Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwagaragaje impamvu rusaba RDC kuganira na M23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 18, 2024
in Regional Politics
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu rusaba RDC kuganira na M23.
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwagaragaje impamvu rusaba RDC kuganira na M23.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni byasobanuwe na minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe aho yavuze ko nubwo ibibazo bya M23 ari iby’Abanyekongo ubwabo, ariko ko bigira ingaruka ku mutekano w’igihugu cye, bityo akaba ari yo mpamvu basaba ko ubuyobozi bwa Kinshasa buganira n’uyu mutwe.

Hari mu kiganiro minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Nduhungirehe yagiranye na France 24 ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 17/12/2024. Muri icyo kiganiro Nduhungirehe yabajijwe impamvu u Rwanda rukomeza gusaba ko guverinoma ya RDC igirana ibiganiro n’umutwe wa M23 kandi ibibazo byabo bireba Abanyakongo. Uyu mutwe ahanini ugizwe n’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Nawe asubiza avuga ko “M23 kw’ari umutwe w’Abanyekongo, ariko ko ikibazo cyayo gifatira n’umutekano w’u Rwanda, kuko hagendewe kuri iki kibazo, RDC yubatse ubufatanye bwa gisirikare, bwanashyizwemo abarwanyi ba FDLR, Wazalendo, abasirikare b’u Burundi n’abacancuro b’Abazungu, barimo abo mu Bufaransa, Romania n’abandi, kandi ko byakozwe mu rwego rwo kugira ngo barwanye uyu mutwe wa M23. Agaragaza ko bavuga ko bazayirukana bakayigeza mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ko ari ikibazo ku mutekano w’u Rwanda, bityo ko atari ikibazo cy’Abanyekongo gusa.

Yanaboneyeho kandi kwamagana ikinyoma cyakomeje kuzamurwa cyo kuvuga ko uyu mutwe wa M23 ufashwa n’u Rwanda.

Nduhungirehe yavuze ko icyo kinyoma cyahimbwe n’abayobozi bo hejuru bo muri Leta ya Kinshasa.

Avuga ko ibibazo bya M23 bisanzwe bizwi kandi ko atari bishya, bishingiye ku bibazo by’akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, ndetse kandi ko bigomba gushakirwa umuti urambye kugira ngo biranduke burundu.

Nduhungirehe avuga ko nta yindi nzira byanyuramo atari ibiganiro bikwiye kuba hagati ya M23 na RDC.

Tags: ibiganiroM23RdcRwanda
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Intumwa ya perezida Lourenço yakiriwe i Kigali, baraganira no ku bibazo by’umutekano muke uri muri RDC.

Intumwa ya perezida Lourenço yakiriwe i Kigali, baraganira no ku bibazo by'umutekano muke uri muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?