• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, February 15, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

RDC mu Rujijo Rukomeye, FARDC Ishinja Abantu ba Hafi ya Perezida Tshisekedi Kuyobora Umutwe wa Mobondo Wishe Abasirikare

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 29, 2025
in Conflict & Security
0
RDC mu Rujijo Rukomeye, FARDC Ishinja Abantu ba Hafi ya Perezida Tshisekedi Kuyobora Umutwe wa Mobondo Wishe Abasirikare
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC mu Rujijo Rukomeye, FARDC Ishinja Abantu ba Hafi ya Perezida Tshisekedi Kuyobora Umutwe wa Mobondo Wishe Abasirikare

You might also like

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ibirego bikomeye bishinja bamwe mu bantu ba hafi ya Perezida Félix Tshisekedi kuba inyuma y’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo, umaze imyaka irenga itatu uhungabanya umutekano mu burengerazuba bw’igihugu, ukaba uherutse no kwica abasirikare batanu ba Leta.

Aya makuru yatangajwe tariki ya 28/12/ 2025 n’Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu ntara za Kwilu, Mai-Ndombe na Kwango, Capt Anthony Mwalushay, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku mirwano yabaye mu mpera z’icyumweru gishize.

Capt Mwalushay yavuze ko uretse kuba bamwe mu bashyigikiye Perezida Tshisekedi bashinjwa kuyobora Mobondo mu ibanga, hari n’abandi bafitanye imikoranire n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa RDC.

Yagize ati:
“Dufite amakuru yizewe agaragaza ko hari abantu bakorana n’imitwe yitwaje intwaro yo mu burasirazuba bw’igihugu. Ku kibazo cya Mobondo, igiteye inkeke ni uko benshi mu bayishigikira baba ari abantu bagaragara nk’abari hafi ya Perezida wa Repubulika. Ku manywa baba ari nk’intama, ariko nijoro bakayobora ibikorwa bya Mobondo.”

Uyu muvugizi wa FARDC yatangaje ko mu mirwano iheruka, abarwanyi 15 ba Mobondo bishwe, mu gihe hari n’abandi bafashwe mpiri. Yongeyeho ko bamwe mu bafashwe batangaje amazina y’abantu bakomeye bo muri RDC bakekwaho gukorana n’uyu mutwe.

Ati:
“Inzego zacu z’umutekano zirimo gukora iperereza ryimbitse mbere y’uko dutangaza amazina n’ibindi bimenyetso ku mugaragaro. Niba hari abo muri Kinshasa bashyigikiye aba bantu biyitirira ubworoherane, nyamara bakaba inyuma ya Mobondo ku nyungu za politiki, twebwe nk’ingabo tuzakora inshingano zacu twifashishije intwaro zemewe n’amategeko.”

Umutwe wa Mobondo ugizwe ahanini n’abantu bo mu bwoko bwa Yaka, batuye mu majyepfo y’uburengerazuba bwa RDC. Watangiye kugaba ibitero bikomeye mu kwezi kwa karindwi umwaka wa 2022, ugamije ingabo za Leta n’abaturage bo mu bwoko bwa Teke, ahanini bitewe n’amakimbirane ashingiye ku butaka n’ubuyobozi bw’uturere.

Ibikorwa by’uyu mutwe byateje umutekano muke ukabije mu bice byinshi birimo icyaro gikikije Kinshasa, ndetse no mu ntara za Mai-Ndombe, Kwilu, Kongo Central na Kwango, aho abaturage ibihumbi byahitanywe n’ubwicanyi, abandi bagahunga ingo zabo.

Mu bihe bya vuba, abarwanyi ba Mobondo batangiye no kwagura ibitero byabo mu bice byo mu murwa mukuru, cyane cyane Maluku na Kingakati. Gusa Leta ya RDC ivuga ko yafashe ingamba zikomeye za gisirikare n’iz’umutekano, hagamijwe gukumira ko umutekano wa Kinshasa wazamba nk’uko byagenze mu zindi ntara zo mu burengerazuba bw’igihugu.

Ibi birego bikomeye bya FARDC bikomeje guteza impaka n’impungenge mu rwego rwa politiki n’umutekano, mu gihe abaturage n’abasesenguzi bategereje ibisubizo by’iperereza byasezeranyijwe n’inzego z’igihugu.

Tags: FardcMobondoTshisekedi
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC Uko bwije n’uko bukeye, umutwe urwanya Leta ya Congo-Kinshasa wa AFC/M23 uragenda uzamura urwego rwawo...

Read moreDetails

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Inzara Iravuza Ubuhuha mu Basirikare b’u Burundi Bari muri RDC

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa...

Read moreDetails

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC Imiryango ibiri ihagarariye Abanyamulenge batuye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yajyanye Leta y’u...

Read moreDetails

RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba

RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba Icyemezo cy’Inama y’Umutekano ya Loni cyafashwe tariki ya 19/12/2025 cyongereye manda y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye Amakuru yizewe aturuka mu nzego za politiki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) aravuga ko Joseph Kabila...

Read moreDetails
Next Post
Israel Yinjiye mu Igihe Gishya cy’Intambara, Ivumbuye Ikoranabuhanga Rihanitse ryo ku Rwego Rukomeye

Israel Yinjiye mu Igihe Gishya cy’Intambara, Ivumbuye Ikoranabuhanga Rihanitse ryo ku Rwego Rukomeye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?