Ubuyobozi bwa M23 bongeye kwerekana ibikoresho byinshi bya gisirikare bafatiye k’urugamba bari bahanganyemo n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’abazishigikiye.
Ni mu rugamba rwa bereye mu bice birenga bitatu harimo Mabenga, Mweso, Katsiro na Kihondo.
Umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka yatanze ubutumwa bwanditse avuga ko ingabo za FARDC n’abazishigikiye kubarwanya ko bahunze agace ka Gatsiro n’inkengero zako, ni naho M23 yabamburiye biriya bikoresho birimo imbunda ziremereye.
Iy’i mirwano yaje gukomeza kugeza isaha ya saa kumi nigice z’umugoroba, mu gihe yari yatangiye igihe c’isaha z’urukerera rwo kuri uy’u wa Mbere, aho Ingabo za General Sultan Makenga zaje kwigarurira agace ka Kihondo gaherereye mu marembo ya Centre ya Nyanzare, muri teritware ya Rutsuru.
Ingabo za SADC, FARDC, FDLR, Abacanshuro, ingabo z’u Burundi na Wazalendo bakoze ibikorwa by’u busahuzi ahanini basahuye muri Nyanzare n’ahandi.
N’ubwo M23 ivuga ko yatewe iza kw’irwanaho, ariko k’urundi ruhande FARDC n’abambari bayo barashinja M23 kuba ari yo yabateye nabo baza kubasubiza.
Umwe mu baturage baturiye ibice bya Masisi ya bwiye Minembwe Capital News ko Mabenga na Mweso ari bice bigenzurwa na M23 kandi ko ari byo byagabwemo ibitero.
Ahamya ko FARDC n’ibisirikare bya mahanga byaje kuyifasha kurwana intambara ko aribo bagabye ibitero mu birindiro bya M23 ndetse n’ahatuwe n’abaturage benshi.
MCN.