U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona
Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza ishusho y’uko imiyoborere mu Burundi ikomeje guteza impungenge. Iyo nyandiko isobanura uko abaturage bishyura serivisi zitangwa na Leta, ariko bakazimaramo igihe kirekire batayibonye cyangwa bakazibona batinze cyane.
Mu gihe igihugu kiyobowe na Perezida Évariste Ndayishimiye gikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’ubukungu n’imiyoborere, inyandiko igaragaza ko hari inzego zimwe za Leta zishyirwa mu majwi kuba zarashyizeho imikorere isa n’ishingiye ku nyungu zidasobanutse. Abaturage bishyura amafaranga ku byangombwa n’ibikoresho, ariko ntibabihabwe ku gihe.
Mu rwego rw’ubuhinzi, ifumbire itangwa binyuze muri kompanyi yitwa FOMI. Nk’uko bigaragara muri iyo nyandiko, abahinzi basabwa kwishyura ifumbire mbere yo kuyihabwa. Hari abishyura bagategereza igihe kirekire, ndetse igihe cy’ihinga kikarangira batarayibona.
Ibi bituma bamwe mu bahinzi batakaza umusaruro, bakagira igihombo gikomeye. Hari n’abavuga ko, nyuma yo gutegereza igihe kirekire, basabwa gutanga ruswa kugira ngo bahabwe ifumbire yabo. Abandi bavuga ko bayigura ku giciro cyo hejuru mu mabutike y’abantu bivugwa ko bafitanye isano n’inzego z’ubuyobozi, kandi barayishyuriye mbere.
Minisitiri w’Ubuhinzi, Calinie Mbarushimana, akunze kunengwa n’abaturage kuba adatanga ibisobanuro bihagije ku mafaranga yishyuwe n’abahinzi n’aho ageze.
Mu bijyanye no kugura no kubika ibigori by’abahinzi, hakunze kuvugwa sosiyete ya Leta yitwa ANAGESSA. Abahinzi bavuga ko bategekwa kuyigurishaho umusaruro wabo, ariko amafaranga yabo akaboneka bitinze cyane cyangwa ntanaboneke. Hari abamara umwaka urenga batarishyurwa, bigatuma batabasha kongera gushora imari mu buhinzi.
Uwahoze ari Minisitiri, Alain Ndikumana, yigeze kuvuga ko muri iyo sosiyete harimo ubujura bukomeye. Yavuze kandi indi kompanyi yitwa SIAP ko nayo ifitanye isano n’ibura ry’amafaranga y’abahinzi, nubwo hatigeze hatangwa ibisobanuro birambuye ku mugaragaro.
Ikibazo cy’amashanyarazi n’amazi nacyo kivugwaho imikorere idasobanutse. Abaturage bavuga ko bishyura amafaranga ya compteur z’amashanyarazi muri REGIDESO, ariko bagategereza amezi cyangwa imyaka batarazihabwa. Hari abavuga ko bamaze imyaka ine barishyuye batarahabwa compteur, kandi ntibasobanurirwe impamvu y’itinda.
Minisitiri ubishinzwe, Hassan Kibeya, hamwe n’umuyobozi wa REGIDESO, Jean Albert Manigomba, bakomeje gusabwa gutanga ibisobanuro ku ikoreshwa ry’ayo mafaranga.
Mu byangombwa by’inzira, ikibazo cya pasiporo kimaze igihe kivugwa. Abaturage barishyura amafaranga asabwa, ariko bagategereza igihe kirekire. Hari abavuga ko basabwa gutanga amafaranga arenze inshuro nyinshi igiciro gisanzwe kugira ngo babone pasiporo yabo vuba.
Iri shami riyobowe na Minisitiri Léonidas Ndaruzaniye, mu gihe ishami rya PAFE riyobowe na Maurice Mbonimpa. Abaturage bakomeje gusaba ibisobanuro ku mpamvu y’itinda rikabije muri izo serivisi.
Permis de conduire nayo ivugwaho gutinda cyane. Hari abamara imyaka ibiri bategereje, mu gihe abafite ubushobozi bwo gutanga ruswa bavuga ko bayibona mu gihe gito.
Mu bijyanye n’imenyekanisha ry’ibinyabiziga, bamwe mu baguze za moto bavuga ko bishyura plaque muri Office Burundais des Recettes, ariko bagategereza amezi menshi batarazihabwa. Ibi bituma bamwe bafatwa nk’abatubahiriza amategeko iyo bagaragaye mu muhanda badafite plaque, bikabaviramo ibihano cyangwa gusabwa ruswa.
Iyo umuntu yishyura serivisi atarayibona, Leta igakomeza gukoresha ayo mafaranga itaratanga serivisi, bigaragara nk’imikorere inyuranyije n’amahame y’imiyoborere myiza. Abasesenguzi bagaragaza ko ibi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku cyizere abaturage bafitiye inzego za Leta no ku bukungu bw’igihugu muri rusange.
Nk’uko bikubiye mu nyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, hari abahamagarira Leta gutanga raporo irambuye ku mafaranga yakusanyijwe muri izo serivisi n’igihe nyacyo zizatangirwa. Basaba ko habaho ingamba zihamye zo guhagarika kwishyurisha abaturage serivisi zitaratangwa, gukumira ruswa no kurinda umutungo wa rubanda.
Mu gihe abaturage bakomeje kwibaza aho amafaranga yabo ajya n’impamvu batabona serivisi bishyuriye, igisubizo kirambye kizashingira ku mucyo, kubazwa inshingano no gukurikiza amategeko mu buryo bugaragara kandi buboneye.






