• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

minebwenews by minebwenews
August 4, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda byashyizeho amahame abiganisha ku bufatanye mu iterambere ry’ubukungu, bibifashijwemo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Aya mahame byayagiranye ku itariki ya 01/08/2025, i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Muri iki gikorwa u Rwanda rwari rugihagarariwemo n’umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubanyi n’amahanga n’inganda, Antoine Marie Kajangwe, mu gihe RDC yo yari ihagariwe n’inzobere mu rwego rw’ubukungu, Amerika na yo yari ihagariwe n’Umujyanama wayo mu bufatanye na Afrika, Massad Boulos.

Amerika yavuze ko aya mahame agaragaza icyerekezo gihuriweho mu gukemura ibibazo bimaze igihe mu karere k’ibiyaga bigari, no guharanira iterambere rusange.

Ibi bihugu byombi byiyemeje gukuraho burundu ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro kuko bigaragara ko bigira uruhare rukomeye mu guhungabanya amahoro, umutekano n’imihembere myiza mu karere.

Bihamya ko iterambere ry’urwego rw’ingufu n’ibikorwaremezo ari ingenzi ku iterambere ry’inganda, cyane cyane mu rwego rw’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro ndetse no mu iterambere ry’imiyoborere y’abaturage.

Ibi bihugu kandi byiyemeje gushakisha ahantu byafatanya, cyane cyane mu bikorwaremezo mpuzamipaka, ibyanya by’inganda bihuriyeho, ubukerarugendo bw’ambukiranya imipaka n’amasoko mpuzamahanga, hagamijwe ukwishyira hamwe kw’akarere n’iterambere rirambye nk’inkingi y’amahoro arambye.

Bikaba bigiye gukorana kugira ngo byongere umusaruro w’ingufu z’amashyanyarazi zitunganywa, kugira ngo ibikorwa by’inganda n’abaturage bigende neza.

U Rwanda na RDC byiyemeje gufatanya mu bikorwaremezo bibifitiye akamaro byombi, cyane cyane ibyo ku rwego rw’ubucuruzi, ububiko bw’ibikoresho, ibijyanye n’isakazabumenyi n’itumanaho, amasoko ndetse no kureshya ishoramari ngo baze bashore imari mu mishyinga y’akarere.

Byagaragaje ko iyi mishinga igomba guhuzwa n’umuhora wa Lobito uzubakwamo umuhanda wa gari ya moshi uhuza icyambu cya Lobito muri Angola na RDC ndetse na Zambia kugira ngo woroshye ubwikorezi.

Ibi byose Amerika irabishigikiye, kandi ni na yo yagize uruhare runini kugira ngo bibigereho.

Tags: AmahameRdcU Rwanda
Share27Tweet17Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwagaragaje impamvu ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza RDC na AFC/M23 i Doha.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?