Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umusirikare wa Fardc wari werekeje mu Bibogobogo aturutse i Uvira, yahuye na kaga gakomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 18, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.
134
SHARES
3.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umusirikare wa Fardc wari werekeje mu Bibogobogo aturutse i Uvira, yahuye na kaga gakomeye.

You might also like

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, uwari woherejwe gukorera mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yakubiswe na Wazalendo yamburwa n’ibyo yarafite birimo n’imbunda azira ururimi avuga rw’ikinyarwanda, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ni Colonel Karateka, ukomoka muri Kivu y’Amajyaruguru, uvuga ururimi rw’ikinyarwanda ni we wakubiswe ahinduka intere kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/03/2025.

Wazalendo bamufatiye mu Lweba ubwo yazamukaga mu Bibogobogo aturutse i Uvira, bahita batangira ku mukubita bamuhindura intere, nyuma yo kumukubita abaturage bamwohereje ku kigo gikuru cy’ibitato by’i Baraka kugira ngo yitabweho n’abaganga. Kuri ubu akaba arimo kuvurirwa kuri ibyo bitaro bikuru by’i Baraka muri Fizi, nk’uko iyi nkuru ikomeza ibivuga.

Usibye ku mukubita bakamuhindura inguma, Minembwe Capital News yamenye kandi ko bamwambuye n’imbunda nto izwi nka Pisito, ijanwa n’abasirikare bakuru.

Ubuhamya dukesha abaturiye ibyo bice bugira buti: “Col.Karateka, yageze mu Lweba, Wazalendo bahita bamufata batangira ku mukubita, bamwambura n’ibyo yarafite byose. Mu byo bamwambuye birimo imbunda n’amafranga ndetse n’umukandara wa gisirikare.”

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko uyu musirikare yari afite umurinzi umwe, ariko ko uwo murinzi ntacyo Wazalendo bamutwaye kuko we yavugaga ururimi rutari urw’ikinyarwanda.

Bigasobanurwa ko yari yoherejwe mu Bibogobogo kuyobora abasirikare baherutse kuhatumwa, abahgeze baturutse i Baraka no mu bindi bice byo muri teritware ya Fizi.

Kuza kw’aba basirikare muri Bibogobogo byari mu rwego rwo kunganira i batayo yari hasanzwe iyobowe na Colonel Ntagawa Rubaba.

Hagataho, Ururimi rw’ikinyarwanda muri RDC, rukomeje kubera abayituye ikibazo, haba abakorera leta y’iki gihugu ndetse n’abaturage basanzwe.

Abaruvuga bagenda bicirwa hirya no hino muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, ni mu gihe hari abiciwe i Goma mu mwaka ushize nka Captain Gisore Rukatura Kabongo, abandi barimo major Joseph Kaminzobe bicirwa n’abo aha mu Lweba mu mwaka wa 2021, harimo n’abandi b’abasivili biciwe i Salamabila n’ahandi.

Ku rundi ruhande, amahanga akomeje kurebera ibiba kubavuga urwo ririmi rw’ikinyarwanda, barayatakira ahokubumva akavunira ibiti mu matwi.

Tags: akagaBibogobogoFardcKaratekaLweba
Share54Tweet34Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Icyo minisitiri Nduhungirehe yavuze ku biganiro biri kubera i Doha bihuza RDC na AFC/M23.

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ntambwe imaze guterwa hagati ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Leta y'u Rwanda yatangaje ko yishimiye isinywa ry'inyandiko y'amahame y'ibanze ngenderwaho aganisha...

Read moreDetails
Next Post
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.

Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?