• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 12, 2025
in World News
0
Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi  Netanyahu
72
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump yandikiye perezida wa Israel amusaba kugirira imbabazi Netanyahu

You might also like

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yandikiye Perezida wa Israel, Isaac Herzog, amwibutsa ko yagombye kugirira imbabazi Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu, kubera urubanza rumaze imyaka irenga itanu rumukurikiranyeho ibyaha bya ruswa n’ikoreshwa nabi ry’ububasha.

Mu ibaruwa yashyikirijwe ibiro bya Perezida wa Israel ku wa kabiri, itariki ya 11/11/2025, Trump yasabye ko Netanyahu “agirwa umwere byuzuye”, avuga ko urubanza rumaze igihe kirekire kandi ko “rushobora gukomeza kumutesha umwanya n’imbaraga yagakoresheje mu bibazo bikomeye igihugu gihanganye nabyo.”

Yagize ati: “Netanyahu ni Umuyobozi w’igihe cy’intambara, ukomeye kandi udacogora. Kumutererana muri ibi bihe by’intambara n’umutekano muke byaba ari ukwiyangiriza nk’igihugu.”

Trump yongeye kugaragaza ko yubaha ubucamanza bwigenga bwa Israel, ariko anenga urubanza rwa Netanyahu arwita “urwa politiki kandi rutari mu mucyo.”

Perezida Herzog asubiza: “Hari inzira ziteganywa n’amategeko”

Ibiro bya Perezida Herzog byemeje ko iyo baruwa yakiriwe, ariko byibutsa ko kugirira umuntu imbabazi bigengwa n’inzira z’amategeko zisobanutse neza mu gihugu cya Israel.

Mu itangazo ryasohowe, ibiro bye byavuze ko “imbabazi zitangwa gusa nyuma y’uko umuntu yasabiye imbabazi ku mugaragaro,” kandi akenshi zibanzirizwa n’urubanza ruba rwararangiye.

Ati: “Kugeza ubu, nta busabe bwa Minisitiri Netanyahu twakiriye, kandi nta gikorwa cya Perezida gishobora gukorwa hatubahirijwe amategeko.”

Benjamin Netanyahu, umaze imyaka irenga 15 ayobora Israheli mu bihe bitandukanye, akomeje kuburana ku byaha birimo ruswa, kwigwizaho umutungo no gukoresha ububasha nabi, ibyaha yahamijwe mu 2019.

Netanyahu we akomeje kuvuga ko ibyo aregwa ari “ibikorwa bya politiki bigamije kumusebya no kumukura ku butegetsi.”

Urwo rubanza rumaze imyaka irenga itanu ruregerwa mu rukiko rukuru rwa Yeruzalemu, kandi rukomeje gutera impaka mu banyapolitiki no mu baturage hagati y’abamushyigikiye n’abamurwanya.

Si ubwa mbere Trump asaba ko urwo rubanza ruhagarikwa. Mu kwezi kwa munani uyu mwaka wa 2025, yasabye ko “rurangizwa burundu”, avuga ko “Netanyahu ari umuntu w’intwari ukwiye gushimirwa aho gucirwa urubanza.”

Abasesenguzi bavuga ko iyi baruwa ari “uburyo bwa Trump bwo kugaragaza ubushake bwo gukomeza kugirana umubano wihariye na Netanyahu,” ariko nanone akaba ashyira Leta ya Amerika mu mwanya utangaje mu micungire y’ubutabera bw’igihugu cy’amahanga.

Abahanga mu mategeko ya Israel bavuga ko gusaba imbabazi kuri Netanyahu bidashoboka mu gihe urubanza rwe rukiri mu nzira, kuko amategeko ateganya ko imbabazi zitangwa nyuma yo kurangira k’uburenganzira bw’uburana.

Umwe mu banyamategeko baganiriye n’itangazamakuru yagize ati: “Perezida Herzog ntashobora gutanga imbabazi ku muntu utarasaba imbabazi cyangwa utarahamwa n’icyaha byemewe n’amategeko.”

Iyi baruwa ya Trump ishyirwa mu rwego rwo hejuru rw’umubano we n’umuyobozi bwa Israel, ariko nanone igaragaza kwivanga mu bijyanye n’ubutabera bw’igihugu cyigenga.

Abasesenguzi ba dipolomasi bavuga ko bishobora kugira ingaruka ku isura ya Amerika nk’igihugu gishyigikira ubutabera n’ubwigenge bw’amategeko. “N’ubwo Trump ashimangira ko yubaha ubutabera bwa Israel, kubivuga akabivanga n’igitutu cya politiki bigaragaza kwivanga kutajyanye n’amahame ya dipolomasi.”

Kugeza ubu, Perezida Herzog yavuze ko azubahiriza amategeko akurikije inzira zisanzwe, kandi ko nta cyahindutse ku rubanza rwa Netanyahu.

Icyakora, iyi baruwa ya Trump ishyizeho igitutu gikomeye kuri Leta ya Israel no ku bucamanza bwayo, mu gihe urubanza rwa Netanyahu rukomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye bya politiki n’ubutabera muri icyo gihugu.

Tags: IbaruwaImbabaziNetanyahuTrump
Share29Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo

Itariki ya 11/11 ni itariki yihariye mu mateka y’Isi-Menya byinshi kuri yo Ku wa 11/11/ 1918, ku isaha ya saa tanu z’amanywa (11:00), isi yose yahagaritse umutima ubwo...

Read moreDetails

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi

Perezida wa Israel Herzog yageze i Kinshasa, yakirwa na Tshisekedi Perezida w’igihugu cya Israel, Isaac Herzog, yageze i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11/11/2025, mu ruzinduko...

Read moreDetails

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka

Abantu batari bake bahitanywe n’iturika rikomeye ryabereye i Islamabad, abandi barakomereka Mu murwa mukuru wa Pakistan, Islamabad, habaye iturika rikomeye ryibisasu ryahitanye abantu 12, abandi 20 barakomereka, nk’uko...

Read moreDetails

Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y’uko yaramaze igihe afunzwe

by Bahanda Bruce
November 11, 2025
0
Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y’uko yaramaze igihe afunzwe

Hafsa wa Muammar Gaddafi yarekuwe nyuma y'uko yaramaze igihe afunzwe Kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’igihugu cya Liban bwarekuye Hannibal Gaddafi, umuhungu wa nyakwigendera Moammar Gaddafi wahoze ayobora...

Read moreDetails

Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w’u Bufaransa yasabye kurekurwa

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w’u Bufaransa yasabye kurekurwa

Nicolas Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa yasabye kurekurwa Urukiko rw’i Paris rurateganya kwakira ubusabe bwa Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, wifuza kurekurwa by’agateganyo mu gihe...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?