• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

minebwenews by minebwenews
June 1, 2025
in sport & entertainment
0
Agezweho i Mulenge, ya nkumi yarekuwe, menya nuko umutekano wifashe muri icyo gice.
101
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.

You might also like

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Nyamanoro uheruka kubabarirwa nyuma yogutabwa muri yombi, aho yashinjwaga gushaka kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu Minembwe, yongeye kugaragara yitwaje Motorola kandi ari kumwe n’abasirikare ba Gumino.

Ni uyu munsi ku cyumweru tariki ya 01/06/2025, Nyamanoro yagaragaye afite icyombo kizwi ko gikoreshwa cyane n’abakora mu nzego z’umutekano ndetse n’inyeshyamba, nubwo hari n’abandi bashobora kugikoresha, ariko muri aka karere ntibisanzwe.

Amakuru agera kuri Minembwe Capital News ahamya ko iki gikorwa cyagaragariye mu duce two ku wu Mugethi ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira.

Umutangabuhamya yagize ati: “Ubwanjye nanjye na mwiboneye, yari yitwaje Motorola, kandi yari kumwe n’abasirikare bo kwa Nyamusaraba.”

Yongeye ati: “Bavaga mu bice byo ku wu Mugethi berekeje za Kajembwe.”

Ku wa gatanu mu gitondo ni bwo Nyamanoro yarekuwe, ni mu gihe yari yafashwe ku wa gatatu.
Bivugwa ko Twirwaneho yamubabariye, ahanini ngo nta bimenyetso bifatika byamugaragayeho, nk’uko byavugwako yatumwe n’abakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi ku bashakira nimero za telefone z’abamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa Twirwaneho.

Ayo makuru yavugaga ko leta y’i Kinshasa ko yakoresheje Nyamusaraba, na we niko gutuma uyu mukobwa.
Rugikubita bimwe mu bimenyetso byamugaragayeho, ni uko yasanganwe nimero za telefone z’inyeshyamba nkuru muri Gumino, ndetse byanagaragaraga ko ajya aganira nazo.

Ikindi ni uburyo yavuye ku Ndondo ya Bijombo ahuruka mu bice bigenzurwa na Twirwaneho. Kuva iwabo mu Kajembwe kugera mu Minembwe ni ahantu bagenda urugendo rw’iminsi ibiri n’ibirenge. Igitangaje uduce twinshi yanyuzemo tugenzurwa n’ingabo z’u Burundi, FARDC, Wazalendo n’Interahamwe zirimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Aka gace akomokamo ka Kajembwe kagenzurwa n’umutwe wa Gumino uyobowe na Nyamusaraba uwo bivugwa ko akoreshwa na Lt Gen Masunzu ushinjwa kugambanira ubwoko bwabo Abanyamulenge.

Ku rundi ruhande, aha ku Ndondo ya Bijombo, abasirikare bahari ba Leta y’i Kinshasa n’ab’u Burundi bari kuhava bagana za Mikenke, bivuze ko bashaka gutangiza ibitero kuri Twirwaneho na M23, ni mu gihe aho Twirwaneho igenzura hari hamaze iminsi itatu nta mirwano ihabera.

Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu na bwo byavuzwe ko ingabo z’u Burundi zambutse ziva i Bujumbura, zija muri iyi misozi y’i Ndondo ya Bijombo nyuma yo kwambukira i Uvira bagakomerezaho.

Ingabo z’u Burundi zageze muri Kivu y’Amajyepfo mu mpera z’umwaka wa 2022, kugeza n’ubu ziracyariyo kandi zifatikanya n’Interahamwe hamwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC).

Tags: BijomboMotorolaNyamanoro
Share40Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada

Vestine na Dorcas batangaje urugendo rwabo rwa mbere muri Canada Abahanzi b’abavandimwe Vestine na Dorcas, bazwi cyane mu muziki wa Gospel mu Rwanda, batangaje urugendo rwabo rwa mbere...

Read moreDetails

Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

by Bahanda Bruce
October 8, 2025
0
Israel Mbonyi yamuritse album y’amateka

Israel Mbonyi yamuritse album y'amateka Kuwa 5 zukwezikwa cumi 2025, Intare Conference Arena yahindutse ahantu h’imbonekarimwe ubwo umuhanzi Israel Mbonyi yamurikaga ku mugaragaro album ye ya gatandatu yise...

Read moreDetails

Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

by Bahanda Bruce
September 29, 2025
0
Isi yose ibireba amateka y’iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y’amagare yakurikiwe bidasanzwe

Isi yose ibireba amateka y'iyandikiye i Kigali; menya byinshi kuri shampiyona y'amagare yakurikiwe bidasanzwe Mu isiganwa ryagaragayemo amazina ayoboye ayandi mu mukino w'amagare, Tadej Pogacare, w'Umunya-Slovania ni we...

Read moreDetails

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe

Umuhanzi wa Gospel Nkomezi urimubakomeye mu Rwanda yavuze icyo ahishiye abakunzi biwe Prosper Nkomezi ni umuhanzi w’Umunyarwanda uzwi cyane mu njyana ya gospel, avuka i Mulenge mu ntara...

Read moreDetails

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

by Bahanda Bruce
September 22, 2025
0
Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid?

Vinícius Júnior yaba ari mu Muryango usohoka muri Real Madrid? Amakuru ari kuvugwa muri Espagne no hanze yayo arerekana ko Vinícius Júnior, umwe mu bakinnyi bakomeye ba Real...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y’igisirimba.

Ibyo wa menya kuri Kofi ukoze amateka mu gucuranga injyana y'igisirimba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?