Umugaba mukuru w’ingabo za M23 yavuze iby’urugamba barimo, maze agaragaza nuko abona Tshisekedi, ndetse n’icyo bagiye gukora vuba.
General Major Sultan Makenga, uyoboye igisirikare cy’umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, ukaba umaze kwigarurira ibice byinshi birimo icy’u mujyi wa Bukavu n’uwa Goma, mu Burasizuba bwa Congo, yasobanuye kuby’urugamba bahanganyemo n’ingabo za Leta, ndetse n’uburyo abona ubutegetsi bw’i Kinshasa.
Ni mukiganiro Makenga yagiranye na Alain Destexhe, wabaye senateri mu Bubiligi akaba n’umunyamabanga mukuru w’abaganga batagira umupaka (MSF).
Muri iki kiganiro Maj. Gen. Sultan Makenga, udakunze kugaragara cyane mu itangazamakuru yabajijwe impamvu yahisemo kurwana, nawe asobanura ko byatewe n’uko Leta y’i Kinshasa yashakaga ku murimburana n’ubwoko bwe bw’Abatutsi b’Abanye-Congo.
Yagize ati: “Ntabwo twari kwicara ngo tureke baturimbure tutagize icyo dukora! Biteye isoni n’agahinda kuba isi iri aha hanze yirengangiza ibi. Wewe ubwawe wiboneye Inturo muri Masisi uburyo bahatwitse gusa kuko ngo hari hatuwe n’Abatutsi. Tugomba guhangana tugatsinda urwango rushingiye ku ngengabitekerezo y’amoko tugashyira imbere ubwiyunge.”
Uyu Mubiligi, Alain Destexhe, yahise amubaza ati: “Kuki mwafashe i Goma n’i Bukavu?
Nawe asubiza ati: “Ntabwo yari imwe mu ntego zacu, ariko i Goma, FARDC n’izindi ngabo bafatanyije barasaga ibirindiro byacu n’abaturage b’abasivili twarindaga. Rero, kubyihanganira biratunanira. Hanyuma, ingabo za FARDC zishyize hamwe n’iz’Abarundi zakiraga ibikoresho bivuye i Bukavu. Twagombaga gufata i Bukavu kugira ngo dukureho iryo terabwoba. FARDC n’ubu ikomeje kutugabaho ibitero na drone ziva i Kisangani. Naho tugomba kuhashakira igisubizo kirambye.”
Alain Destexhe yamubajije kandi icyo yasobanura uburyo batsinda ingabo zibarusha ubwinshi?
Nawe ati: “Dufite impamvu yo kwirwanaho, kandi abasirikare bacu barabyiyemeje. Byongeye, nta bundi buryo dufite, ni intsinzi cyangwa tukaburirwa irengero. Bitandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahabwa umushahara . Barwana kubera ukwizera no gukunda igihugu kandi bafite ubushake.”
Yamubajije kandi niba bazitabira ibiganiro by’i Luanda, ibyo bazahuriramo na Leta y’i Kinshasa?
Sultan Makenga yahise avuga ati: “Yego, birumvikana, turashaka kuganira, gusa ariko kuri iyi nshuro tuzi uruhande rwa Angola, ariko nta kintu nakimwe twigeze twumva giturutse i Kinshasa.”
Yamubajije no kubacanshuro barwanaga ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.
Nawe asubiza ati: “Ntabwo ari ibintu byumvikana, kuva i kantaraga(i Burayi) ukaza muri Afrika kwica abaturage barengera uburenganzira bwabo. Isi yagakwiye gutangara, ariko ikigaragara ntabwo ariko bimeze.”
Yamubajije kandi no kubasirikare ba Leta y’i Kinshasa bakicyihishe mu birindiro by’ingabo za Monusco?
Makenga ati: “Monusco yatubwiye abasirikare bagera ku 2000 ba Leta y’i Kinshasa nyuma yo gutsindwa. Uyu munsi bavuga 1.200. Abandi 800 barihe? FARDC, Wazalendo na FDLR, nibo soko y’umutekano muke muri uyu mujyi.”
Destexhe yamubajije uko byagenze mu bitaro bya Heal Afrika, aho ingabo zabo zashinjwe gushimuta abantu bakomeretse?
Makenga ati: “Abahoze muri FARDC bigiraga abarwayi cyangwa bakigira abaganga. Twahasanze imbunda zigera ku 14. Abakozi b’ibitaro ni bo babitumenyesheje. Twavanyemo abatari bakeneye kuguma mu bitaro. Hari abasirikare ba Fardc bakomeretse bari mu bitaro bitandukanye mu mujyi, kandi abo ntacyo tubashakaho. Nawe ibyo wabyigenzurira.”
Amubajije icyo atekereza kuri perezida Felix Tshisekedi? Makenga yashubije ko ‘nta rukundo agirira igihugu cye.”
