Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Trump yiyamye Abanye-Congo agira n’icyo avuga kuri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 24, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Trump yiyamye Abanye-Congo agira n’icyo avuga kuri RDC.
102
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Trump yiyamye Abanye-Congo agira n’icyo avuga kuri RDC.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yiyamye Abanye-Congo anatangaza ko atazi Congo icyaricyo, ngu sibye kuba aza yumva abantu benshi bayivamo bakinjira muri Amerika ari benshi.

Ni byo perezida Trump yagarutseho mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yasubizaga ibibazo by’abimukira mu kiganiro yagiranye na minisitiri w’intebe w’u Butaliyani Meloni Giorgia uri mu ruzinduko muri Amerika.

Muri icyo kiganiro, Trump yabwiye Meloni ko umubare munini w’abimukira bava muri Congo bajya muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika ari mwinshi.
Avuga ko icyo gihugu gifungura abagizi banabi bakoherezwa muri iki gihugu cye ari benshi.

Yagize ati: “Urabizi bafunguye amagereza ku isi hose, barabarekuye, atari muri Amerika y’Epfo gusa, ku isi yose, Congo na Afrika, abantu benshi, benshi baturuka muri Congo, sinzi icyo ari cyo ariko baturutse muri Congo.”

Muri RDC, aho abaturage bugarijwe n’ibibazo by’u bukungu, Trump yongeye kubabaza mu gihe iki gihugu gishaka guha Amerika amabuye y’agaciro ubundi nayo ikayifasha kugarura amahoro n’ituze mu Burasizuba bwayo bwashegeshwe n’intambara.

Nyamara nubwo Trump aca amazi Repubulika ya demokarasi ya Congo, kubera iri mu bibazo by’ubukungu na politiki , ariko ni kimwe mu bihugu byiza ku isi, kandi gikungahaye ku mabuye y’agaciro nka Cobalt, Cooper na Lithium izwiho kuba ari ingenzi ku nganda zo ku isi, cyane izikoranabuhanga n’ingufu. Ariko kandi kubera imicungire mibi y’iyi mitungo ituma abanye-congo bakomeza gusuzugurwa no kuba mubukene.

Ikindi ni uko aya magambo ya Trump adatanduakanye cyane nayo akunze gutanga kuri Afrika. Mu kwezi gushize kwa gatatu, nabwo yavuze kuri Lesotho, avuga ko ari igihugu kitazwi, kandi anenga inkunga Amerika yohereza mu bihugu nk’ibyo.

Usibye n’ibyo yigeze no gutangaza ko yemera umuperezida umwe muri Afrika, avuga ko ari Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Asobanura ko ari we wenyine muri Afrika wakoreye igihugu cye ibintu bigaragara. Abandi baperezida bo muri Afrika abakuba na zero.

Tags: AmerikaRdcYiyamye
Share41Tweet26Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
Ibiganiro kuri Ukraine byari bitaganyijwe mu Bwongereza byabayemo impinduka zikomeye.

Ibiganiro kuri Ukraine byari bitaganyijwe mu Bwongereza byabayemo impinduka zikomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?