Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby’iyo myenda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 17, 2024
in Regional Politics
1
Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby’iyo myenda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yishyuje Amerika imyenda ifitiye igihugu cye, anasobanura birambuye iby’iyo myenda.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni umwenda ungana na miliyari 100, Gen Kainarugaba Muhoozi yishyuje igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yari ibereyemo iki gihugu cya Uganda.

Kainarugaba Muhoozi, umusirikare uvuga rikijana muri leta ya Uganda, abinyujije kurukuta rwa x, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16/08/2024, yatangaje ko “Amerika ifitiye Uganda ideni byibuze miliyari 100 z’amadolari y’akazi ingabo za Uganda zakoze muri Somalia.”

Ati : “Twakoze neza cyane kurusha abantu bo muri Ukraine, rero, dutegereje ko Amerika itwishyura.”

Gen Kainarugaba Muhoozi avuga ko iri deni yishyuza leta Zunze Ubumwe z’Amerika ringana n’agaciro k’ubutumwa bw’amahoro ingabo za Uganda bakoze muri Somalia.

Ingabo za mahanga zatangiye gukorera muri Somalia kuva mu kwezi kwa Kane umwaka w’ 1992, nyuma y’umwaka intambara itutumbye muri iki gihugu biturutse ku makimbirane yari hagati y’ubutegetsi bwa Mohammed Said Barre n’abamurwanyaga.

Umutwe w’ingabo z’amahanga wabanje gukorera muri Somalia ni uwari mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye witwaga UNISOM I, waje gusimburwa na UNITAF(Unified Task Force) mu mpera z’u mwaka w’ 1992.

Ubutumwa bwa UNITAF bwayoborwaga na Amerika kandi yari yarasezeranije ibihugu 24 byari bifitemo abasirikare ko izajya yirengera ikiguzi cy’ibyo bazajya bakenera byose.

UNITAF yaje gusimburwa n’ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye bwa Kabiri (UNISOM ll) mu 1993, bwari bugamije ahanini kongera kubaka Somalia yari imaze imyaka ibiri izahajwe n’intambara.

Bigaragara ko Gen Kainarugaba Muhoozi yishyuje Amerika ibyo n’ubundi yari yaremeye ariko ntiyabikora. Mu bihugu byari bifite ingabo zayo muri Somalia icyo gihe, Uganda nayo yaribirimo.

Muhoozi kandi yasabye leta Zunze Ubumwe z’Amerika kwishyura iryo deni vuba, avuga ko bikwiye kunyuzwa muri gahunda izwi nka AGOA.

Mu butumwa bwa Gen Muhoozi bwagarutse nanone kandi ku cyemezo Amerika iherutse gufatira Uganda cyo ku yikura mu bihugu byo mu karere ka Afrika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara cya kumiriwe ku misoro ku bicuruzwa byohereza i Washington DC binyuze muri Gahunda ya AGOA.

Amerika ubwo yafataga iki cyemezo mu kwezi kwa mbere mu 2024, yasobanuye ko yabikoze kubera ko Uganda ihohotera abaryamana bahuje ibitsina, biturutse ku itegeko rihana aba bantu ryashizweho umukono na perezida Yoweli Kaguta Museveni mu 2023.

Yanaboneyeho kandi gutangaza ko muri Afrika bagize abantu basobanutse mbere y’ibihugu byo mu Burayi n’Amerika, atanga urugero ku buryo batigeze bahohotera abaryamana bahuje ibitsina mu myaka myinshi babanye na bo.

Yagize ati: “Fatira urugero kuri iki kibazo gito cy’abaryamana bahuje ibitsina. Afrika yabagize igihe kinini, mbere cyane y’uburengerazuba. Ntabwo twigeze tubica cyangwa ngo tubakandamize . Kuri Amerika, igihugu nkunda cyane, gukura Uganda muri AGOA kubera iki kintu kitari ikibazo ni icyaha. Ibyo dushaka bikwiye kubahirizwa.”

Yanavuze kandi ko Amerika ikwiye gusaba imbabazi Uganda kubera iki cyemezo yafashe cyo kuyikura muri iyi gahunda ya AGOA.

Gen Kainarugaba Muhoozi, yavuze ko ikibazo cya AGOA nikimara gukemuka kwari bwo Uganda izaganira n’Amerika ku basirikare b’iki gihugu cya Uganda bapfiriye muri Somalia.

           MCN.
Tags: Kainarugaba MuhooziUgandaYishyuje Amerika imyenda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe amakuru y’abapolisi ba RDC bari barahungiye muri Uganda uko bacyuwe.

Havuzwe amakuru y'abapolisi ba RDC bari barahungiye muri Uganda uko bacyuwe.

Comments 1

  1. Elite Centre says:
    11 months ago

    Good way for other countries to follow

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?