Uko umutekano wifashe mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge.
Mu Minembwe no mu nkengero zayo bongeye kwirirwa amahoro nyuma yuko byari bizwi ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zidashobora kumara iminsi itatu zitayigabyemo ibitero.
Minembwe ni ikomine iherereye mu misozi ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ikaba ahanini ituwe n’Abanyamulenge, bitavuze ko ituwe gusa n’abo Banyamulenge haba kandi n’Abapfulero bake, Abanyindu, Abashi n’Ababembe.
Minembwe Capital News yahawe ubutumwa bwemeza ko inkengero za Minembwe na centre yayo ko ababituyemo bari amahoro.
Ubu butumwa bugira buti: “Rugezi na Minembwe ni amahoro.”
Si byo bice gusa bari amahoro kuko no mu Mikenke na Kalingi n’abo barayafite.
Kuva ku wa gatanu kugeza uyu munsi ku cyumweru nta gace na kamwe ko muri utu duce kabereyemo imirwano.
Imirwano muri utu duce iheruka mu minsi itangira iki cyumweru, aho ndetse no ku wa kane ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo byagabwe mu Mikenke, ariko bisubizwa inyuma.
Ibindi bitero bikomeye byabaye mu ntangiriro zakiriya cyumweru gishize no mu mpera zacyo, mu Rugezi na Mikenke.
Gusa, byose byagiye bisubizwa inyuma n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.
Twirwaneho yabohoje umujyi wa Minembwe tariki ya 21/02/2025, mu gihe Mikenke yo ya yifashe tariki ya 22, zuko kwezi kwa kabiri uyu mwaka.
Nyuma yabwo, uyu mutwe wa Twirwaneho ku bufatanye n’uwa M23 byafashe n’igice cya Rugezi, giherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe.
Kuva icyo gihe iyi mitwe yombi n’iyo igenzura ibi bice byose.
Uretse kuba ibi bice bigenzurwa n’iyi mitwe ibiri ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, inafasha ibi bice gukorerwamo ibikorwa by’iterambere.
Rimwe na rimwe ku wa gatandatu hakorwa imiganda, ubundi kandi abaturage babituye bafite amahoro ndetse aya mahoro abafasha gukora imirimo ibateza imbere nk’ubuhinzi, ubworozi, uburezi n’ibindi.
Hejuru y’ibyo, abaturage bishimiye Twirwaneho na M23 ku kigero kiri hejuru cyane, kuko ingabo za FARDC ubwo zagenzuraga iki gice hagati y’u mwaka wa 2017 na 2024, ibyo bikorwa byavuzwe haruguru ntibyakorwaga, hubwo nk’imyaka y’aba baturage barayibaga ubundi bakayisahura kimwe nuko bicaga abantu bakanyaga n’amatungo yabo amanini n’amato.