Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Visi perezida wa Kenya Kithure Kindiki warahiye ni muntu ki.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
November 2, 2024
in Regional Politics
0
Visi perezida wa Kenya Kithure Kindiki warahiye ni muntu ki.
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Visi perezida wa Kenya Kithure Kindiki warahiye ni muntu ki.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Prof. Kithure Kindiki yarahiriye umwanya wa visi perezida wa Repubulika ya Kenya, nyuma y’iminsi icumi nine ishize inteko ishinga mategeko y’iki gihugu yeguje Rigathi Gachagua.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01/11/2024, nibwo umuhango wo kurahira kwa Prof.Kithure Kindiki wabaye.

Kindiki ni umugabo w’imyaka 52 y’amavuko, yahoze ari umwalimu muri kaminuza aho yigishaga amategeko.

Kindiki afite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza mu by’amategeko(LL.B) yakuye muri Kaminuza ya Moi, Postgraduate Diploma mu by’amategeko n’ubundi yakuye mu ishuri ry’amategeko rya Kenya, impamya bumenyi yikirenga(LL.M), na doctorat(PC.D) mu mategeko mpuzamahanga yakuye muri Afrika y’Epfo.

Ababanye nawe bamusobanuye nk’umukozi wa rubanda. Yavutse mu 1972, akaba n’umubyeyi w’abana batatu.

Mu ijambo rye ari kurahira, Kindiki yavuze ko “kuba asimbuye Gachagua, ari “Ikimenyetso cy’uko demokarasi yateye imbere muri Kenya kandi inzego zacu zikora neza.”

Yanemereye perezida Ruto “kumwumvira no gukorera munsi y’ububasha bwe, kandi ko atazamuhemukira.”

Ruto yashyizeho minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, Musalia Muvandi, asimbuye uyu warahiye.

Ubwo polisi yahanganaga bikomeye n’abigaragambya, Kindiki wabaye visi perezida, yashimye uburyo igipolisi cya Kenya cyabyitwayemo, ahakana ko nta tegeko ryatanzwe ryo kurasa abigaragambya.

Muri iyo myigaragabyo abantu barenga 40 barishwe abandi barenga 300 barakomereka.

Abiganjemo urubyiruko, biraye mu mihanda, bamagana itegeko ryo kongera umusoro ku bintu bitandukanye byiswe “Finance Bill.” Kugira ngo rifashe kuzahura ubukungu bw’igihugu.

Tubibutsa ko Kindiki yari umwe mubahataniraga kwiyamamazanya na Ruto mu gihe cy’amatora yo mu 2022 ngo azamubere visi perezida ntibyakunda, ariko agirwa minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu nyuma gato y’uko perezida atangiye imirimo ye mu kwezi kwa cyenda mu mwaka w’ 2022.

Tags: KenyaKindiki
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano yongeye gukarira ingabo za FARDC muri Kivu Yaruguru.

Imirwano yongeye gukarira ingabo za FARDC muri Kivu Yaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?