• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

“RDC iri hafi guturika,” ibivugwa na Joseph Kabila.

minebwenews by minebwenews
February 24, 2025
in Regional Politics
0
“RDC iri hafi guturika,” ibivugwa na Joseph Kabila.
105
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

“RDC iri hafi guturika,” ibivugwa na Joseph Kabila.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko iki gihugu cyabo kiri hafi guturika ngo kubera intambara iri kukiberamo imbere, ndetse ko ishobora no gufatira akarere kose.

Ni amakuru yashyizwe hanze n’ikinyamakuru cya Sunday Times cyo muri Afrika y’Epfo, aho cyatangaje ko Joseph Kabila aheruka kuvuga ko ibintu muri RDC bikomeje kuba bibi cyane.

Cyagize kiti: “Ibintu muri Congo byarushijeho kuba bibi cyane. Kugeza aho igihugu kiri hafi guturika kubera intambara y’imbere, ishobora no guhungabanya akarere kose.”

Cyongeyeho kandi ko Kabila yavuze ngo “niba aya makimbirane n’imizi yayo bidakemuwe neza, umuhate wo kuyarangiza uzaba imfabusa.”

Joseph Kabila avuga ko impamvu nyamukuru y’iki kibazo ari “ubushake buboneka bwa Leta iriho bwo kwica amasezerano yavuye mu biganiro byahuje Abanye-Congo i San City bikageza ku itegeko nshinga ryatewe mu 2006.”

Kabila kandi yashimangiye ibi avuga ko “kugerageza kose kurangiza iki kibazo wirengagije imizi yacyo, ntibizageza ku mahoro arambye.”

Kinshasa ntacyo irasubiza kubyatangajwe na Joseph Kabila, ariko ubu butegetsi bumushinja gutera inkunga umutwe wa m23 uwo uhanganye n’ubu butegetsi ukaba ugenzura intara ya Kivu y’Epfo n’i Yaruguru.

Perezida Tshisekedi yagiye ku butegetsi asimbuye Joseph Kabila mu mwaka w’2019. Kuva icyo gihe imirwano yahise yaduka rugikubita kugeza n’uyu munsi.

Abasesenguzi benshi bemeza ko Tshisekedi yanze gukurikiza amasezerano y’ibanga yagiranye na Joseph Kabila mbere yo kumusimbura. Bikaba biri mubyatumye ingoma ye igira ibibazo bikomeye by’intambara.

Mu cyumweru gishize, yanatangaje ko agiye kuvugurura igisirikare cye, kugira ngo akomeze ahangane n’umutwe wa m23 kuri ubu ugenzura ibice byinshi byo mu Burasizuba bw’iki gihugu.

Tags: JosephKabilaRdc
Share42Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
“Tuzafatanya na M23,” ibyavuzwe n’uyoboye Twirwaneho, Brig.Gen.Sematama uzwi nk’Intare-batinya.

Twirwaneho yinjiye mu rugamba rundi nyuma yuko yirwanagaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?