• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umugaba mukuru w’ingabo za M23 yavuze iby’urugamba barimo, maze agaragaza nuko abona Tshisekedi, ndetse n’icyo bagiye gukora vuba.

minebwenews by minebwenews
March 14, 2025
in Regional Politics
0
M23 yungutse amaboko mashya ihita yizeza abayikunda gukomeza urugamba rwo kubohora RDC.
106
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugaba mukuru w’ingabo za M23 yavuze iby’urugamba barimo, maze agaragaza nuko abona Tshisekedi, ndetse n’icyo bagiye gukora vuba.

You might also like

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

General Major Sultan Makenga, uyoboye igisirikare cy’umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa, ukaba umaze kwigarurira ibice byinshi birimo icy’u mujyi wa Bukavu n’uwa Goma, mu Burasizuba bwa Congo, yasobanuye kuby’urugamba bahanganyemo n’ingabo za Leta, ndetse n’uburyo abona ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Ni mukiganiro Makenga yagiranye na Alain Destexhe, wabaye senateri mu Bubiligi akaba n’umunyamabanga mukuru w’abaganga batagira umupaka (MSF).

Muri iki kiganiro Maj. Gen. Sultan Makenga, udakunze kugaragara cyane mu itangazamakuru yabajijwe impamvu yahisemo kurwana, nawe asobanura ko byatewe n’uko Leta y’i Kinshasa yashakaga ku murimburana n’ubwoko bwe bw’Abatutsi b’Abanye-Congo.

Yagize ati: “Ntabwo twari kwicara ngo tureke baturimbure tutagize icyo dukora! Biteye isoni n’agahinda kuba isi iri aha hanze yirengangiza ibi. Wewe ubwawe wiboneye Inturo muri Masisi uburyo bahatwitse gusa kuko ngo hari hatuwe n’Abatutsi. Tugomba guhangana tugatsinda urwango rushingiye ku ngengabitekerezo y’amoko tugashyira imbere ubwiyunge.”

Uyu Mubiligi, Alain Destexhe, yahise amubaza ati: “Kuki mwafashe i Goma n’i Bukavu?

Nawe asubiza ati: “Ntabwo yari imwe mu ntego zacu, ariko i Goma, FARDC n’izindi ngabo bafatanyije barasaga ibirindiro byacu n’abaturage b’abasivili twarindaga. Rero, kubyihanganira biratunanira. Hanyuma, ingabo za FARDC zishyize hamwe n’iz’Abarundi zakiraga ibikoresho bivuye i Bukavu. Twagombaga gufata i Bukavu kugira ngo dukureho iryo terabwoba. FARDC n’ubu ikomeje kutugabaho ibitero na drone ziva i Kisangani. Naho tugomba kuhashakira igisubizo kirambye.”

Alain Destexhe yamubajije kandi icyo yasobanura uburyo batsinda ingabo zibarusha ubwinshi?

Nawe ati: “Dufite impamvu yo kwirwanaho, kandi abasirikare bacu barabyiyemeje. Byongeye, nta bundi buryo dufite, ni intsinzi cyangwa tukaburirwa irengero. Bitandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahabwa umushahara . Barwana kubera ukwizera no gukunda igihugu kandi bafite ubushake.”

Yamubajije kandi niba bazitabira ibiganiro by’i Luanda, ibyo bazahuriramo na Leta y’i Kinshasa?

Sultan Makenga yahise avuga ati: “Yego, birumvikana, turashaka kuganira, gusa ariko kuri iyi nshuro tuzi uruhande rwa Angola, ariko nta kintu nakimwe twigeze twumva giturutse i Kinshasa.”

Yamubajije no kubacanshuro barwanaga ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Nawe asubiza ati: “Ntabwo ari ibintu byumvikana, kuva i kantaraga(i Burayi) ukaza muri Afrika kwica abaturage barengera uburenganzira bwabo. Isi yagakwiye gutangara, ariko ikigaragara ntabwo ariko bimeze.”

Yamubajije kandi no kubasirikare ba Leta y’i Kinshasa bakicyihishe mu birindiro by’ingabo za Monusco?

Makenga ati: “Monusco yatubwiye abasirikare bagera ku 2000 ba Leta y’i Kinshasa nyuma yo gutsindwa. Uyu munsi bavuga 1.200. Abandi 800 barihe? FARDC, Wazalendo na FDLR, nibo soko y’umutekano muke muri uyu mujyi.”

Destexhe yamubajije uko byagenze mu bitaro bya Heal Afrika, aho ingabo zabo zashinjwe gushimuta abantu bakomeretse?

Makenga ati: “Abahoze muri FARDC bigiraga abarwayi cyangwa bakigira abaganga. Twahasanze imbunda zigera ku 14. Abakozi b’ibitaro ni bo babitumenyesheje. Twavanyemo abatari bakeneye kuguma mu bitaro. Hari abasirikare ba Fardc bakomeretse bari mu bitaro bitandukanye mu mujyi, kandi abo ntacyo tubashakaho. Nawe ibyo wabyigenzurira.”

Amubajije icyo atekereza kuri perezida Felix Tshisekedi? Makenga yashubije ko ‘nta rukundo agirira igihugu cye.”

Tags: Leta ya CongoM23urugamba
Share42Tweet27Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails
Next Post
Abasirikare bakuru ba FARDC bahunze m23 mu Burasizuba bwa Congo, binjiye mu muriro w’urubanza.

Abasirikare bakuru ba FARDC bahunze m23 mu Burasizuba bwa Congo, binjiye mu muriro w'urubanza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?