Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 30, 2025
in World News
0
Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.
146
SHARES
3.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda yagaye mugenzi we wa Afrika y’Epfo.

You might also like

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yanenze abayobozi ba Afrika y’Epfo cyane cyane perezida Cyril Ramaphosa ngo kubera ko yagoretse amakuru y’ibiganiro bagiranye kuri telephone ku birebana n’intambara ikomeje kubica bigacika mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame akoresheje urubuga rwa x, mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane tariki ya 30/01/2025, yavuze ko yagiranye ikiganiro na perezida wa Afrika y’Epfo inshuro zirenga imwe kuri telephone, ariko agatungurwa no kubona yashyize mu mbuga nkoranyambaga ibintu bitandukanye n’amakuru, ndetse n’ibyo baganiriye.

Paul Kagame asubiza inyandiko za mugenzi we kuri x yagize ati: “Muri iki Cyumweru nagiranye ibiganiro bibiri na perezida Ramaphosa kubirimo kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse n’uyumunsi twavuganye. Ibyavuzwe mu binyamakuru ku birebana n’ibiganiro tumaze kugirana, byaba ibyavuzwe n’abayobozi bo muri Afrika y’Epfo na perezida Ramaphosa ubwe, harimo kugoreka amakuru gukomeye, kwibasira ndetse n’ibinyoma . Niba amagambo ashobora guhindurwa bigeze aha , akava mu kiganiro gisanzwe akagirwa itangazo, bifite icyo bisobanura ku bijyanye n’uburyo ibibazo bikomeye biri kwitabwaho.”

Aha niho perezida w’u Rwanda yahereye akosora iyo mbwirwaruhame yakozwe na perezida Ramaphosa aho yise RDF inyeshamba.

Kagame yagize ati: “Icya mbere, ingabo z’u Rwanda (RDF) ni ingabo z’igihugu, si umutwe witwaje imbunda. Icya kabiri SAMIDRC si ingabo ziharanira amahoro, kandi nta mwanya zifite muri iki kibazo.”

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yasobanuye ko ingabo za SAMIDRC zoherejwe n’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afrika y’Amajy’epfo (SADC) ngo zifashe Leta ya Kinshasa kurwana n’abaturage bayo ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

Kagame kandi yavuze ko SAMIDRC yabanje kwirukana ingabo zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EACF) mu butumwa bw’amahoro, bigakoma mu nkokora inzira y’ibiganiro byari birimbanyije.

Yakomeje agira ati: “Perezida Ramaphosa ntiyigeze atanga impuruza y’uburyo ubwo ari bwo bwose, keretse niba yarayivuze mu rurimi rw’iwabo ntabasha kumva. Icyo yasabye n’inkunga mu guharanira ko ingabo z’Afrika y’Epfo zibona amashyanyarazi ahagije, ibyo kurya n’amazi, tukazamufasha kubigeza aho bikwiye.”

Yongeye ati: “Perezida Ramaphosa yampamirije ko M23 atari yo yishe abasirikare baturutse muri Afrika y’Epfo, ahubwo ko ingabo za FARDC ari zo zabikoze.”

Yavuze ko niba Afrika y’Epfo ishaka gutanga umusanzu mu gushaka ibisubizo by’amahoro ari byiza cyane, ariko ngo ikwiye kuzirikana ko itari mu mwanya wo gufata inshingano zo kubungabunga amahoro cyangwa kuba umuhuza.

Perezida Kagame yaboneyeho kubwira mugenzi we Ramaphosa niba igihugu cye gishaka intambara kubera ubushotoranyi bwacyo, u Rwanda rwiteguye guhangana n’icyo kibazo isaha n’isaha.

Ingabo za Afrika y’Epfo zaguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23 n’ingabo za RDC zifatanyije n’umutwe wa FDLR n’abacanshuro, mu bihe bitandukanye uhereye mbere ndetse no mu cyumweru gishize.

Afrika y’Epfo igawa n’impuguke mu bya politiki kuba yarohereke ingabo zayo kwijandika mu ntambara ihuje ingabo za Leta, n’abarwanira uburenganzira bw’abaturage bakandamijwe igihe kinini.

Tags: Afrika y'EpfoPaul KagameRamaphosaRwanda
Share58Tweet37Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails
Next Post
Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y’ifatwa rya Goma.

Bwa mbere Tshisekedi avuze icyo agiye gukora, nyuma y'ifatwa rya Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?