Ya nkumi ibyayigaragayeho biteye inkenke, kubabibonye.
Nyamanoro uheruka kubabarirwa nyuma yogutabwa muri yombi, aho yashinjwaga gushaka kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu Minembwe, yongeye kugaragara yitwaje Motorola kandi ari kumwe n’abasirikare ba Gumino.
Ni uyu munsi ku cyumweru tariki ya 01/06/2025, Nyamanoro yagaragaye afite icyombo kizwi ko gikoreshwa cyane n’abakora mu nzego z’umutekano ndetse n’inyeshyamba, nubwo hari n’abandi bashobora kugikoresha, ariko muri aka karere ntibisanzwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News ahamya ko iki gikorwa cyagaragariye mu duce two ku wu Mugethi ku Ndondo ya Bijombo muri teritware ya Uvira.
Umutangabuhamya yagize ati: “Ubwanjye nanjye na mwiboneye, yari yitwaje Motorola, kandi yari kumwe n’abasirikare bo kwa Nyamusaraba.”
Yongeye ati: “Bavaga mu bice byo ku wu Mugethi berekeje za Kajembwe.”
Ku wa gatanu mu gitondo ni bwo Nyamanoro yarekuwe, ni mu gihe yari yafashwe ku wa gatatu.
Bivugwa ko Twirwaneho yamubabariye, ahanini ngo nta bimenyetso bifatika byamugaragayeho, nk’uko byavugwako yatumwe n’abakorera mu kwaha k’u butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi ku bashakira nimero za telefone z’abamwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa Twirwaneho.
Ayo makuru yavugaga ko leta y’i Kinshasa ko yakoresheje Nyamusaraba, na we niko gutuma uyu mukobwa.
Rugikubita bimwe mu bimenyetso byamugaragayeho, ni uko yasanganwe nimero za telefone z’inyeshyamba nkuru muri Gumino, ndetse byanagaragaraga ko ajya aganira nazo.
Ikindi ni uburyo yavuye ku Ndondo ya Bijombo ahuruka mu bice bigenzurwa na Twirwaneho. Kuva iwabo mu Kajembwe kugera mu Minembwe ni ahantu bagenda urugendo rw’iminsi ibiri n’ibirenge. Igitangaje uduce twinshi yanyuzemo tugenzurwa n’ingabo z’u Burundi, FARDC, Wazalendo n’Interahamwe zirimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Aka gace akomokamo ka Kajembwe kagenzurwa n’umutwe wa Gumino uyobowe na Nyamusaraba uwo bivugwa ko akoreshwa na Lt Gen Masunzu ushinjwa kugambanira ubwoko bwabo Abanyamulenge.
Ku rundi ruhande, aha ku Ndondo ya Bijombo, abasirikare bahari ba Leta y’i Kinshasa n’ab’u Burundi bari kuhava bagana za Mikenke, bivuze ko bashaka gutangiza ibitero kuri Twirwaneho na M23, ni mu gihe aho Twirwaneho igenzura hari hamaze iminsi itatu nta mirwano ihabera.
Ku munsi w’ejo ku wa gatandatu na bwo byavuzwe ko ingabo z’u Burundi zambutse ziva i Bujumbura, zija muri iyi misozi y’i Ndondo ya Bijombo nyuma yo kwambukira i Uvira bagakomerezaho.
Ingabo z’u Burundi zageze muri Kivu y’Amajyepfo mu mpera z’umwaka wa 2022, kugeza n’ubu ziracyariyo kandi zifatikanya n’Interahamwe hamwe n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC).