Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umwe mu bayobozi bo muri M23 yagize icya bwira Lt Gen Masunzu watumwe mu gace barwaniramo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
December 22, 2024
in Regional Politics
0
Umwe mu bayobozi bo muri M23 yagize icya bwira Lt Gen Masunzu watumwe mu gace barwaniramo.
167
SHARES
4.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwe mu bayobozi bo muri M23 yagize icya bwira Lt Gen Masunzu watumwe mu gace barwaniramo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni Benjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga nshinga bikorwa w’umutwe wa M23, yageneye ubutumwa Lt Gen Pacifique Masunzu washinzwe guhangana n’uyu mutwe ko ari kujya ikuzimu, ngo kuko adafite ubushobozi bwo guhagarika umuvuduko w’ingabo zo muri uwo mutwe.

Ubu butumwa yabutanze nyuma y’aho Masunzu ahawe inshingano zokuyobora ibikorwa bya FARDC mu ntara zirimo izo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, M23 irwaniramo.

N’inshingano yahawe na perezida Félix Tshisekedi Tshilombo ku wa kane tariki ya 19/12/2024. Abenshi bavuga ko impamvu Masunzu yahawe ziriya nshingano, ngo nuko asanzwe aziranye cyane n’abayobozi ba M23 kuko babanye igihe kinini, ikindi kandi azi neza uduce uyu mutwe urwaniramo ku buryo biri mubizamufasha kuwurwanya.

Aha rero niho bwana Mbonimpa yagize ati: “Ari ku manuka ajya ikuzimu. Ni uwa uwanyuma ukomoka mu badakunzwe ugiye kwikizwa na FARDC. Nyuma yo kumuha izi nshingano, inzira yo kubigeraho irafunguye hanyuma akajugunywa aho nta wuzigera amwibuka.”

Yunzemo kandi ati: “Impamvu ni uko atazigera ashobora kugabanya umuvuduko wo kwigarurira uduce M23 yafashe. Abongereza baravuga bati ‘tegereza uzabibona’.”

Uyu Gen Pacifique Masunzu washinzwe kuyobora zone ya gatatu, yari asanzwe ayoboye iya kabiri; avuka mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu bwoko bw’Abanyamulenge. Gusa abenshi mu bo avukamo ntibamwiyumvamo, kuko bamushinja kubagambanira muri Leta ya perezida Félix Tshisekedi.

Bikaba ari nabyo baheraho bavuga ko biri mu mpamvu Leta ikunze kumuha imyamya ikomeye, kuko agambanira benewabo.

Tags: IkuzimuM23Masunzu
Share67Tweet42Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yahangayikishijwe n’ibibunda bya Pakistani.

Amerika yahangayikishijwe n'ibibunda bya Pakistani.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?