Tanzania: Amayobera mu myigaragambyo, burumwe wese yirwanyeho agira ibyo atahana iwe
Imyigaragambyo ikomeje mu gihugu cya Tanzania, aho urubyiruko rudashaka ko perezida w’iki gihugu, Samia Suluhu Hassan yiyamamaza; ibyari imyigaragambyo byahindutse agatogo, ni mu gihe abayirimo bagaragaje ubujura budasanzwe.
Uyu n’umunsi ugira gatatu, imyigaragambyo ikomeje kubica bigacika mu bice bitandukanye byo muri Dar es Salaam, ndetse byageze na ho igisirikare cy’iki gihugu kigaragaza ko gishigikiye abari kuyikora.
Ni nyuma y’aho hagaragajwe amashusho abasirikare bashoreranye n’urubyiruko bamagana perezida Samia Suluhu Hassan.
Bamushinja guhonyora uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu, aho bavuga ko acyecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe mu kubica no kubata mu mazu y’imbohe.
Abamaze gufungwa ni benshi, kuko n’uyu munsi hafunzwe umunyamakuru ukorera igitangazamakuru cya Nyota Tv, ni mu gihe yatawe muri yombi ubwo yarageze ku mupaka wa Lunga ari gukurikirana imyigaragambyo iri kubera muri icyo gice.
Kurundi ruhande, abigaragambyaga, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu, itariki ya 31/10/2025, bagabye igitero kuri imwe muri stasiyo ya Gaz iherereye i Dar es Salaam, maze buri wese atahana iye.
Amashusho abigaragaza yerekana bamwe batora inini, into, ndetse hari n’abatoraga izirenze imwe, byategwaga n’amahitamo y’umuntu.
Ni amashusho anagaragaza bavugije umusururu berekeza mu mago yabo, mu gihe bogakomeje imyigaragambyo bamazemo iminsi itatu.
Si n’icyo gusa kuko kandi bateye na stasiyo imwe ya polisi basahura imyenda yabo, barangije barayiyambarira.

Hagataho, iyi myigaragambyo imaze kugwamo abantu barenga 700, nk’uko byatangajwe n’icyama cya Dema.






