RDC: Amagambo ya Marco Rubio Yongeye Guteza Impaka; Kuki Amerika Ikomeje Kuvuga ku “Ngabo z’u Rwanda” Ariko Ikirengagiza Ibibazo by’Abanyamulenge n’Ubufatanye bwa FARDC na FDLR?
Amagambo aherutse gutangazwa n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, avuga ko Washington yizeye ko “ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zizaba zatangiye kuhava mu kwezi gutaha,” yongeye kubyutsa impaka ndende ku buryo Amerika ireba ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Rubio yabitangarije Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, aho yavuze ko hari intambwe imaze guterwa mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Kigali na Kinshasa. Yavuze kandi ko Washington ibona ibimenyetso by’uko u Rwanda rutangiye kubahiriza ibyo rwemeye.
Nyamara, aya magambo yongeye kuzamura ikibazo kimaze imyaka myinshi kivugwaho impaka: Ese koko u Rwanda rufite ingabo muri RDC?
Kuva intambara y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) yongeye kubura mu Burasirazuba bwa Congo, Leta y’u Rwanda yakomeje guhakana yivuye inyuma ibirego by’uko ifite ingabo zayo ku butaka bwa RDC.
Kigali yakomeje gushimangira ko nta ngabo zayo ziri muri Congo, ahubwo ko yafashe ingamba zo gukaza umutekano ku mipaka yayo kubera ibikorwa by’imitwe iyirwanya, irimo FDLR, umutwe washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu bihe bitandukanye, abayobozi b’u Rwanda bagiye bavuga ko ikibazo nyamukuru atari u Rwanda, ahubwo ko ari ukubaho kwa FDLR n’ubufatanye bw’uyu mutwe n’igisirikare cya Congo (FARDC), ibintu byanagarutsweho muri raporo zitandukanye z’imiryango mpuzamahanga.
Ni muri urwo rwego amagambo ya Marco Rubio yavuzwe nk’aho afata nk’ukuri ibirego bya Kinshasa, mu gihe Kigali itigeze yemera ayo makuru.
Abakurikiranira hafi iki kibazo bakomeje kwibaza impamvu Amerika igaragaza ubushake bwo gushyira igitutu ku Rwanda no ku mutwe wa AFC/M23, ariko ntigaragaze imbaraga nk’izo mu kwamagana ibindi bibazo bimaze imyaka myinshi byibasira abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo.
Mu myaka irenga icumi ishize, imiryango myinshi y’Abanyamulenge yakomeje gutabariza amahanga ivuga ko abaturage bayo bagabweho ibitero n’imitwe yitwaje intwaro ikorana cyangwa ifatanya na FARDC, harimo Wazalendo, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi zoherejwe muri RDC hashingiwe ku masezerano ya gisirikare hagati ya Gitega na Kinshasa.
Mu bice bya Minembwe, Bijombo, Mikenge, Rurambo n’ahandi muri teritwari za Fizi na Uvira, abaturage bavuga ko habaye ubwicanyi, gusahura imitungo, gutwika imihana ndetse no kunyaga amatungo ku rwego rutarabonerwa umuti.
Imiryango iharanira inyungu z’Abanyamulenge ivuga ko mu myaka mike ishize inka zisaga ibihumbi magana atanu (500,000) zanyazwe abaturage b’Abanyamulenge mu bitero byagabwe n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu misozi ya Hauts-Plateaux ya Minembwe.
Aya matungo yari isoko nyamukuru y’ubukungu bw’ingo nyinshi zo muri ako karere. Kugeza ubu, nta gahunda ifatika ya Leta ya Kinshasa iratangazwa yo gusubiza ayo matungo cyangwa guhana ababigizemo uruhare.
Abaturage benshi bakomeje kwibaza impamvu ibibazo nk’ibi bidahabwa umwanya ukwiye mu biganiro mpuzamahanga, mu gihe ikibazo cya AFC/M23 ari cyo gihora kivugwa cyane mu nama mpuzamahanga no mu bitangazamakuru bikomeye.
Kimwe mu bibazo bikomeje guteza impungenge ni ibirego by’ubufatanye hagati ya FARDC n’imitwe irimo FDLR ndetse na Wazalendo.
Raporo zitandukanye z’impuguke za Loni n’iz’indi miryango mpuzamahanga zagiye zigaragaza ko hari ibikorwa by’ubufatanye hagati y’izi mpande mu rugamba rwo guhangana na AFC/M23.
Nyamara, abasesenguzi bamwe bavuga ko Amerika n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bidakunze gushyira imbaraga nyinshi mu kwamagana ubwo bufatanye nk’uko bikorwa ku birego bishinja u Rwanda cyangwa AFC/M23.
Ibi bituma bamwe babona ko hari uburyo ikibazo cya Congo gisuzumwa hakurikijwe inyungu za politiki n’ubukungu, aho uburenganzira bw’abaturage bamwe busa n’ubutahabwa agaciro kangana n’ak’abandi.
Nubwo Amerika yemeza ko hari icyizere cy’uko amasezerano yasinywe hagati ya Kigali na Kinshasa azatanga umusaruro, impuguke nyinshi zivuga ko amahoro arambye atazagerwaho igihe cyose impamvu z’umuzi zateye intambara zizaba zitarakemurwa.
Harimo ikibazo cy’umutekano muke w’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, ikibazo cya FDLR, ikibazo cy’ivangura rikorerwa amoko amwe n’amwe, ikibazo cy’uburenganzira ku butaka, ndetse n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro ikomeje gukorera mu Burasirazuba bwa Congo.
Abakurikiranira hafi iki kibazo bavuga ko amahoro nyayo azasaba ko amahanga areba ibibazo byose nta kurobanura, aho kwibanda gusa ku ruhande rumwe rw’amakimbirane.
Mu gihe Washington ikomeje kugaragaza icyizere ku masezerano y’amahoro, abaturage bo mu misozi miremire ya Minembwe, Bijombo na Mikenge bo bavuga ko igikenewe mbere na mbere ari umutekano, ubutabera n’uburenganzira bungana ku baturage bose, hatitawe ku bwoko cyangwa inkomoko yabo.






