Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yashize itangazo hanze ryamagana ibisasu biri guterwa i Goma, ibyo bashinja ko biraswa na M23.
N’itangazo risohotse nyuma y’uko imirwano ikomeje kubica bigacika mu marembo ya Centre ya Sake, muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 ikomeje gusatira kandi ikaba iri kwa mbura ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa uduce turi hafi ya Sake, ibarizwa muri Grupema ya ka Muhonza.
Imirwano hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana k’uruhande rwa leta ya Congo mu marembo ya Centre ya Sake yahereye kuva mu Gitondo cyo k’uwa Gatatu, tariki ya 07/02/2024, kugeza ubu impande zombi bararebana ayingwe muri ibyo bice.
Amakuru yatanzwe ku mugoroba w’ejo hashize, yavugaga ko nta muturage n’umwe ukibarizwa i Sake ko ahubwo muri iyo Centre hasigaye FARDC, Wazalendo, FDLR na SADC.
Ubwo imirwano yarimo iba mu misozi y’unamiye Sake, hari ibisasu biremereye bivugwa ko byatewe i Goma, aho byemezwa ko biri kugwa muri Quartier ya Mugunga, ubutegetsi bwa Kinshasa bukaba buri gushinja M23 kuba aribo barinyuma yabyo.
Ibi biri mubyatunye Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, isohora itangazo yamagana M23.
Leta ya Congo, ikavuga ko yo, ifite impuhwe z’abaturage ko kandi hari ibitero byibasira abaturage bikaba bihonyora uburenganzira bwabo.
Ir’itangazo rya Guverinoma ya perezida Félix Tshisekedi, rikavuga ko bo bagikomeje gahunda y’ibiganiro bya Nairobi na Luanda, no guhagarika imirwano hagamijwe kwa mbura imbunda imitwe y’itwaje intwaro harimo na M23 nk’uko iryo tangazo ribivuga.
Ir’i tangazo rikomeza rivuga ko Leta ya Congo ikomeje guhamagarira Abaturage gutekana no kuba maso, ndetse Guverinoma ikizeza abaturage ko ingabo z’igihugu zikomeje kubarengera no kubarwanaho no kurengera ubusugire bw’igihugu, bityo bagasaba abaturage gukorana byahafi n’igisirikare cyabo.
Mur’iryo tangazo leta ya Kinshasa ivuga ko ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo ko zagaruye ituze muri Centre ya Sake.
Gusa mu makuru Minembwe Capital News imaze kwakira n’uko impande zihanganye ziri kurebana ayingwe ko ndetse M23 izengurutse Sake.
Bruce Bahanda.