UPDF yohereje umutwe w’ingabo udasanzwe i Juba, mu gihe umwuka mubi wongeye kuzamuka.
Igisirikare cya Repubulika ya Uganda cyohereje ingabo zo mu mutwe udasanzwe mu murwa mukuru wa Sudan y’Epfo, Juba, kugira ngo zibungabunge umutekano mu gihe umwuka mubi wongeye kuzamuka hagati ya perezida Salva Kiir na visi perezida we Riek Machar, wateye impungenge z’uko intambara ishobora kwaduka muri iki gihugu.
Ni byatangajwe n’umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. Kainarugaba Muhoozi, akaba n’umwana wa perezida w’iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni.
Muhoozi yagize ati: “Kuva mu minsi ibiri ishyize, ingabo zacu zidasanzwe zinjiye i Juba kugira ngo zirinde umutekano.”
Yongeyeho kandi ati: “Twebwe UPDF, tuzi gusa perezida umwe wa Sudan y’Epfo, H.E. Salva Kiir, intambwe iyo ari yo yose kumurwanya ni ugutangiza intambara yo kurwanya Uganda.”
Ni mu gihe amakimbirane yarimo akomeza kwiyongera muri iki gihugu cya Sudan y’Epfo, igihugu gikungahaye kuri peteroli.
Bivugwa ko aya makimbirane yadutse ubwo perezida Salva Kiir yafunze abaminisitiri be babiri ndetse n’abayobozi bakuru b’ingabo bakomoka mu ruhande rwa visi perezida Machar. Ariko byemezwa ko muri bariya ba minisitiri babiri bafunzwe mu minsi mike ishize umwe yarekuwe.
Ifatwa ry’aba bayobozi ryatumye havuka intambara ikaze, aho yabereye mu nkengero z’u mujyi wa Nasir uherereye mu majyaguru y’iki gihugu, kandi ibi bikaba bibangamira amasezerano y’amahoro yo mu mwaka 2018 ayarangije intambara y’imyaka itanu hagati y’ingabo za Kiir n’ingabo za Machar. Ni intambara bivugwa ko yasize ihitanye abantu bagera ku 400.00.
Ingabo za Uganda koherezwa i Juba, ni kunshuro igira gatatu, kuko ubwa mbere zoherejweyo mu 2013, ubwo zajagayo gufasha Kiir kurwanya Machar.
Ahagana mu mwaka w’2016 zongeye koherezwa yo mu gihe imirwano yari yongeye gukaza umurego ku mpande zomb, nyuma yuko zari zakuweyo mu 2015. Kuri ubu kandi zamaze kugerayo.
Uganda kohereza ingabo zayo muri Sudan y’Epfo, itinya ko intambara yakomera muri iki gihugu cy’igituranyi, bityo bigatuma impunzi ziba nyinshi ku mupaka w’ibihugu byombi, bigateza umutekano muke kuri buri ruhande.