Abanyamerika, hagamijwe guteza imbere ubukungu bw’akarere mu nyungu z’impande zombi.

Nk’uko aya masezerano abivuga, inzego z’umutekano w’Abibumbye ndetse n’imiryango y’ubutabazi bireba bizagira uruhare mu gucyura impunzi z’Abanye-Congo, hubahirizwa amategeko mpuzamahanga.

Ni mu gihe kandi umuryango wa Afrika y’i Burasizuba, EAC, n’umuryango w’ubukungu w’iterambere ry’ibihugu by’Afrika y’Amajyepfo, SADC, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2025, yafashe imyanzuro izafasha uburasirazuba bwa RDC n’akarere kubona amahoro arambye, irimo usaba ko imirwano ihagarara nusaba ko habaho ibiganiro bya politiki.

Ni nabwo nyuma yabwo, abakuru b’ibihugu b’iyi miryango bahagaritse ubutumwa bw’ingabo za SADC zafashaga iza Congo kurwanya umutwe wa M23, bashimangira ko ibiganiro bya politiki ari byo byabonekamo amahoro arambye.

Ku rundi ruhande, mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka kandi, Qatar yatangije ibiganiro bihuza u Rwanda na Congo, ndetse n’ibihuza ihuriro rya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ibyanagaragaye ko tariki ya 23/04/2025, RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku itangazo rihuriweho ry’amasezerano yo guhagarika imirwano kugira ngo ibiganiro bikomeje hagati y’impande zombi bibe mu mwuka mwiza.

Icyitezwe ni uko hashobora kuzabaho ukutumvukana ku nyandiko y’amasezerano y’amahoro. Amerika yasobanuye ko minisitiri Kayikwamba na Nduhungurehe bemeranyije ko bazahurira i Washington DC kugira ngo babitunganye bwa nyuma.

Tags: GuhuzaRdcRwandaTrumpYigambye
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware

Abasirikare b’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware Abasirikare b’Igihugu cy’u Burundi barenga 500 bari guhigwa bukware n’inzego z’umutekano, bashinjwa gutoroka inshingano za gisirikare nyuma yo gutsindwa ku...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR

Perezida Ndayishimiye Yizeje MONUSCO Kurinda U Rwanda, Ntiyashyigikira Gusenywa kwa FDLR Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

Uganda Yongeye Gufungura Internet Nyuma y’Itangazwa ry’Ibyavuye mu Matora ya Perezida Leta ya Uganda yongeye gufungura internet mu gihugu hose nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, byemeje...

Read moreDetails

Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora

Uganda Yategetse Gufunga Internet mu Gihugu Hose Mbere y’Amatora Leta ya Uganda yafashe icyemezo gikomeye cyo guhagarika internet mu gihugu hose mu gihe kitazwi. Iki cyemezo cyatangajwe n’Ikigo...

Read moreDetails

Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura

by Bahanda Bruce
January 13, 2026
0
Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura

Bobi Wine Yatanze Gasopo yo Kwigaragambya mu gihe Amatora Yagaragaramo Ubujura Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yatangaje...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Perezida Trump na mugenzi we Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?