Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yatangaje iki giye gukurikiraho nyuma y’uko ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, zishe abasivile.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 26, 2024
in Regional Politics
0
Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yatangaje iki giye gukurikiraho nyuma y’uko ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, zishe abasivile.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yahishuye ibyo M23 igiye gukora nyuma yuko ihuriro ry’ingabo zirwana k’uruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, bishe abasivile muri Mweso, ho muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni k’u wa Kane, tariki ya 25/01/2024, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, zarashe ibisasu muri Mweso, bisiga bihitanye abasivile barimo abana n’abagore ndetse n’abagabo.

Lt Col Willy Ngoma, ubwo yatangaga ikiganiro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26/01/2024, kuri channel ya Bwiza Tv, yahishuye iki giye gukurikiraho nyuma y’uko bariya basivile bishwe.

Willy Ngoma, yagize ati: “M23 igiye gukora ibishoboka byose kugira iriya mbunda yakoreshejwe mu kwica abasivile ifatwe . Nta bwo tuzihanganira abakomeza kuduhekurira abasirivile bo mu gihugu cyacu, oya.”

Lt Col Willy Ngoma, yavuze ibi, mu gihe umutwe M23 wasohoye itangazo rya magana ubwo bwicanyi bwa korewe Abasivile muri Mweso, n’itangazo ryashizwe ho umukono n’u muvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka.

Mur’iryo tangazo bagize bati: “Nyuma y’iki gitero hagaragaye ibi babaje, aho imirambo y’impinja, iy’abagore n’abagabo, yari iri ku mabaraza. Inzu, insengero n’amashuri byasenyutse.”

Itangazo rya M23 rigaragaza n’imibare yabaguye muri icyo gitero, rivuga ko “hishwe abasivile 20, abandi 17 barakomereka ndetse n’abandi benshi bava mu byabo.”

Itangazo rya M23 rishimangira rigira riti: “Bimaze ku garagara ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwa maze kunanirwa n’urugamba, bananiwe guhangana na M23, none abarwanyi babwo bahinduye ingendo bari kwica abasivile.”

Itangazo rikomeza rivuga ko M23 itahwemye kumenyesha imiryango Mpuzamahanga ubu bwicanyi bukorerwa abasivile kandi bakicwa n’ingabo za leta ya Kinshasa.

M23 ivuga ko ibi byose ari perezida Félix Tshisekedi ubiri inyuma, bityo ko akwiye kuryozwa ubu bwicanyi akorera Abaturage.

Basoje bavuga ko M23 ifite inshingano zo kurinda umutekano wa baturage ko kandi batazakomeza kurebera ibi byaha bikomeje kwisubiraho.

M23 ivuga kandi ko kiriya gitero ko ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, zagikoze bakoresheje imbunda zirimo intwaro yo mu bwoko bwa Katiusha irasa kure ndetse n’indege zitagira abapilote zizwi nka drone.

Bruce Bahanda.

Tags: Lt Col Willy NgomaMwesoUmuvugizi wa M23 mu bya gisirikare
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Ibindi wa menya ku gitabo cya nditswe na Joseph Kabila Kabange, ndetse nibyo Senateri Francine Muyumba asaba ishyaka rya Udps .

Ibindi wa menya ku gitabo cya nditswe na Joseph Kabila Kabange, ndetse nibyo Senateri Francine Muyumba asaba ishyaka rya Udps .

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?