Uganda: Perezida Museveni azongera yiyamamaze.
Umukuru w’igihugu cya Uganda Yoweli Kaguta Miseveni azongera yiyamamaze mu matora ateganyijwe kuba muri iki gihugu umwaka utaha wa 2026.
Ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 24/06/2025, ni bwo icyama kiri ku butegetsi muri Uganda cya NRM (National Resistance Movement), cya perezida Museveni cyatangaje aya makuru.
Itangazo rigenewe abanyamakuru iki cyama cyangwa ishyaka ryashyize hanze rigira riti: “Perezida Yoweli Kaguta Museveni, aziyamamaza ku nshuro ya karindwi mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka utaha.”
Ibi ntacyo nyiribwite arabivugaho, perezida Museveni, usibye aya makuru yatangajwe n’ishyaka rye rya NRM.
Aya matora avugwa biteganyijwe ko azaba mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere umwaka wa 2026.
Perezida Museveni ufite imyaka 80 y’amavuko yagiye ku butegetsi muri Uganda mu mwaka wa 1986, hari nyuma y’aho iwe n’ingabo yari ayoboye barwanye kugeza bashyizeho akadomo kanyuma ubutegetsi bwariho icyo gihe bwa Obote.
Amateka agaragaza ko Museveni atangira urugamba, yarutangizanye n’abasirikare 27 gusa. Ariko uko barwanaga ni nako bagendaga biyongera umunsi ku wundi, kandi ari nako barushaho kugwiza imbaraga.