Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

RDC: Mutamba mu mazi abira nyuma yo gushinjwa ibindi byaha.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 31, 2025
in Conflict & Security
0
RDC: Mutamba mu mazi abira nyuma yo gushinjwa ibindi byaha.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Mutamba mu mazi abira nyuma yo gushinjwa ibindi byaha.

You might also like

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

Umushinjacyaha w’urukiko rusesa imanza muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Firmin Mvonde, yasubiye gusaba inteko ishinga amategeko uburenganzira bwo gukurikirana minisitiri w’ubutabera Constant Mutamba nyuma y’aho kandi yari aheruka gushinjwa kunyereza miliyoni 19 z’amadolari y’Amerika.

Mvonde yahamije ko ibyavuzwe na Mutamba tariki ya 26/05/2025, ubwo yaganiraga n’abakozi ba minisiteri y’ubutabera bihamya ko afite ibyaha bikomeye muri iki gihugu.

Kur’iyo tariki yavuzwe haruguru, ubwo Mutamba yarimo asobanurira abo muri minisiteri y’ubutabera, yageze aho agenera Umushinjacyaha w’urukiko rusesa imanza, Firmin Mvonde, ubutumwa bugira buti: “Mumubwire ko yahoze mu itsinda ry’abashyigikiye Joseph Kabila, ry’aba-mafia. Yashatse kunsebya no kumparabika. Mubabwire ko Imana yabakura mbere banjye iruta iyabo. Mubabwire muti ‘sintinya gufungurwa, nditeguye.’ Bavuze ko nahungiye muri Tanzania. Mubabwire ko naje hano i Kinshasa, ku ngoro y’ubutabera kugira ngo duhangane.”

Minisitiri w’ubutabera ushinjwa ibyo byaha, yavuze ko uyu mushinjacyaha Mvonde ari gukorwaho iperereza kubera inzu afite y’agaciro k’ibihimbi 900 by’amayero yubatse mu Bubiligi, bityo ko adafite ububasha bwo kumukurikirana mu gihe ibye bitarabinerwa igisubizo.

Umushinjacyaha Mvonde ni bwo yahise amenyesha inteko ishinga amategeko ko muri iri jambo rya minisitiri Mutamba, hari aho yavuze ko minisitiri w’intebe, Judith Suminwa Tuluku, ko ari umuntu ushobora gutanga ikiguzi cyose kugira ngo abo badahuje bose bapfe.

Mutamba kuri ubu akaba arimo gushinjwa ibindi byaha birimo ko yasuzuguye urwego rw’igihugu, agerageza gutera ubwoba abakozi barwo. Yasabye inteko kumuha uburenganzira kugira ngo akurikirane uyu mutegetsi.

Byatumye tariki ya 29/05/2025, minisitiri Mutamba yamburwa ubudahangarwa kugira ngo akurikiranweho icyaha cyo kunyereza miliyoni 19 z’amadolari yari yarateganyijwe kubaka gereza y’i Kisangani.

Uku kwa mburwa ubudahangarwa kwakozwe kuri Mutamba, byavuye ku busabe bw’Umushinjacyaha Mvonde. Kuri ubu biteganyijwe ko atangira gukurikiranwa n’ubutabera bw’iki gihugu cya RDC.

Tags: IbyahaKinshasaMu mazi abiraMutamba
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
M23 yigaruriye uduce twinshi mu mirwano yarimaze iminsi irenga ibiri.

Ibivugwa ku ntumwa M23 yari yarohereje mu mishyikirano i Doha. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahamagaje intumwa zayo ryari ryarohereje i...

Read moreDetails

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23.

Amakuru avugwa kuri Birato wahinduriwe inshingano muri AFC/M23. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryahinduriye imirimo Birato Rwihimba Emmanuel wari guverineri w'i ntara...

Read moreDetails

Amakuru: Iby’igitero i Katana.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
I Walikale habereye imirwano ikomeye.

Amakuru: Iby'igitero i Katana. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye igitero mu gice cya Katana kimaze iminsi ibarirwa mu mezi atatu kigenzurwa n'umutwe wa M23,...

Read moreDetails

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa.

Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha i Kinshasa. Minisitiri w'u butabera muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yitabye ubushinjacyaha bumukurikiranyeho icyaha cyo kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka gereza y'i Kisangani...

Read moreDetails

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Amakuru mashya: Hagaragajwe icyabaye kuri Wazalendo mu Rurambo kiyicya intege. Amakuru aturuka mu Rurambo ho mu misozi ya teritware ya Uvira mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, agaragaza ko...

Read moreDetails
Next Post
Ishyaka rya CNDD-FDD rirashinjwa gutuma u Burundi bugwiza injiji.

Ibi byo ntibisanzwe, Ndayishimiye yibasiriye u Rwanda bikomeye, atangaza n'ibyago byenda kuba mu karere.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?