Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.
Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi wa Goma kuganira n’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.
Aya makuru avuga ko Bintou Keita ko “azagera i Goma kuri uyu wa kane tariki ya 12/06/2025,” aho azagirana ibiganiro n’abayobozi ba AFC/M23.
Bintou Keita utegerejwe i Goma ahahoze hari icyicaro cya Monusco, kikaza kwimurwa ubwo M23 yari yegereje gufata uyu mujyi wa Goma mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.
Uyu Bintou Keita yagiye yumvikana cyane ashinja uyu mutwe wa M23 guhonyora ubwisanzure bwa muntu no kubangamira ibikorwa by’ubutabazi.
Uru ruzinduko rwe i Goma mu Burasizuba bwa Congo, rugamije kubaza amakuru ku mpinduka zagezweho n’ingaruka z’intambara zageze ku baturage, kugira ngo azabone ibyo ashyikiriza akanama ka UN gashinzwe umutekano n’amahoro mu nama yako iteganyijwe kuba tariki ya 27/06/2025.
Bintou Keita, kuza kwe i Goma, benshi mu basesenguzi babona ko AFC/M23 ari ikimenyetso ko iri huriro rifite umwanya ukomeye mu byatuma RDC yongera kubona amahoro.
Monusco, yagiye igaragaza umuhate munini wo gufasha igisirikare cya RDC, mu bikorwa byose, byaba ibyo kurugamba no guha izi ngabo za RDC imyitozo ya gisirikare, ndetse no kuzifasha gushaka amakuru.
Nyamara umutekano uri Goma no mu bindi bice bigenzurwa n’iri huriro rya AFC/M23, uruta kure uwahahoze n’uri mu bindi bice bikigenzurwa n’uruhande rwa Leta ya Congo.
AFC/M23 nyuma yo gufata ibice igenzura yahise ishyiraho abayobozi b’imijyi, ba Bourgmestre ndetse kandi ishyiraho na ba guverineri n’abandi bayobozi batandukanye.