Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 20, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka kuri peteroli byinjira muri iki gihugu n’ububiko gifite kugira ngo hatazabaho ikibazo gitunguranye gitewe n’intambara zinyuranye ziri kuba mu bice bitandukanye by’isi.

Ni byatangajwe na minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wagaragaje ko u Rwanda ruri gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.

Tariki ya 13/06/2025, ni bwo intambara ikomeye hagati ya Israel na Iran yatangiye. Ikaba yaratumye isi yose itangira kugira impungenge ko ibikomoka kuri peteroli benshi bakesha kubaho bishobora kubura ku isoko mpuzamahanga cyangwa bigahenda.

Ku ruhande rumwe izi mpungenge zifite ishingiro kuko ibitero bigabwa n’impande zombi byageze no ku bikorwa remezo bihunikwamo ibikomoka kuri peteroli.

Binagaragara ko ibiciro byayo byatangiye kuzamurwa, kuko kuri ubu akagunguru kamwe kayo kazamutse kagera kuri 78,85$. Kuva intambara yatangira ibiciro byazamutseho 7%.

Bivugwa ko inzira ya Hormuz iri hagati ya Iran na Oman, inyuzwamo utugunguru miliyoni hagati ya 16 na 21 twibikomoka kuri peteroli iramutse ifunzwe, akagunguru ka peteroli idatunganyije kahita kagera hagati ya 120$ na 130$.

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, ubwo yagezaga ijambo ku nteko ishinga amategeko y’iki gihugu ibikorwa bya guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda tariki ya 19/06/2025, yabajijwe icyo Leta iri gukora ngo igihugu kitazagirwaho ingaruka mu gihe inzira ya Hormuz yaba ifunzwe ibikomoka kuri peteroli bikabura.

Yasubije ati: “Ubu hari itsinda ririmo kwiga uko iki kibazo gishobora kutugeraho n’ingaruka bishobora kutugiraho, aho dukura peteroli ni mu mahanga iyo habayeho rero ikibazo nk’iki kiri mpuzamahanga buri gihe dushyiraho amatsinda yo kwiruka akaturebera ngo ese dukore iki?”

Yakomeje ati: “N’ubu tuvugana itsinda riri kubikora ku buryo tuba dufite amakuru ya buri munsi uko ibikomoka kuri peteroli bihagaze, tukaba tuzi ingano y’ububiko dufite mu gihugu, tukaba tuzi iyinjira buri cyumweru, tukaba tuzi igeze i Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’uburyo tuzisaranganya dukurikije iva Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’aho zituruka n’ingaruka zose.”

Yavuze kandi ko u Rwanda ruhora rwiteguye, ngo kuko rwirinda gutungurwa, ariko ko nyine birusaba guhora rukurikiranira ibintu hafi.

Kuri ubwo u Rwanda rufite ibigega birindwi bihunitsemo litiro miliyoni 117,2 za lisansi, mazutu n’amavuta y’indege.

Biteganyijwe kandi ko ibigega by’ikomoka kuri kuri peteroli mu Rwanda bizagurwa bikagera ku bushobozi bwo kubika litiro miliyoni 334.

Tags: IranIsraelPeteroliRwanda
Share27Tweet17Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
RDC: Amakuru avuga ku musirikare wishwe n’abagenzi be azira ubwoko bwe.

CONGOLESE SOLDIER KILLED AND DISMEMBERED BY COMRADES OVER BANYAMULENGE ETHNICITY

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?