Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 1, 2025
in History
0
Agezweho i Mulenge, ya nkumi yarekuwe, menya nuko umutekano wifashe muri icyo gice.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

You might also like

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Bidasubirwaho amasengesho y’abanyeshuri bo mu Bibogobogo arashubijwe.

Nyamanoro uheruka kubabarirwa nyuma yogutabwa muri yombi, aho yashinjwaga gushaka kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu Minembwe, yongeye kugaragara yitwaje Motorola kandi ari kumwe n’abasirikare ba Gumino.

Ni uyu munsi ku cyumweru tariki ya 01/06/2025, Nyamanoro yagaragaye afite icyombo kizwi ko gikoreshwa cyane n’abakora mu nzego z’umutekano ndetse n’inyeshyamba, nubwo hari n’abandi bashobora kugikoresha, ariko muri aka karere ntibisanzwe.

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News ahamya ko iki gikorwa cyagaragariye mu duce two ku wu Mugethi ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira.

Umutangabuhamya yagize ati: “Ubwanjye nanjye na mwiboneye, yari yitwaje Motorola, kandi yari kumwe n’abasirikare bo kwa Nyamusaraba.”

Yongeye ati: “Bavaga mu bice byo ku wu Mugethi berekeje za Kajembwe.”

Ku wa gatanu mu gitondo ni bwo Nyamanoro yarekuwe, ni mu gihe yari yafashwe ku wa gatatu.
Bivugwa ko Twirwaneho yamubabariye, ahanini ngo nta bimenyetso bifatika byamugaragayeho, nk’uko byavugwako yatumwe n’abakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi ku bashakira nimero za telefone z’abamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa Twirwaneho.

Ayo makuru yavugaga ko leta y’i Kinshasa ko yakoresheje Nyamusaraba, na we niko gutuma uyu mukobwa.
Rugikubita bimwe mu bimenyetso byamugaragayeho, ni uko yasanganwe nimero za telefone z’inyeshyamba nkuru muri Gumino, ndetse byanagaragaraga ko ajya aganira nazo.

Ikindi ni uburyo yavuye ku Ndondo ya Bijombo ahuruka mu bice bigenzurwa na Twirwaneho. Kuva iwabo mu Kajembwe kugera mu Minembwe ni ahantu bagenda urugendo rw’iminsi ibiri n’ibirenge. Igitangaje uduce twinshi yanyuzemo tugenzurwa n’ingabo z’u Burundi, FARDC, Wazalendo n’Interahamwe zirimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Aka gace akomokamo ka Kajembwe kagenzurwa n’umutwe wa Gumino uyobowe na Nyamusaraba uwo bivugwa ko akoreshwa na Lt Gen Masunzu ushinjwa kugambanira ubwoko bwabo Abanyamulenge.

Ku rundi ruhande, aha ku Ndondo ya Bijombo, abasirikare bahari ba Leta y’i Kinshasa n’ab’u Burundi bari kuhava bagana za Mikenke, bivuze ko bashaka gutangiza ibitero kuri Twirwaneho na M23, ni mu gihe aho Twirwaneho igenzura hari hamaze iminsi itatu nta mirwano ihabera.

Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu na bwo byavuzwe ko ingabo z’u Burundi zambutse ziva i Bujumbura, zija muri iyi misozi y’i Ndondo ya Bijombo nyuma yo kwambukira i Uvira bagakomerezaho.

Ingabo z’u Burundi zageze muri Kivu y’Amajyepfo mu mpera z’umwaka wa 2022, kugeza n’ubu ziracyariyo kandi zifatikanya n’Interahamwe hamwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC).

Tags: BijomboMotorolaNyamanoro
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe. General Sikatende Dieudonne wari uzwi cyane ku izina rya Mutupeke munyeshyamba za Mai Mai i Lulenge muri teritware ya Fizi mu...

Read moreDetails

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Umukozi w'Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde? Pasiteri Antoine Rutayisire ni umwe mu bakozi b'Imana bamenyekanye cyane mu Rwanda no mu karere, azwi cyane...

Read moreDetails

Bidasubirwaho amasengesho y’abanyeshuri bo mu Bibogobogo arashubijwe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

Bidasubirwaho amasengesho y'abanyeshuri bo mu Bibogobogo arasubijwe. Abanya-Bibogobogo, yaba abanyeshuri n'ababyeyi babo, barahimbaza Imana nyuma y'uko inspecteur w'amashuri amaze kugeza ibizamini bizwi nka dissertation mu Bibogobogo, by'abanyeshuri bo...

Read moreDetails

Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu. Abanyeshuri bo mu Bibogobogo bo mu mwaka wa 6 w'amashuri yisumbuye, bagaruriwe icyizere cyo kuba...

Read moreDetails

Umuyobozi wa Ugeafi yagize icyavuga kuri inspecteur w’amashuri wageze mu Minembwe.

by Bruce Bahanda
June 1, 2025
0
Umuyobozi wa Ugeafi yagize icyavuga  kuri inspecteur w’amashuri wageze mu Minembwe.

Umuyobozi wa Ugeafi yagize icyavuga kuri inspecteur w'amashuri wageze mu Minembwe. Umuyobozi mukuru w'ishirahamwe rya Ugeafi rikorera mu misozi ya Fizi rinafite n'ishuri rizwi nka Cosim Complexe scolaire...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?