• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

minebwenews by minebwenews
June 20, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka kuri peteroli byinjira muri iki gihugu n’ububiko gifite kugira ngo hatazabaho ikibazo gitunguranye gitewe n’intambara zinyuranye ziri kuba mu bice bitandukanye by’isi.

Ni byatangajwe na minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wagaragaje ko u Rwanda ruri gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Tariki ya 13/06/2025, ni bwo intambara ikomeye hagati ya Israel na Iran yatangiye. Ikaba yaratumye isi yose itangira kugira impungenge ko ibikomoka kuri peteroli benshi bakesha kubaho bishobora kubura ku isoko mpuzamahanga cyangwa bigahenda.

Ku ruhande rumwe izi mpungenge zifite ishingiro kuko ibitero bigabwa n’impande zombi byageze no ku bikorwa remezo bihunikwamo ibikomoka kuri peteroli.

Binagaragara ko ibiciro byayo byatangiye kuzamurwa, kuko kuri ubu akagunguru kamwe kayo kazamutse kagera kuri 78,85$. Kuva intambara yatangira ibiciro byazamutseho 7%.

Bivugwa ko inzira ya Hormuz iri hagati ya Iran na Oman, inyuzwamo utugunguru miliyoni hagati ya 16 na 21 twibikomoka kuri peteroli iramutse ifunzwe, akagunguru ka peteroli idatunganyije kahita kagera hagati ya 120$ na 130$.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, ubwo yagezaga ijambo ku nteko ishinga amategeko y’iki gihugu ibikorwa bya guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda tariki ya 19/06/2025, yabajijwe icyo Leta iri gukora ngo igihugu kitazagirwaho ingaruka mu gihe inzira ya Hormuz yaba ifunzwe ibikomoka kuri peteroli bikabura.

Yasubije ati: “Ubu hari itsinda ririmo kwiga uko iki kibazo gishobora kutugeraho n’ingaruka bishobora kutugiraho, aho dukura peteroli ni mu mahanga iyo habayeho rero ikibazo nk’iki kiri mpuzamahanga buri gihe dushyiraho amatsinda yo kwiruka akaturebera ngo ese dukore iki?”

Yakomeje ati: “N’ubu tuvugana itsinda riri kubikora ku buryo tuba dufite amakuru ya buri munsi uko ibikomoka kuri peteroli bihagaze, tukaba tuzi ingano y’ububiko dufite mu gihugu, tukaba tuzi iyinjira buri cyumweru, tukaba tuzi igeze i Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’uburyo tuzisaranganya dukurikije iva Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’aho zituruka n’ingaruka zose.”

Yavuze kandi ko u Rwanda ruhora rwiteguye, ngo kuko rwirinda gutungurwa, ariko ko nyine birusaba guhora rukurikiranira ibintu hafi.

Kuri ubwo u Rwanda rufite ibigega birindwi bihunitsemo litiro miliyoni 117,2 za lisansi, mazutu n’amavuta y’indege.

Biteganyijwe kandi ko ibigega by’ikomoka kuri kuri peteroli mu Rwanda bizagurwa bikagera ku bushobozi bwo kubika litiro miliyoni 334.

Tags: IranIsraelPeteroliRwanda
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.

CONGOLESE SOLDIER KILLED AND DISMEMBERED BY COMRADES OVER BANYAMULENGE ETHNICITY

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?