Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida w’u Rwanda yerekanye inkingi zitatu Afrika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 19, 2025
in Regional Politics
0
Perezida w’u Rwanda yerekanye inkingi zitatu Afrika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida w’u Rwanda yerekanye inkingi zitatu Afrika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye.

You might also like

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje inkingi 3, umugabane wa Afrika wakubakiraho kugira ngo ugire umutekano uhagaze neza, zirimo gufata inshingano zo kuwicungira, gukorera hamwe, no kujyanisha imiyoborere no gucunga umutekano.

Nibyo perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagarutseho kuri uyu wa mbere tariki ya 19/05/2025, ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama mpuzamahanga ya mbere y’umutekano muri Afrika.

Kagame yagize ati: “Umutekano wacu, wakunze gufatwa nk’aho ari umutwaro ukwiye kwikorerwa n’abandi. Tugashyira imbaraga nkeya mu kuwubungabunga, ibyatumye tutabibonamo inyungu twifuzaga.”

Yasobanuye ko ubwo buryo butigeze butanga umusaruro ku mutekano wo muri Afrika no ku Isi.

Yavuze ko gutangiza inama mpuzamahanga ya ISCA, bidashigikiye ku gukora inama gusa ahubwo ari uburyo bwo gufungura urubuga ku banyafrika na bo bagatangira kugira uruhare mu biganiro bigamije amahoro ku Isi.

Ati: “Gukomeza iyo ntambwe, ntibivuze ko tuzaba duhejwe ahubwo ni uko Afrika izaba ari umufatanyabikorwa ubikwiye kandi ubifitiye ubushobozi kugira ngo umutekano ugerweho.”

Nyuma, uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yaje kuvuga anatinda ku nkingi zitatu zigomba gushingirwaho kugira ngo umutekano muri Afrika ugerweho uko bikwiye.

Inkingi ya mbere yavuze ko ari ugufata inshingano zo kwicungira umutekano:

Ati: “Dufite inkingi 3 zo gushyira mu bikorwa, icya mbere ni ukubigira ibyacu. Ntidukwiye kwinubira ibibazo twatejwe n’abo hanze nyamara ari twe twaremye impamvu z’ibitera.”

Yakomeje ati: “Ubusugire ntabwo ari ukurinda imipaka gusa, ni ugufata inshingano zo kurinda umutekano yaba igihugu ubwacyo ndetse n’umugabane muri rusange.”

Yavuze ko abanyafrika bonyine bagomba kwiremera inzego zihamye, zirimo umuryango wa Afrika Yunze ubumwe, n’akanama gashinzwe umutekano n’amahoro, hagamijwe gukemura ibibazo by’umutekano.

Iya kabiri yavuze ko ari inkingi yo kujyanisha imiyoborere n’umutekano:

Aha yasobanuye ko ibihugu bya Afrika bikwiye gufata iya mbere mu guhuza imiyoborere myiza ijyanishwa no kubungabunga umutekano.

Ati: “Iyo kimwe gifite intege nke ikindi kirahababarira. Iyo byose bibuze icyizere kirabura, n’iterambere rikabura. Umutekano ntabwo ari igihe hatari ibibazo. Akazi kacu nk’abayobozi ni ugushyiraho uburyo abaturage babaho neza bisanzuye, bishimye ubuzima bwabo, bategereje ejo hazaza kandi bafite icyizere gifatika.”

Iya gatatu yavuze ko ari ugucunga umutekano:

Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye abitabiriye iyi nama ya ISCA ko ubufatanye bw’ibihugu ari ingenzi mu kubungabunga umutekano muri Afrika, ashimangira ko nta gihugu gishobora kuwugeraho kidafatanyije n’ibindi.

Ati: “Nubwo mu gihugu imbere ibintu byaba bimeze neza, nta gihugu uyu munsi gishobora gucunga umutekano ubwacyo gusa. Hari ibibazo by’umutekano bitanashingiye ku mipaka, birimo ibyorezo, iterabwaba, n’ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga byose bikomeje kwiyongera, rimwe na rimwe bikihutira kurusha ibyemezo bishyirwaho n’ibihugu byo kubirwanya.

Yagize ati: “Ubufatanye bugomba kurenga ibyo guhana amakuru, guhuza Ingabo n’ubundi buryo bukoreshwa, hagomba gushyirwaho ingamba, kandi bigahagarikwa ndetse no guhanga ibishya.”

Yunzemo ati: “Icyibanze cyakemura ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara, gishingiye ku bushobozi bwacu, bwo kwishyiriraho ibisubizo.”

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yashimangiye ibi avuga ko iyi nama ya ISCA ari igihamya ko kwishakamo ibisubizo nk’Abanyafrika byo kwicungira umutekano bishoboka.

Ubundi kandi yavuze ko muri iyi nama hazasuzumwa niba Afrika ifite ubushobozi bwo kubikora, byagaragara ko itabishoboye hagashyirwaho ingamba zo kubaka ubwo bushobozi binyuze mu bufatanye bw’ibihugu biyigize.

Tags: Inkingi 3ISCAPaul KagameRwanda
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse.

by Bruce Bahanda
May 24, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Kabila yashinje Tshisekedi kugendera kubihuha anavuga icyo agiye gukora byihuse. Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo yashinje Tshisekedi wa musimbuye kuri uwo mwanya kuba...

Read moreDetails

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko. Nyuma y'aho u Rwanda rumuritse bwa mbere mu nama mpuzamahanga y'umutekano iheruka kubera i Kigali intwaro zarwo zirukorerwamo bigatungura ibihugu byinshi,...

Read moreDetails

Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Minisitiri w’ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa.

Minisitiri w'ubutabera wa RDC ararira ayo kwarika nyuma yo kugira ibyo ashinjwa. Umushinjacyaha w'urukiko rushyinzwe imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, yandikiye inteko ishinga amategeko ayisaba kwambura...

Read moreDetails

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

by Bruce Bahanda
May 22, 2025
0
Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y'Epfo umutego ukomeye. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, yavuze ko ntaho ahuriye na...

Read moreDetails

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
May 21, 2025
0
Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

Amabuye y'agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda. Amabuye y'agaciro ya Repubulika ya demokarasi ya Congo nka tungsten, tantalum na tin, ayo iki gihugu cyagiye gishinja u...

Read moreDetails
Next Post
Inyeshyamba ziyobowe na Thomas Lubanga zatangije intambara ikaze.

Inyeshyamba ziyobowe na Thomas Lubanga zatangije intambara ikaze.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?