Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko umutekano wifashe mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 1, 2025
in Conflict & Security
0
Ibyo Ingabo z’u Burundi zahuriye nabyo mu Bijabo ntizizabyibagirwa.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko umutekano wifashe mu Minembwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge.

You might also like

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

Mu Minembwe no mu nkengero zayo bongeye kwirirwa amahoro nyuma yuko byari bizwi ko ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zidashobora kumara iminsi itatu zitayigabyemo ibitero.

Minembwe ni ikomine iherereye mu misozi ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ikaba ahanini ituwe n’Abanyamulenge, bitavuze ko ituwe gusa n’abo Banyamulenge haba kandi n’Abapfulero bake, Abanyindu, Abashi n’Ababembe.

Minembwe Capital News yahawe ubutumwa bwemeza ko inkengero za Minembwe na centre yayo ko ababituyemo bari amahoro.
Ubu butumwa bugira buti: “Rugezi na Minembwe ni amahoro.”

Si byo bice gusa bari amahoro kuko no mu Mikenke na Kalingi n’abo barayafite.

Kuva ku wa gatanu kugeza uyu munsi ku cyumweru nta gace na kamwe ko muri utu duce kabereyemo imirwano.

Imirwano muri utu duce iheruka mu minsi itangira iki cyumweru, aho ndetse no ku wa kane ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Congo byagabwe mu Mikenke, ariko bisubizwa inyuma.

Ibindi bitero bikomeye byabaye mu ntangiriro zakiriya cyumweru gishize no mu mpera zacyo, mu Rugezi na Mikenke.
Gusa, byose byagiye bisubizwa inyuma n’umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23.

Twirwaneho yabohoje umujyi wa Minembwe tariki ya 21/02/2025, mu gihe Mikenke yo ya yifashe tariki ya 22, zuko kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Nyuma yabwo, uyu mutwe wa Twirwaneho ku bufatanye n’uwa M23 byafashe n’igice cya Rugezi, giherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe.

Kuva icyo gihe iyi mitwe yombi n’iyo igenzura ibi bice byose.

Uretse kuba ibi bice bigenzurwa n’iyi mitwe ibiri ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, inafasha ibi bice gukorerwamo ibikorwa by’iterambere.

Rimwe na rimwe ku wa gatandatu hakorwa imiganda, ubundi kandi abaturage babituye bafite amahoro ndetse aya mahoro abafasha gukora imirimo ibateza imbere nk’ubuhinzi, ubworozi, uburezi n’ibindi.

Hejuru y’ibyo, abaturage bishimiye Twirwaneho na M23 ku kigero kiri hejuru cyane, kuko ingabo za FARDC ubwo zagenzuraga iki gice hagati y’u mwaka wa 2017 na 2024, ibyo bikorwa byavuzwe haruguru ntibyakorwaga, hubwo nk’imyaka y’aba baturage barayibaga ubundi bakayisahura kimwe nuko bicaga abantu bakanyaga n’amatungo yabo amanini n’amato.

Tags: MinembweUmutekano
Share33Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Leta y’i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw’igihugu.

Leta y'i Kinshasa yagaragaje ko igiye kugarura amahoro mu Burasirazuba bw'igihugu. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yatangaje ko igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo igarure amahoro...

Read moreDetails

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Impaka zadutse ku masezerano ya Doha hagati ya RDC na AFC/M23. Nyuma y'aho AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa bishyize umukono ku masezerano y'amahoro, izi mpande zombi zahise zitangira...

Read moreDetails

Imirwano ikomeye hagati y’Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y’isinywa ry’amasezerano.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Imirwano ikomeye hagati y'Ingabo za RDC na AFC/M23 nyuma y'isinywa ry'amasezerano. Nyuma y'amasaha make gusa, Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, bishyize umukono...

Read moreDetails

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.

Muri RDC Wazalendo bishe Umuyobozi. Umuyobozi w'urubyiruko rwo muri teritware ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, yishwe arashwe na barwanyi bo mu ihuriro rya Wazalendo bakorana byahafi...

Read moreDetails

Rdc iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Haratutumba intambara ikomye, nyuma y’amakuru avugwa ku ngabo zavuye i Kalemi.

RDC iracyakomeje umugambi wo kugaba ibitero ku Banyamulenge. Repubulika ya demokarasi ya Congo, nyuma y'aho ishyize umukono ku mahame ayiganisha ku masezerano y'amahoro, ikomeje umugambi wo kohereza abasirikare...

Read moreDetails
Next Post
Agezweho i Mulenge, ya nkumi yarekuwe, menya nuko umutekano wifashe muri icyo gice.

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?