• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, March 8, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Perezida Tshisekedi yavuze ko yiteguye no kuba umusirikare kugira arwanirire igihugu cye, inkuru irambuye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 5, 2025
in Conflict & Security
0
Amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC yahagaritswe
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yavuze ko yiteguye no kuba umusirikare kugira arwanirire igihugu cye, inkuru irambuye

You might also like

Umuriro Ingabo z’u Burundi Zacaniye Abanyamulenge Birangiye Ari zo Ziwuguyemo

Ingabo za RDC Zagabye Igitero i Mushaki, Abasivili Benshi Bahasiga Ubuzima

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yagaragaje ubushake bwe bwo kurengera ubusugire bw’igihugu n’umutekano w’abaturage, atangaza ko yiteguye gukora igikenewe cyose, ndetse no kwinjira mu gisirikare, igihe bibaye ngombwa.

Yabitangaje ubushize, ubwo yagiranaga ibiganiro n’Abanye-Congo baba muri Misiri, mu ruzinduko yarimo kugirira mu murwa mukuru wa Cairo muri Misiri.

Mu magambo ye yuzuyemo amarangamutima n’ubutumwa bukomeye, yagize ati: “Mu rwego rwo kurengera abaturage banjye, niteguye gukora ikintu cyose, ndetse no kuba umusirikare.”

Iri jambo ryakiriwe n’urusaku rw’impundu n’amashyi mu bari aho, rwumvikana nk’ubutumwa bukomeye ku bashyigikiye ubutegetsi bwe.

Iyi mvugo ya Perezida Tshisekedi ije mu gihe igihugu cye gihanganye n’ibibazo bikomeye mu burasirazuba bw’igihugu, aho umutwe wa AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ukomeje kwigarurira ibice byinshi mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo. Ubuyobozi bwa RDC bukomeje gushinja u Rwanda gushyigikira uyu mitwe, ibyo u Rwanda rwakomeje guhakana hubwo rugashinja iki gihugu cya RDC gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Tshisekedi yasabye abaturage b’igihugu cye, haba imbere mu gihugu no mu mahanga, kwishyira hamwe no gushyigikira ibikorwa byo gusigasira ubusugire bw’igihugu, anashimangira ko ubuyobozi bwe bukomeje inzira ya dipolomasi ariko butazihanganira ababiba umutekano muke.

Yagize ati: “Turashaka amahoro, ariko ntabwo tuzayatakaza ku giciro cy’ubusugire bw’igihugu cyacu. Abanye-Congo bakeneye amahoro, uburenganzira bwo gutura aho bashaka, no kwiteza imbere.”

Iri jambo rije rikurikira indi gahunda y’ibiganiro igenda ifungurwa hagati ya Leta ya Congo n’impande zitandukanye, zirimo AFC/M23 muri Doha ndetse n’ibiganiro bitegerejwe i Washington, aho na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azatumirwa, nk’uko Tshisekedi aherutse kubitangaza.

Ibyo Tshisekedi yatangaje byerekana ko ubuyobozi bwe buri mu bihe by’ibibazo bikomeye, aho igitutu cy’umutekano, politiki n’ubukungu birushaho kuremera, bikaba bisaba ubuyobozi kugira imbaraga, ubushishozi no gukorana n’abaturage mu rwego rwo gushakira igihugu amahoro arambye.

Tags: Tshisekediumusirikare
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Umuriro Ingabo z’u Burundi Zacaniye Abanyamulenge Birangiye Ari zo Ziwuguyemo

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bashinjwa Kugaba Ibitero mu Mihana ituwe n’Abanyamulenge

Umuriro Ingabo z’u Burundi Zacaniye Abanyamulenge Birangiye Ari zo Ziwuguyemo Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

Ingabo za RDC Zagabye Igitero i Mushaki, Abasivili Benshi Bahasiga Ubuzima

by Bahanda Bruce
March 7, 2026
0
Ingabo za RDC Zagabye Igitero i Mushaki, Abasivili Benshi Bahasiga Ubuzima

Ingabo za RDC Zagabye Igitero i Mushaki, Abasivili Benshi Bahasiga Ubuzima Imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ingabo za...

Read moreDetails

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
AFC/M23 Yafashe Agace k’Ingenzi muri Walikale

AFC/M23 Yafashe Uduce Twinshi two muri Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo Amakuru aturuka mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryigaruriye...

Read moreDetails

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 6, 2026
0
Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC

Ibihugu Bikomeye ku Isi Byategetse ko Imirwano Ihagarara Burundu mu Burasirazuba bwa RDC Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’ibihugu byinshi byo ku mugabane w’u Burayi byongeye gusaba...

Read moreDetails

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani

AFC/M23 Yashinje Ingabo za Leta ya Congo Kurasa mu Baturage i Kisangani Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko utewe impungenge n’ibikorwa by’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC)...

Read moreDetails
Next Post
Umushumba w’itorero wo mu misozi y’i Mulenge yagaragaje impamvu y’imyigaragambyo yo kwamagana ingabo z’u Burundi mu Minembwe

Umushumba w’itorero wo mu misozi y'i Mulenge yagaragaje impamvu y’imyigaragambyo yo kwamagana ingabo z’u Burundi mu Minembwe

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?