Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uwari umu Maï-Maï ukomeye yaguye mu mirwano.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 12, 2025
in Regional Politics
0
Ibya barwanyi ba Maï-Maï batanze umusaada i Bukavu.
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uwari umu Maï-Maï ukomeye yaguye mu mirwano.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Colonel Sezar wari wungirije Jenerali Mutetezi, mu mutwe witwaje imbunda wa Maï-Maï ukorana byahafi n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yaguye mu mirwano iki gisirikare ku bufatanye n’aba barwanyi mu gitero bari bagabye mu muhana w’Abanyamulenge mu Kalingi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

FARDC n’abambari bayo barimo FDLR na Maï-Maï, ahar’ejo tariki ya 10/02/2025, ni bwo bagabye iki gitero mu Kalingi, ituwe n’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Nyuma y’aho, Twirwaneho yaratabaye yirwanaho, nk’uko n’ubundi ihora ibikora, kuko yabayeho mu rwego rwo kugira ngo izirwanirira ibyabo n’ababo.

Aya makuru akavuga ko iy’i mirwano kwari yo yaguyemo Colonel Sezar, kandi ko yapfanye n’abandi barwanyi benshi.

Ndetse kandi muri iyi ntambara yaguyemo n’abasirikare bakuru bo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, barimo ufite ipeti rya major, n’undi ufite irya Captain, n’abandi basirikare babarirwa mu mirongo.

Colonel Sezar wapfuye, akomoka mu Gipupu muri Mibunda muri teritware ya Mwenga, akaba avuka mu bwoko bw’Ababembe.

Yarazwi cyane mu bikorwa byo kunyaga Inka z’Abanyamulenge, no kubica. Yayoboye ibitero byanyaze Inka z’Abanyamulenge mu Turambo, Marunde, Ngoma, no mu bindi bice byo mu Cyohagati, ndetse no mu Minembwe.

Gusa, kuri uyu wa kabiri kandi, ibi bitero by’ingabo za FARDC n’abambari bayo byongeye kugabwa ku Banyamulenge mu Mikenke, Twirwaneho ibisubiza inyuma.

Sibyo gusa, kuko no mu nkambi ya Mikenke, iri huriro rirwanirira Leta ya Kinshasa ryarirashemo ibisasu, ariko aya makuru avuga ko ntawe byahitanye cyangwa ngo bikomeretse.

Ikindi n’uko iyi nkuru ivuga ko abaturage bo mu bwoko bw’Abembe bari baturiye aka gace ka Mikenke, abenshi bahungiye mu Gipupu.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ukomeje kudogera, nubwo Twirwaneho igerageza kurwana ku baturage.

Tags: FardcMaï -maïMinkenkeTwirwaneho
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Byongeye gukara Afrika y’Epfo yagaragaje ko igiye kurwanya umutwe wa M23.

Byongeye gukara Afrika y'Epfo yagaragaje ko igiye kurwanya umutwe wa M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?