Umukuru w’igihugu cya Kenya yagize icyo avuga ku myigaragambyo irimo gukorwa mu gihugu cye.
Perezida wa Kenya William Ruto, yavuze ko atumva impamvu abari mu gukora imyigaragambyo yo kumusaba kwegura bashaka ndetse n’aho bifuza ko ajya.
Ibi Ruto yabigarutseho mu mpera z’iki cyumweru, ni mu gihe imyigaragambyo yari imaze iminsi ibera hirya no hino i Nairobi n’ahandi muri Kenya.
Abaturage bakoze iyi myigaragambyo bagiye bumvikana bavuga bati: “Ruto agomba kugenda.”
Muri ubwo buryo perezida Ruto yabaganeye ubutumwa, kandi abwira abayikoze ko yabakurikiranye cyane ariko atazi neza icyo bashaka.
Yagize ati: “Abigaragambyaga narabakurikiranye, barimo bavuga ibintu bitatu, bavuze ko bakunda Kenya ariko banga abayobozi babo, bavuze na none ibijyanye na manda imwe, ndetse banavuga ko Ruto agomba kugenda. Ibyo ni ibintu numvise.”
Aha yahise ababwira ati: “Niba koko mukunda Kenya by’ukuri nk’uko mubivuga, mwitwika igihugu cyanyu.”
Yakomeje avuga ko atumva uko aba bantu bashaka ko agenda n’aho akwiye kujya.
Ati: “Niba nanone ari ukuvuga ngo Ruto agomba kugenda, mumbwire uko mushaka ko ngenda, mureke twibaze ukuri, muba mushaka kuvuga iki? Iyo muvuga ngo Ruto agomba kugenda, gute nagenda ?”
Yanabagiye inama ababwira ko abashaka ko agenda bakwiye kubikora binyuze mu matora, bakumvisha abaturage ba Kenya ko bafite ibisubizo byiza biruta ibyo yabahaye.
Ibi yabivuze mu gihe habaye imyigaragambyo yabiganjemo urubyiruko, bayikoze bashaka ko yegura , aho bagaragazaga ibibazo bitandukanye byugarije iki gihugu cya Kenya.
Ni myigaragambyo yakozwe mu kwizihiza umwaka umwe ushize habaye indi myigaragambyo nayo yari yabayemo urubyiruko yatewe n’umushinga w’itegeko nshinga wo kuzamura imisoro.
Byanatumye Ruto ahagarika uyu mushinga w’itegeko nshinga nyuma yuko yari yokejwe igitutu.