Sudan y’Epfo yahakanye ibyatangajwe na Uganda, ukuri ni ukuhe?
Ubutegetsi bw’i Juba muri Sudan y’Epfo bwahakanye amakuru avuga ko ingabo za Uganda zoherejwe i wabo kurinda umutekano w’iki gihugu.
Ni amakuru yashyizwe hanze na minisitiri w’itangaza makuru wa Sudan y’Epfo, Micheal Makuei, aho yabwiye ibitangazamakuru byo muri iki gihugu ko nta ngabo za Uganda ziri i Juba, umurwa mukuru wa Sudan y’Epfo.
Yagize ati: “Nta basirikare ba Uganda bari i Juba. Gusa turi kumbyamva natwe nk’uko namwe mubyumva.”
Iyi Leta ya Sudan y’Epfo, ntacyo yigeze itangaza aha’rejo, ubwo Uganda yari imaze kwemeza ko yohereje umutwe w’ingabo zayo udasanzwe i Juba kugira ngo zirinde umutekano waho.
Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig.Gen. Felix Kulaigye, yabwiye itangazamakuru ko igihugu cye cyohereje ingabo i Juba.
Ati: “Ni ukuri, twohereje abasirikare i Juba.” Kimwecyo ntabisobanuro byinshi yatanze kuri iryo ryohereza ryabasirikare i Juba muri Sudan y’Epfo.
Usibye ko umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen.Kainarugaba Muhoozi, yemeje aya makuru, kandi avuga ko izi ngabo zagiye muri kiriya gihugu gufasha perezida Salva Kiir kubungabunga umutekano w’igihugu cye.
Itangazo rya Muhoozi ryaje mu gihe umwuka mubi hagati ya Kiir n’icyegera cye, Riek Machar, wakomeje gututumba.
General Muhoozi, abinyujije kuri x, yavuze ko igikorwa cyose kirwanya Salva Kiir “ari ugutangiza intambara kuri Uganda. Kandi ko abakora icyo cyaha bazabyirengera.”
Ati: “Tuzorinda umutekano w’igihugu cyose cya Sudan y’Epfo, nk’igihugu cyacu.”
Ndetse kandi yanatanze ubundi butumwa nyuma, agaragaza ko ingabo ze zageze i Juba.
Yagize ati: “Abakomanda ba UPDF bamaze kugera i Juba gufasha igisirikare cya Sudan y’Epfo (Sspdf) mu bibazo bihanze iki gihugu.”
Mu cyumweru gishyize, aba minisitiri babiri bo muri Sudan y’Epfo barafunzwe, gusa umwe yaje kurekurwa, ndetse haza kandi gufungwa abasirikare bakuru; bose bakaba ari abo mu ruhande rwa visi perezida Machar utavuga rumwe na perezida Salva Kiir.
Ifungwa ry’aba basirikare ryaje nyuma y’aho hari habanje kuba ukutumvikana mu ntara ya Upper Nile hagati y’ingabo za Leta n’umutwe witwara gisirikare uzwi nka White Army.
Ubwo intambara yadukaga hagati ya Kiir na Machar mu 2013, uyu mutwe wa White Army wari mu ruhande rwa Machar.
Uko kutumvikana kwaje kubyara intambara ikomeye, iyasize abantu 400.000 bahasize ubuzima.
Kiir yashinjaga Machar gushaka kumuhirika ku butegetsi.