Umutwe wa Islamic State wigambye gukora igitero ku bantu barimo gusenga.
Umutwe w’iterabwoba wa Islamic State ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, wigambye kuba ari wo wagabye igitero ku basivili mu gace ka komanda mu ntara ya Ituri.
Iki gitero cyaguyemo abantu 45 barimo basenga muri Ekeleziya gatolika iherereye Komanda.
Amakuru avuga ko Islamic State mukubica yarikumwe n’umutwe wa Alliance Democratic Forces(ADF) bikorana byahafi.
Mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru tariki ya 27/07/2025, ni bwo iki gitero cyakozwe.
Ibi byagaragaje ko umutwe wa ADF ugifite ubushobozi bwo kugira nabi muri turiya duce nubwo turimo abasirikare ba FARDC.
Kimwecyo, Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyo cyasobanuye ko iki gitero cyashobotse kubera ko hari bamwe mu baturage ba komanda bagiye bafasha uyu mutwe wa ADF.
Kuva mu 2012 ingabo RDC n’iza Uganda zifatanyije mu bitero byo guhiga umutwe wa ADF mu ntara ya Ituri ihana imbibi na Uganda. Ariko nk’uko bigaragara nuko zitarawuhashya.
Umwe mu bapdiri bari aho biciye abantu yavuze ko “bakanguwe kubera bumvise amasasu ndetse kandi ko babonye n’amazu arimo gushya igihe cya saa saba z’ijoro kugeza saa kumi z’igitondo.”
Yakomeje avuga ko nyuma y’igitero ni bwo babonye ko bakoze ubwicanyi muri kiliziya gatolika. Avuga ko bobonye abagabo bitwaje imbunda n’imipanga bica abagore n’abagabo ndetse n’abana batandu.
Amerika ibinyujije kuri minisitiri wayo w’ubanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko Islamic State yigabye iki gitero kandi wigamba n’ibindi bikorwa na ADF kuva Islamic State yakwemera ADF nk’umwe mu mitwe iyigize.
Nubwo uyu mutwe uvuga ko ukomoka muri Uganda, ariko ibikorwa byawo byibasira Abanye-Congo kurusha aba Uganda.
Gushyingura abishwe byabaye ku wa mbere ejo hashize.