• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi n’ingabo ze biyemeje gukora amateka, mu rugamba barimo na M23.

minebwenews by minebwenews
January 9, 2025
in Regional Politics
0
Tshisekedi n’ingabo ze biyemeje gukora amateka, mu rugamba barimo na M23.
103
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi n’ingabo ze biyemeje gukora amateka, mu rugamba barimo na M23.

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Ni byemejwe mu nama y’umutekano yabaye ahar’ejo tariki ya 08/1/2025 aho yabereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yemezwamo ko ingabo z’iki gihugu zigomba gukora ibishoboka byose zikisubiza uduce twose tugenzurwa n’umutwe wa M23.

Amakuru avuga ko iyi nama yitabiriwe n’abayobozi ba Leta batandukanye, barimo n’umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu cya RDC n’abandi bashinzwe iby’umutekano, ikaba yarayobowe na perezida Félix Tshisekedi.

Mu kiganiro umuvugizi wa Guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya, yagiranye na radio BBC kubyerekeye iriya nama, yagaragaje ko itari isanzwe, ngo kuko yafatiwemo imyanzuro ikakaye ahanini ku ntambara ibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

yagize ati: “Muri raporo yatanzwe n’umuyobozi w’ibiro bikuru bya gisirikare, ingabo zacu zigiye kurwanya M23 zivuye inyuma. Kandi mu minsi mike mugiye kubona ubushobozi bwazo.”

Yakomeje agira ati:”Uduce twose tugenzurwa n’umutwe wa M23 wateye igihugu cyacu, tugiye kutwisubiza vuba.”

Nyamara ibi bwana Muyaya yabitangaje mu gihe igisirikare cy’iki gihugu, binyuze mu muvugizi wacyo, Maj Gen. Sylvain Ekenge yatangaje ko ingabo za FARDC zisubije centre ya Masisi n’inkengero zayo.

Yagize ati: “Ndemeza ko Ingabo za FARDC zafashe centre ya Masisi, ndetse kandi zafashe na Localité Ngugu zifata n’utundi duce twunamiye umujyi wa Sake hamwe na Bwerimana, Karuba, Kimoka, Rutoboka ndetse na Bikataka.”

Muri iyi ntambara imaze imyaka irenga itatu M23 ihanganye bikomeye n’ihuriro ry’Ingabo za RDC, uruhande rwa Leta rwakunze kujya rutangaza ko rwambuye uriya mutwe uduce ugenzura, nyuma bikaza kumenyekana ko byari ibinyoma, muri ubwo buryo bishoboka ko na centre ya Masisi naturiya duce umuvugizi wa FARDC avuga ko batubohoje twaba tukigenzurwa na M23.

Kimwecyo nubwo umutwe wa M23 utaragira icyo utangaza kubivugwa n’uruhande rwa Leta, ariko umwe mu barwanyi b’uwo mutwe yemereye Minembwe.com ko bakigenzura centre ya Masisi.

Yagize ati: “Ndi Masisi, ni twe tugenzura centre.”

Ubwo twamubazaga utundi duce bivugwa ko twabohojwe na FARDC, yavuze ko tutagomba kumva ibyifuzo bya Katanyama.

Ati: “Muyobewe Katanyama, ibyo bifuza babihindura inkuru! Ntaho batwambuye nta naho bateze kuzatwambura!”

Hagataho, imirwano yo iracyakomeje, kuko no mu masaha make ashize yarimo ibera ku musozi wa Ndumba, hagati ya M23 n’uruhande rurwana ku ruhande rwa Leta.

Ni urugamba amakuru aturuka i Masisi avuga ko rukomeye, ndetse kandi ko ruri kumvikanamo n’imbunda ziremereye.

Tags: FardcKinshasaM23Tshisekedi
Share41Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Abanyamulenge bakuye ikiriyo cy’umuturage wishwe na FARDC mu Minembwe.

Abanyamulenge bakuye ikiriyo cy'umuturage wishwe na FARDC mu Minembwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?