Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 14, 2025
in Regional Politics
0
RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.

You might also like

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC atokubahirizwa.

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Nyuma y’aho umupaka wa Bunagana ufunguwe bigizwemo uruhare na Leta ya Uganda biravugwa ko byateye ukutavuga rumwe hagati ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’iki gihugu cya Uganda cyabigizemo uruhare.

Imipaka yafunguwe ni uwa i Shasha n’uwa Bunagana, aho byafunguwe ku wa kane w’icyumweru gishize tariki ya 10/07/2025.

Mu gufungura iyi mipaka ihuza igihugu cya Uganda n’icya RDC byakozwe n’abayobozi ba Uganda, maze rero guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kurwego rwa gisirikare niko guhita ahamagaza Consul wa Uganda kugira ngo yisobanure.

Nyama aya makuru akomeza avuga ko guverineri w’iyi ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Major Gen Kakule Somo mu guhumagaza uriya muyobozi wa Uganda, utuye i Beni yabikoze atagishe inama no kubiganiraho n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu cye.

Consul wa Uganda, wari wahamagajwe tariki ya 12/07/2025, yaje na we gutangaza ko guverinoma y’igihugu cye, izatangaza ibirambuye kuri iki kibazo cyagarutsweho cyane ku mbugankoranyambaga; anaboneraho kunenga uburyo ibi byakozwe hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Yagize ati: “Guverinoma yemewe ntiyari kwiriye gukoresha imbugankoranyambaga nk’umuyoboro ukwiye mu itumanaho. Ntitaye ku mubare w’ubutumwa bwaba bwaratanzwe, ku mubare w’ibitekerezo byatanzwe ku mbugankoranyambaga, igihe cy’amatangazo anyuze mu mucyo kizagera kandi hatangwe umucyo mwiza kuri iyi ngingo.”

Yavuze ko guverinoma y’igihugu cye cya Uganda, yubaha kandi ikanaha agaciro iya RDC, ndetse ikanaha agaciro ubutegetsi bw’i ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ubu bukorera byagateganyo muri Beni.

Ku rundi ruhande, abakorera mukwaha kwa Leta y’i Kinshasa batinda cyane uburyo imipaka ihuza ibi bihugu byombi, iherereye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe kandi ubutegetsi bwa RDC butabizi. Ikindi ni uko bibaza ukuntu Uganda yabikoze nyuma y’iminsi mike umugaba mukuru w’Ingabo zayo yari aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa, urwo yabonanyemo na perezida Felix Tshisekedi, bagashyingiraho bakagaragaza ko byari bikwiye kuba uyu mugaba mukuru w’Ingabo za Uganda yarabiganirije perezida Tshisekedi, bityo ngo bakayifungura abizi.

Hagataho, ubwo iriya mipaka ihuza ibi bihugu byombi yafungurwaga, ku ruhande rwa Uganda byakozwe na bayobozi bari baturutse muri Uganda, mu gihe nta muyobozi wo ku ruhande rwa Leta ya Congo wari uhari.

Ubwo hasozwaga icyo gikorwa, ubuyobozi bw’umutwe wa AFC/M23 bwashimiye perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni, kandi bushimangira ko icyemezo yafashe ari ngenzi kuri bo no mu gihugu cyose muri rusange.

Tags: BunaganaRdcUgandaUmupaka
Share28Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC atokubahirizwa.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y'amahoro yasinywe n'u Rwanda na RDC atokubahirizwa. Haramutse hatubahirijwe ibyateweho umukono ku masezerano y'amahoro hagati ya Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23. Leta Zunze ubumwe z'Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi . Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko yiteguye kwakira perezida w'u...

Read moreDetails

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails
Next Post
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y'amahoro yasinywe n'u Rwanda na RDC atokubahirizwa.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?