Ubutabera bw’u Bufaransa Bwatangije Iperereza ku Rupfu rw’Umukozi wa UNICEF Wishwe n’Igitero cy’Indege mu Burasirazuba bwa RDC
Ubutabera bw’u Bufaransa bwatangaje ko bwatangiye iperereza ku cyaha gishobora kuba icy’intambara nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset, umukozi w’umuryango wa UNICEF wari uri mu bikorwa by’ubutabazi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iri perereza ryatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13/03/2026, nyuma y’iminsi ibiri gusa uyu mukozi w’Umufaransakazi apfuye azize igitero cy’indege cyagabwe mu gace ko mu burasirazuba bw’igihugu. Icyo gitero cyahitanye kandi abasivile babiri, mu gihe kugeza ubu inkomoko yacyo n’uwagitegetse bitaramenyekana neza. Kurundi ruhande AFC/M23 yemeje ko cyakozwe n’ingabo za FARDC kubufatanye n’abambari bayo ingabo z’u Burundi na FDLR.
Nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bushinzwe kurwanya iterabwoba, buzwi nka Parquet national antiterroriste, bwafunguye iperereza ryihuse “ku muntu cyangwa ku bantu bataramenyekana”, ku cyaha cyiswe “ubwicanyi bushobora kuba bugize icyaha cy’intambara.”
Iryo perereza ryashyikirijwe urwego rwihariye rwa gendarmerie y’u Bufaransa rushinzwe gukurikirana ibyaha bikomeye byibasiye inyokomuntu, ari rwo Office central de lutte contre les crimes contre l’humanité. Uru rwego rufite inshingano zo gukora iperereza ku byaha birimo iby’intambara, jenoside n’ibindi byaha bikomeye mpuzamahanga.
Abashinzwe iperereza batangaje ko bagamije kumenya mu buryo bwimbitse:
Icyateye igitero cy’indege cyahitanye uyu mukozi w’ubutabazi;
Uruhare rw’impande zishobora kuba zaragize uruhare muri icyo gitero;
Niba koko cyaba cyarakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Uretse ibyo, ubutabera bw’u Bufaransa bwavuze ko buzajya butanga amakuru ku muryango wa nyakwigendera uko iperereza rigenda ritera imbere.
Amategeko mpuzamahanga agenga intambara asaba ko abasivile n’abakozi b’imiryango itanga ubufasha bw’ubutabazi barindwa mu buryo bwihariye. Guhitana nkana cyangwa kugirira nabi abakozi b’imiryango mpuzamahanga itanga ubufasha bishobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara.
Mu bihe byashize, imiryango mpuzamahanga irimo Loni yakomeje kugaragaza impungenge ku mutekano w’abakozi bayo mu burasirazuba bwa RDC, aho intambara zimaze imyaka myinshi zihanganishije ingabo za Leta n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro.
Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe kirekire burangwa n’imirwano ikomeye, cyane cyane mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Aka karere kagiye kagaragaramo ibikorwa byinshi byibasira abasivile n’abakozi b’imiryango mpuzamahanga, bigatuma umutekano wabo uba ikibazo gikomeye.
Urupfu rwa Karine Buisset rwongeye kugaragaza uburemere bw’iki kibazo, ndetse rutuma ubutabera bw’u Bufaransa bufata icyemezo cyo gutangiza iperereza rigamije kumenya ukuri ku byabaye no gukurikirana ababigizemo uruhare, mu gihe byagaragara ko habayeho icyaha cy’intambara.




