• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.

minebwenews by minebwenews
January 31, 2025
in World News
0
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.
105
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubanye n’amahanga y’u Rwanda, James Kabarebe, yasubije Maomela Motau wahoze ari umuyobozi w’ubutasi muri Afrika y’Epfo uheruka gutangaza ko u Rwanda ari rwo shingiro ry’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro uyu muyobozi wo muri Afrika y’Epfo, Motau aheruka kugirana na televisiyo y’igihugu cya Afrika y’Epfo (SABC), yagaragaje ko u Rwanda ari rwo shingiro ry’amakimbirane amaze imyaka abera ku butaka bwa RDC ngo nubwo rugize igihe rubihakana.

Ibyatumye Kabarebe w’u Rwanda amusubiza avuga ko “uyu mugabo ari umwe mu bantu bahigwa bukware ndetse akaba yaranagize uruhare rukomeye mu gushyigikira abatavuga rumwe n’u Rwanda baba muri Afrika y’Epfo ubwo yari umuyobozi w’ubutasi.

Bwana Kabarebe yavuze ko imitekerereze nk’iyo iciriritse ya Motau ari yo yihishe inyuma y’iyoherezwa ry’ingabo za Afrika y’Epfo kujya kurwana muri Congo zikifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR ndetse n’abacanshuro b’Abanyaburayi. Uwo mutwe wa FDLR na Wazalendo bakaba bashinjwa kwica abasivile b’Abatutsi mu Ntara ya Kivu Yaruguru n’iy’Epfo no mu bindi bice byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.

Mbere y’uko Kabarebe asubiza Mutao wahoze ari umuyobozi w’ubutasi muri Afrika y’Epfo, perezida w’u Rwanda Paul Kagame yari yabeshuje perezida w’iki gihugu cya Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, anagaragaza ibyo bibanzeho mu biganiro bibiri bagiranye muri iki Cyumweru.

Kagame ashingiye ku butumwa perezida Ramaphosa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yunamira abasirikare 13 b’iki gihugu cye baguye mu ntambara iheruka kubera i Goma muri RDC, aho yavuze ko ingabo z’u Rwanda ari umutwe witwaje intwaro.

Perezida Kagame yavuze ko ibyavuzwe n’ibitangaza makuru byo muri Afrika y’Epfo ku biganiro bagiranye, bihabanye n’ukuri kw’ibyo baganiriye, byuzuye ubushotoranyi ndetse n’ibinyoma byambaye ubusa.

Yagize ati: “Niba amagambo ashobora guhinduka bene aka kageni akava mu biganiro akaba imbwirwaruhame, bivuze byinshi ku buryo ibi bibazo bikomeye birimo gukemurwa.”

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yanahereye aha akosora perezida Ramaphosa uwo avuga ko yatangaje ibinyoma.

Kagame ati: “Ingabo z’u Rwanda ni ingabo z’igihugu, si umutwe witwaje imbunda. Ikindi SAMIDRC si ingabo ziharanira amahoro, kandi nta mwanya zifite muri iki kibazo.”

Perezida w’u Rwanda yasobanuye kandi ko izo ngabo za SAMIDRC zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’Amajy’epfo (SADC) ngo zifasha Guverinoma ya Kinshasa mu mirwano ihanganyemo n’abaturage bayo ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo iy’abajenosideri nka FDLR.

Kagame kandi yavuze ko abasirikare ba SAMIDRC babanje kwirukana ingabo zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EACRF) mu butumwa bw’amahoro, bigakoma mu nkokora inzira y’ibiganiro byari birimbanyije.

Usibye n’ibyo, perezida w’u Rwanda yanavuze kandi ko Ramaphosa muri ibyo biganiro bagiranye, yari yamuhamirije ko M23 atari yo yishe abasirikare baturutse muri Afrika y’Epfo, ahubwo ko ingabo za FARDC ari zo zabikoze.

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze ko niba Afrika y’Epfo ishaka gutanga umusanzu mu gushaka ibisubizo by’amahoro ari byiza cyane, ariko ngo ikwiye kuzirikana ko itari mu mwanya wo gufata inshingano zo kubungabunga amahoro cyangwa kuba umuhuza.

Yanaboneyeho no kuvuga ko niba Afrika y’Epfo ikeneye intambara kubera ubushotoranyi bwayo, u Rwanda rwiteguye guhangana n’icyo kibazo isaha n’isaha.

Impuguke mu bya politiki bakomeje kwibaza ukuntu igihugu cya Afrika y’Epfo cyagiye kwijandika mu ntambara ihuje abanyagihugu, gihanganye n’uruhare rurwanira uburenganzira bw’abaturage bakandamijwe igihe kinini.

Abasirikare ba Afrika y’Epfo baguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23, Wazalendo n’abacanshuro, mu bihe bitandukanye uhereye bakigera muri iki gihugu no mu cyumweru gishize.

Tags: Afrika y'EpfoRwandaUmwuka mubi hagati
Share42Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.

M23 ikomeje gukora amateka nyuma y'uko ifashe utundi duce muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?