• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, May 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.

minebwenews by minebwenews
January 31, 2025
in World News
0
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.
105
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Afrika y’Epfo urikugenda urushaho gufata indi ntera.

You might also like

President Trump and Pope Leo XIV Renew Sharp War of Words, Sparking Global Debate

Perezida Trump na Pope Leo XIV Bongeye Guterana Amagambo Akomeye, Bikomeza Guteza Impaka ku Isi

Umwuka Mubi hagati ya Amerika na Iran Wongeye Gufata Indi Ntera

Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubanye n’amahanga y’u Rwanda, James Kabarebe, yasubije Maomela Motau wahoze ari umuyobozi w’ubutasi muri Afrika y’Epfo uheruka gutangaza ko u Rwanda ari rwo shingiro ry’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro uyu muyobozi wo muri Afrika y’Epfo, Motau aheruka kugirana na televisiyo y’igihugu cya Afrika y’Epfo (SABC), yagaragaje ko u Rwanda ari rwo shingiro ry’amakimbirane amaze imyaka abera ku butaka bwa RDC ngo nubwo rugize igihe rubihakana.

Ibyatumye Kabarebe w’u Rwanda amusubiza avuga ko “uyu mugabo ari umwe mu bantu bahigwa bukware ndetse akaba yaranagize uruhare rukomeye mu gushyigikira abatavuga rumwe n’u Rwanda baba muri Afrika y’Epfo ubwo yari umuyobozi w’ubutasi.

Bwana Kabarebe yavuze ko imitekerereze nk’iyo iciriritse ya Motau ari yo yihishe inyuma y’iyoherezwa ry’ingabo za Afrika y’Epfo kujya kurwana muri Congo zikifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR ndetse n’abacanshuro b’Abanyaburayi. Uwo mutwe wa FDLR na Wazalendo bakaba bashinjwa kwica abasivile b’Abatutsi mu Ntara ya Kivu Yaruguru n’iy’Epfo no mu bindi bice byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.

Mbere y’uko Kabarebe asubiza Mutao wahoze ari umuyobozi w’ubutasi muri Afrika y’Epfo, perezida w’u Rwanda Paul Kagame yari yabeshuje perezida w’iki gihugu cya Afrika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, anagaragaza ibyo bibanzeho mu biganiro bibiri bagiranye muri iki Cyumweru.

Kagame ashingiye ku butumwa perezida Ramaphosa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yunamira abasirikare 13 b’iki gihugu cye baguye mu ntambara iheruka kubera i Goma muri RDC, aho yavuze ko ingabo z’u Rwanda ari umutwe witwaje intwaro.

Perezida Kagame yavuze ko ibyavuzwe n’ibitangaza makuru byo muri Afrika y’Epfo ku biganiro bagiranye, bihabanye n’ukuri kw’ibyo baganiriye, byuzuye ubushotoranyi ndetse n’ibinyoma byambaye ubusa.

Yagize ati: “Niba amagambo ashobora guhinduka bene aka kageni akava mu biganiro akaba imbwirwaruhame, bivuze byinshi ku buryo ibi bibazo bikomeye birimo gukemurwa.”

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda, yanahereye aha akosora perezida Ramaphosa uwo avuga ko yatangaje ibinyoma.

Kagame ati: “Ingabo z’u Rwanda ni ingabo z’igihugu, si umutwe witwaje imbunda. Ikindi SAMIDRC si ingabo ziharanira amahoro, kandi nta mwanya zifite muri iki kibazo.”

Perezida w’u Rwanda yasobanuye kandi ko izo ngabo za SAMIDRC zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’Amajy’epfo (SADC) ngo zifasha Guverinoma ya Kinshasa mu mirwano ihanganyemo n’abaturage bayo ifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo iy’abajenosideri nka FDLR.

Kagame kandi yavuze ko abasirikare ba SAMIDRC babanje kwirukana ingabo zoherejwe n’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EACRF) mu butumwa bw’amahoro, bigakoma mu nkokora inzira y’ibiganiro byari birimbanyije.

Usibye n’ibyo, perezida w’u Rwanda yanavuze kandi ko Ramaphosa muri ibyo biganiro bagiranye, yari yamuhamirije ko M23 atari yo yishe abasirikare baturutse muri Afrika y’Epfo, ahubwo ko ingabo za FARDC ari zo zabikoze.

Uyu mukuru w’igihugu cy’u Rwanda yavuze ko niba Afrika y’Epfo ishaka gutanga umusanzu mu gushaka ibisubizo by’amahoro ari byiza cyane, ariko ngo ikwiye kuzirikana ko itari mu mwanya wo gufata inshingano zo kubungabunga amahoro cyangwa kuba umuhuza.

Yanaboneyeho no kuvuga ko niba Afrika y’Epfo ikeneye intambara kubera ubushotoranyi bwayo, u Rwanda rwiteguye guhangana n’icyo kibazo isaha n’isaha.

Impuguke mu bya politiki bakomeje kwibaza ukuntu igihugu cya Afrika y’Epfo cyagiye kwijandika mu ntambara ihuje abanyagihugu, gihanganye n’uruhare rurwanira uburenganzira bw’abaturage bakandamijwe igihe kinini.

Abasirikare ba Afrika y’Epfo baguye mu mirwano ihanganishije umutwe wa M23, Wazalendo n’abacanshuro, mu bihe bitandukanye uhereye bakigera muri iki gihugu no mu cyumweru gishize.

Tags: Afrika y'EpfoRwandaUmwuka mubi hagati
Share42Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

President Trump and Pope Leo XIV Renew Sharp War of Words, Sparking Global Debate

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Perezida Trump na Pope Leo XIV Bongeye Guterana Amagambo Akomeye, Bikomeza Guteza Impaka ku Isi

President Trump and Pope Leo XIV Renew Sharp War of Words, Sparking Global Debate As the world continues to closely follow the relationship between international politics and the...

Read moreDetails

Perezida Trump na Pope Leo XIV Bongeye Guterana Amagambo Akomeye, Bikomeza Guteza Impaka ku Isi

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Perezida Trump na Pope Leo XIV Bongeye Guterana Amagambo Akomeye, Bikomeza Guteza Impaka ku Isi

Perezida Trump na Pope Leo XIV Bongeye Guterana Amagambo Akomeye, Bikomeza Guteza Impaka ku Isi Mu gihe isi ikomeje gukurikiranira hafi umubano hagati ya politiki mpuzamahanga n’ubuyobozi bwa...

Read moreDetails

Umwuka Mubi hagati ya Amerika na Iran Wongeye Gufata Indi Ntera

by Bahanda Bruce
May 5, 2026
0
Umwuka Mubi hagati ya Amerika na Iran Wongeye Gufata Indi Ntera

Umwuka Mubi hagati ya Amerika na Iran Wongeye Gufata Indi Ntera Amakimbirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran akomeje gufata indi ntera, aho ibikorwa bya...

Read moreDetails

Iran na Amerika bongeye gukozanyaho mu Muhora wa Hormuz, ariko ibyatangajwe n’impande zombi biravuguruzanya

by Bahanda Bruce
May 4, 2026
0
Iran na Amerika bongeye gukozanyaho mu Muhora wa Hormuz, ariko ibyatangajwe n’impande zombi biravuguruzanya

Iran na Amerika bongeye gukozanyaho mu Muhora wa Hormuz, ariko ibyatangajwe n’impande zombi biravuguruzanya Umwuka w’ubushyamirane hagati ya Repubulika ya Kisilamu ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za...

Read moreDetails

Ibikorwa bya Gisirikare Bikomeje Gukaza Umurego Hagati ya Iran na Amerika

by Bahanda Bruce
May 4, 2026
0
Ibikorwa bya Gisirikare Bikomeje Gukaza Umurego Hagati ya Iran na Amerika

Ibikorwa bya Gisirikare Bikomeje Gukaza Umurego Hagati ya Iran na Amerika Mu gihe umwuka mubi ukomeje gututumba mu Burasirazuba bwo Hagati, umubano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Read moreDetails
Next Post
M23 ikomeje gukora amateka nyuma y’uko ifashe utundi duce muri Kivu y’Epfo.

M23 ikomeje gukora amateka nyuma y'uko ifashe utundi duce muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?