• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwagaragaje impamvu ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza RDC na AFC/M23 i Doha.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 5, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwagaragaje impamvu ruzakomeza kwitabira ibiganiro bihuza RDC na AFC/M23 i Doha.

You might also like

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungurehe, yatangaje ko igihugu cye ko kizakomeza kwitabira ibiganiro bihuza Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 mu biganiro bihuriza impande zombi i Doha muri Qatar.

Yabitangaje ubwo yari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, ni mu gihe yajyaga gutora itegeko ryemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC yashyiriweho umukono i Washington DC bifashijwemo na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Yavuze ko u Rwanda rwari rwaratumiwe nk’indorerezi, kandi ko ruzakomeza kwitabira ibyo biganiro n’ubundi nk’indorerezi, ngo nk’uko n’abandi bahuza bose nabo batumiwe. Ahamya ko abahuza b’amasezerano ya Washington bose batumiwe mu rwego rwo kugira ngo bose bagendere hamwe.

Yanavuze kandi ko u Rwanda rwishimiye kuba impande zombi ziheruka gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya RDC na AFC/M23, maze avuga ko bizeye ko impande zombi zizagera no ku masezerano y’amahoro yaburundu.

Ubundi kandi yavuze ko byagaragaye ko ibiganiro bya AFC/M23 ari byiza. Ni mu gihe ibyo biganiro bihuza RDC na AFC/M23 bigamije gushakira hamwe uko impande zombi zikemura ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Mu kwezi gushize ahagana mu mpera zako, ni bwo RDC na AFC/M23 byashyize umukono ku mahame ngenderwaho abiganisha ku masezerano y’amahoro arambye.

Muri ibi biganiro bigikomeje, Qatar yasabye ko u Rwanda rwahagararirwa kugira ngo rukurikirane ibi biganiro nk’indorerezi nk’uko byari bimeze kuri Leta Zunze ubumwe z’Amerika n’umuryango wa Afrika Yunze ubumwe hagamijwe kugendera hamwe.

Tariki ya 18/08/2025, biteganyijwe ko RDC na AFC/M23 bizashyira umukono ku masezerano y’amahoro.

Aya masezerano azaza asanga ayo u Rwanda na RDC byasinyanye, akaba akubiyemo ingingo zinyuranye zirimo kurandura umutwe wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda, ubufatanye hagati y’impande zombi zirebwa n’icyo kibazo.

Tags: AFC/m23I Dohaibiganiro
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

by Bruce Bahanda
August 6, 2025
0
Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n’ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro.

Inama Loni yatanze ku bihugu birimo n'ibyo muri Afrika bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro. Umuryango w'Abibumbye wavuze ko hari ibihugu 32 birimo 16 byo...

Read moreDetails

U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
U Burundi buraramutswa minisitiri w’intebe mushya.

U Burundi buraramutswa minisitiri w'intebe mushya. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, ari we Nestor Ntahontuye. Uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 05/08/2025, nibwo...

Read moreDetails

Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

by minebwenews
August 5, 2025
0
Ethiopia Deploys Forces Near Eritrea Border. Tensions Escalate

Ethiopia-Eritrea Border Tensions Escalate as Troops and Heavy Weaponry Deploy Near AssabAddis Ababa. August 5, 2025 Reports confirmed Tensions between Ethiopia and Eritrea have reached a critical point as...

Read moreDetails

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

by Bruce Bahanda
August 5, 2025
0
Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda.

Abimukira bagiye koherezwa mu Rwanda. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zigiye kohereza abimukira 250 mu Rwanda nyuma y'aho ibi bihugu byombi bibyumvikanyeho. Ni amakuru yemejwe n'umuvugizi w'u Rwanda, Yolande...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

by Bruce Bahanda
August 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y'ubufatanye mu bukungu. Repubulika ya demokarasi ya Congo n'u Rwanda byashyizeho amahame abiganisha ku bufatanye mu iterambere ry'ubukungu, bibifashijwemo na Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Bibogobogo: Inka za Banyamulenge zakiriye ahamana.

Bibogobogo: Inka za Banyamulenge zakiriye ahamana.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?