U Rwanda rwatangaje icyo rwiteguye gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko u Rwanda rwashyizeho itsinda rihora rigenzura ibikomoka kuri peteroli byinjira muri iki gihugu n’ububiko gifite kugira ngo hatazabaho ikibazo gitunguranye gitewe n’intambara zinyuranye ziri kuba mu bice bitandukanye by’isi.
Ni byatangajwe na minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, wagaragaje ko u Rwanda ruri gukora kugira ngo ruhangane n’ingaruka zaterwa n’intambara ya Israel na Iran.
Tariki ya 13/06/2025, ni bwo intambara ikomeye hagati ya Israel na Iran yatangiye. Ikaba yaratumye isi yose itangira kugira impungenge ko ibikomoka kuri peteroli benshi bakesha kubaho bishobora kubura ku isoko mpuzamahanga cyangwa bigahenda.
Ku ruhande rumwe izi mpungenge zifite ishingiro kuko ibitero bigabwa n’impande zombi byageze no ku bikorwa remezo bihunikwamo ibikomoka kuri peteroli.
Binagaragara ko ibiciro byayo byatangiye kuzamurwa, kuko kuri ubu akagunguru kamwe kayo kazamutse kagera kuri 78,85$. Kuva intambara yatangira ibiciro byazamutseho 7%.
Bivugwa ko inzira ya Hormuz iri hagati ya Iran na Oman, inyuzwamo utugunguru miliyoni hagati ya 16 na 21 twibikomoka kuri peteroli iramutse ifunzwe, akagunguru ka peteroli idatunganyije kahita kagera hagati ya 120$ na 130$.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, ubwo yagezaga ijambo ku nteko ishinga amategeko y’iki gihugu ibikorwa bya guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda tariki ya 19/06/2025, yabajijwe icyo Leta iri gukora ngo igihugu kitazagirwaho ingaruka mu gihe inzira ya Hormuz yaba ifunzwe ibikomoka kuri peteroli bikabura.
Yasubije ati: “Ubu hari itsinda ririmo kwiga uko iki kibazo gishobora kutugeraho n’ingaruka bishobora kutugiraho, aho dukura peteroli ni mu mahanga iyo habayeho rero ikibazo nk’iki kiri mpuzamahanga buri gihe dushyiraho amatsinda yo kwiruka akaturebera ngo ese dukore iki?”
Yakomeje ati: “N’ubu tuvugana itsinda riri kubikora ku buryo tuba dufite amakuru ya buri munsi uko ibikomoka kuri peteroli bihagaze, tukaba tuzi ingano y’ububiko dufite mu gihugu, tukaba tuzi iyinjira buri cyumweru, tukaba tuzi igeze i Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’uburyo tuzisaranganya dukurikije iva Dar es Salaam cyangwa Mombasa n’aho zituruka n’ingaruka zose.”
Yavuze kandi ko u Rwanda ruhora rwiteguye, ngo kuko rwirinda gutungurwa, ariko ko nyine birusaba guhora rukurikiranira ibintu hafi.
Kuri ubwo u Rwanda rufite ibigega birindwi bihunitsemo litiro miliyoni 117,2 za lisansi, mazutu n’amavuta y’indege.
Biteganyijwe kandi ko ibigega by’ikomoka kuri kuri peteroli mu Rwanda bizagurwa bikagera ku bushobozi bwo kubika litiro miliyoni 334.