Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa wagize icyo uvuga ku myanzuro yafatiwe i Luanda.
Ni bikubiye mu itangazo ryashizweho hanze n’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Kane tariki ya 01/08/2024.
Itangazo riteweho umukono na Lawrence Kanyuka ritangira rivuga ko M23 yakurikiranye ibiganiro byabereye i Luanda mu gihugu cya Angola bigamije gushaka amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC, byahuje leta ya Kinshasa n’iya Kigali.
Ibi biganiro bikaba byaratangiye ku ya 30/07/2024, muribyo biganiro u Rwanda, Congo na Angola, bemezanya ko impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa RDC, zihagarika imirwano guhera tariki ya 04/08/2024.
Iri tangazo rya M23 rigakomeza rivuga ko “uyu mutwe wa M23 wifuza gushimira abagize uruhare bose mu kugera kuri uyu mwanzuro unyuze mu mahoro ku bibazo byinshi biri mu Burasirazuba bwa RDC.
M23 turifuza gushimangira ko atari itegeko ko turebwa n’ibyemezo byafatiwe mu nama izo ari zo zose mu gihe tuba tutazitabiriye.”
Muri iri tangazo, M23 yakomeje isobanura ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwagiye bukoresha umwanya wo guhagarika intambara mu kwisuganya no gukomeza ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa bamwe mu Banye-kongo bazizwa ubwoko bwabo, ndetse no kugaba ibitero ku nzirakarengane ndetse n’abaharanira uburenganzira bwabo natwe turimo.”
Uyu mutwe waboneyeho kwibutsa ko tariki ya 07/10/2023, wubaharije umwanzuro wo guhagarika intambara mu rwego rwo kugira ngo amahoro agaruke, ariko ko icyo gihe bitabujije uruhande bahanganye ku wugabaho ibitero, bigatuma rwo rwinaho no kurwana ku baturage bugarijwe.
Lawrence Kanyuka yagize kandi ati: “AFC/M23 yiteguye kugendera mu nzira nziza y’impinduka mu gihe uruhande rw’ubufatanye bwa Guverinoma ya Kinshasa bwokubaha.”
Yanasoje avuga ko inzira yonyine yagarura amahoro, ari ibiganiro bya politiki byawuhuza imbonankubone na Guverinoma ya Kinshasa ari na yo iri inyuma y’ibibazo byose bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokoarasi ya Congo.
MCN.