• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

minebwenews by minebwenews
August 30, 2025
in Regional Politics
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.
100
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w’ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC/M23, akaba na perezida wa MRDP-Twirwaneho, yavuze amakuru yose y’uburyo yahoze akorana n’iyi mitwe akaba no mu bashyinze n’iri huriro ryayo, anavuga ko bagiye gushakira Ingabo z’u Burundi zikomeje kwica abaturage muri Kivu y’Amajyepfo.

Ni mu kiganiro aheruka kugirana n’imwe muri Channel za YouTube zikunze gukurikirana ibibera mu Burasirazuba bwa RDC yitwa Magarambe tv.

Muri iki kiganiro, umunyamakuru yatangiye amwiyegereza, anamusaba kwibwira aba bakurikirana. Undi na we avuga ko yitwa Freddy Kaniki, kandi ko ari umuyobozi mukuru wa MRDP-Twirwaneho irwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Nyuma y’ifatwa rya Goma, ahagana muntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, ni bwo Kaniki yavuye muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, aho yaramaze igihe kirekire atuye, aza kwifatanya n’abandi kubohora igihugu cyabo kimaze imyaka myinshi mu ntambara, kuko ubutegetsi bwacyo bwica benewabo bubashinja kuvuga ururimi rw’ikinyarwanda.

Uyu munyamakuru yongeye kumubaza ku ntambara ikomeje kubera mu bice by’i Mulenge, kandi ikica Abanyamulenge abo avukamo, ngo mu gihe i Doha muri Qatar hari kubera ibiganiro by’amahoro bihuza impande zihanganye mu Burasirazuba bw’igihugu.

Umuyobozi Kaniki, yasubije ko batazihanganira gukomeza kurebera akarengane karikuba ku baturage babo, batuye i Mulenge n’ahandi hose gakorerwa.

Yakomeje avuga ko “ikibazo cy’i ngabo z’u Burundi zifite umugambi mubi wo kumaraho abanyamulenge ba wuzi, bityo ko bazaziha igisubizo bidatanze.”

At: “Iby’ingabo z’u Burundi turabizi, kandi turanazibona, yewe twagiranye n’ibiganiro na zo, ariko zakomeje kwinangira, tuzazishakira igisubizo bidatinze.”

Uyu muyobozi yageze naho avuga ko kuva mbere z’iriya ngabo zabanye na benewabo Abanyamulenge igihe kirekire, kandi zitabarwanya, ariko ko ubu zahinduye umuvuno, zibagabaho ibitero mu Rugezi, Minembwe n’ahandi, ndetse anavuga ko ziheruka gukora igikorwa kigayitse ku Ndondo ya Bijombo, aho za sanze abasore babiri baragiye Inka, zirabakubita cyane, kugeza aho umwe muri bo ahasiga ubuzima, undi zimuhindura intere.

Umunyamakuru yongeye kumubaza kwinshyingwa rya AFC. Asubiza ko yateyeho umukono kwishinga ryayo, ati: “Gusa ku mpamvu zacyu bwite, niyo mpamvu tutagaragaye aho yarimo ishyingwa , ariko twari tuhibereye.”

Yabajijwe kandi itandukaniro rya Twirwaneheho ya mbere na Twirwaneheho y’ubu, asubiza ko “Twirwaneheho ya mbere itarifite MRDP, ariko ko iya none iyifite, avuga ko Twirwaneheho ya mbere itari umutwe, ahubwo ko yari igamije gusa kwirwanaho, kugira ngo badapfa, naho ubu ikaba ari Twirwaneheho yongeweho MRDP, ngo kuko itakiri iy’Umunyamulenge gusa, yabaye iy’Abanye-Congo bose muri rusange.

Ikindi yahishyuye ni uko yigeze gusanga M23 muri Sabyinyo bakaganira n’abayobozi bayo, agaragaza ko yakoranaga na yo byahafi itaranafata Umujyi wa Bunagana uwo yafashe igitangira urugamba mu mwaka wa 2021.

Hejuru y’ibyo yavuze ko nta nama yabaye kugira ngo hashyingwe Twirwaneheho ya mbere, kuko yabayeho mu rwego rwo kwirwanaho gusa, ariko ko iyi habayeho kubitegura.

Mu gusoza, yashimangira ko bagiye gutanga umuti ku bagaba ibitero ku Banyamulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Ati: “Tugiye gutanga umuti ku ngabo z’u Burundi n’iza RDC n’imitwe yitwaje intwaro bagaba ibitero ku Banyamulenge mu misozi y’i Mulenge. Ni igisubizo tuzatanga vuba bidatinze.”

Tags: Ingabo zu BurundiKanikiMRDP -TwirwanehoMulengeumuti
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Kivu y’Epfo, AFC/M23/MRDP igiye guha abaturage inoti zisimbura izishaje.

Kivu y'Epfo, AFC/M23/MRDP igiye guha abaturage inoti zisimbura izishaje.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?