Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC yavuze icyo m23 yakoze kugira ngo ifate Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 1, 2025
in Regional Politics
0
RDC yavuze icyo m23 yakoze kugira ngo ifate Goma.
121
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC yavuze icyo m23 yakoze kugira ngo ifate Goma.

You might also like

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Guverinoma ya Kinshasa, inyuze muri minisitiri wayo w’ubabanye n’amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yemeje ko umujyi wa Goma wafashwe ariko ko wafashwe n’abanyamahanga bitwaje m23, kandi ko kugira ngo bawufate bakoresheje imbunda ziruta iz’umuryango w’Abibumbye.

Minisitiri Kayikwamba asubiza ikibazo cy’abanyamakuru bamubajije niba koko umujyi wa Goma warigaruriwe na M23 yasubije ati: “Mbere na mbere ndashaka kwemeza ko Goma yigaruriwe n’abanyamahanga, bikozwe n’u Rwanda, igisirikare cyemewe cy’u Rwanda. Umuturanyi wacu. Ni byo, nyuma y’iminsi yaranzwe n’imirwano ikomeye, twabonye mu mujyi, M23 n’igisirikare cy’u Rwanda, ubu bamaze kwigarurira igice kinini cy’uyu mujyi.”

Kayikwamba kandi yabajijwe niba gufata umujyi wa Goma hatarabaye intege nke za Guverinoma yabo, nawe ati: “Birumvikana n’intambwe isubira inyuma. Kandi, ni ibintu bibabaje cyane. Sinatinya kubivuga . Dukwiye kwemera ko ibi byatangiye kugaragazwa mu mezi menshi ashize, niba ahubwo atari n’imyaka. U Rwanda rwashoye imbaraga nyinshi kugwiza intwaro no mu kuziha M23 mu Burasirazuba bwa RDC.”

Yakomeje agira ati: “Bashoye imari mu kugura imbunda zihanitse zitari zimenyerwe mu karere. Intwaro zo mu buryo n’umuryango w’Abibumbye utapfa kuzibona, kuko zirusha ubushobozi izabo. Ikindi dukwiye kumva , ni uko u Rwanda inshuro nyinshi, rwagiye rurenga ku gahenge kabaga kavuye mu biganiro by’i Luanda, kagombaga gutangirana n’itariki ya 04/08/2024.”

Kayikwamba kandi yavuze ko bitagomba kubatera ubwoba kwemeza ko u Rwanda rwashoye imari nyinshi mukugura intwaro zihambaye, kandi ko rwabikoze badacyogora.”

Gusa nubwo Repubulika ya demokarasi ya Congo yemeza ko u Rwanda ari rwo wafashe umujyi wa Goma, ariko yaba rwo ndetse n’umutwe wa M23 batera utwatsi ibyo birego.

U Rwanda hubwo rushinja Leta ya Kinshasa kuba ikorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda. Umujyi wa Goma wakunze kugaruka cyane mu bibazo bihangayikishije Congo, wigaruriwe n’umutwe wa M23 ku wa mbere w’iki Cyumweru turimo. Aho uyu mutwe wahise ushyira itangazo hanze umenyesha abawuturiye gutekana kandi ko bafashe Goma yose.

Kuri ubu uyu mujyi uragenzurwa n’abarwanyi ba M23 , ndetse ukaba ukomeje kurushaho kubamo amahoro n’umutekano mwiza bitari bisanzwe. Akarusho abaturage bawuturiye ku munsi w’ejo hashize bakoze imyigaragambyo bamagana ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi. Ni mu gihe ubwo bwari buyoboye uwo mujyi abantu bapfaga nka kurya ku isazi, kuko bapfaga umunsi ku wundi. Ariko kuvaho M23 iwufashe barushaho kubona impinduka zitandukanye nizambere.

Ku rundi ruhande, imirwano hagati y’u ruhande rwa Leta ya Kinshasa n’urw’uyu mutwe wa M23, bikomeje kurwana aho izo mpande zombi ziri kurwanira muri teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo, amakuru yizewe Minembwe.com yahawe n’uko uyu mutwe ukomeje kurusha imbaraga cyane uruhande rwa Leta. Ndetse ukaba urimo no kwigarurira ibindi bice mu buryo budasanzwe.

Tags: FardcGomaM23Rwanda
Share48Tweet30Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y'amahoro. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k'u butaka...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y’u Burasirazuba bwa RDC.

Perezida Ndayishimiye yagaragaje ahandi intambara izerekeza nyuma y'u Burasirazuba bwa RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?