• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 6, 2025
in Conflict & Security
0
Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Yakutumba wihaye ipeti rya Gen yahaye Gen Gasita Gasopo

You might also like

Ingabo za RDC n’iz’u Burundi Zikuye ku Ndondo Bidasubirwaho, Impinduka Ikomeye mu Misozi y’i Mulenge

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

Uwiyita General Hamuri Yakutumba akaba anakuriye Wazalendo muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, yavuze ko muri iki gice batagishakamo Brigadier General Olivier Gasita wacyoherejwemo na perezida Felix Tshisekedi kuyobora ibikorwa bya gisirikare.

Bivugwa ko aha’rejo ku wa gatanu tariki ya 05/09/2025, habaye inama ihuza Wazalendo na FARDC i Uvira, akaba ari na yo Gen
Gasita yaherewemo gasopo na Gen Yakutumba.

Gen. Yakutumba William yavuze ko badashaka kongera kubona General Olivier Gasita, kandi ko batazamukenera n’ikindi gihe, bityo amusaba guhita ava i Uvira mu maguru mashya.

Ni gitekerezo amakuru avuga ko cyakomewe amashyi muri iyo nama na Wazalendo benshi, aho yanavuze kandi ko Wazalendo bafashe imbunda ngo barwanire igihugu cyabo, ariko bakaba ubu bari guhabwa abantu bagurishije igihugu kubayobora.

Yagize ati: “Uvira yonyine ni yo isigaye, ni nayo irinze igihugu cya RDC cyose, Uvira iramutse ifashwe na AFC/M23, byaba bivuze ko Congo yose ifashwe. Birasaba kwitonda, birasaba kurinda Uvira n’ijisho ryacu. Bukavu hari abayobozi bayiretse barayigurisha, ubu benshi muri bo bafungiwe i Kinshasa ariko igitangaje twe Wazalendo tubona abantu batanze imijyi minini nka Goma, Bukavu n’indi, ubu baje hano bavuga ngo babohereje Uvira ngo bayobore Ingabo bakorane na Wazalendo. Twakomeje kubivuga ku mugaragaro uwo muyobozi bohereje hano witwa Gen Gasita ntabwo tumushaka hano Uvira.”

Yakutumba yanavuze kandi ko Gasita yari mu bayobozi bakoreye inama Uvira bakavuga ko bareka AFC/M23 igafata Bukavu. Yanamureze ko i Kindu yahiciye Wazalendo, bityo ngo uwo muntu ntakunda kubona Wazalendo.

Iki kibazo cya Gen Gasita wanzwe na Wazalendo gikomeje guteza impagarara kuko Wazalendo bavuga ko bashaka ko Congo ibaha undi muyobozi w’ingabo bakorana.

Ariko igisirikare cy’iki gihugu kivuga ko gishyigikiye Gen Gasita, ko kumushyira hariya ubuyobozi butamwibeshyeho, kuko ngo abakoze amakosa ku rugamba bafungiwe i Kinshasa.

Kubera ubu bwumvikane buke hagati ya Wazalendo na FARDC bumaze kugwamo abantu barenga 10, ndetse kandi n’ubuzima bwo muri uyu mujyi bwarahagaze, kuva Gasita yawuveramo ku wa mbere w’iki cyumweru, amaduka nta fungura, amasoko n’ibindi.

Wazalendo bo bavuga ko bazakomeza kwigaragambya kugeza Gen Gasita avuye muri Uvira agasubira iyo yavuye.

Tshisekedi yohereje Gen Gasita i Uvira kuyobora ibikorwa bya gisirikare birimo n’ubutasi.

Uyu munsi nabwo abaho bazindukiye mu myigaragambyo yo kumwamagana, ahanini bari biganjemo urubyiruko n’abana bato. Bamagana icyemezo cya perezida Felix Tshisekedi cyo kubaha umuyobozi w’ingabo badashaka Gen Gasita.

Tags: GasitaGasopoUviraWazalendoYakutumba
Share38Tweet24Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ingabo za RDC n’iz’u Burundi Zikuye ku Ndondo Bidasubirwaho, Impinduka Ikomeye mu Misozi y’i Mulenge

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Imirwano ikaze i Uvira: Abasirikare ba FARDC, FDNB na Wazalendo bahungiye muri Fizi n’i Burundi nyuma yo gutsindwa ku mirongo y’imbere

Ingabo za RDC n’iz'u Burundi Zikuye ku Ndondo Bidasubirwaho, Impinduka Ikomeye mu Misozi y'i Mulenge Amakuru mashya aturuka mu gace ka Ndondo, kari muri Grupema ya Bijombo muri...

Read moreDetails

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira

Menya Igihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yatangiriye Kwinjira mu Mujyi w’Ingenzi wa Uvira Umujyi wa Uvira—wari umaze amezi menshi ukorerwamo n’inzego z’agateganyo za Kivu y’Amajyepfo kuva Bukavu yafatwa mu ntangiriro z'uyu...

Read moreDetails

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye”

Ubutumwa Bukomeye bw’Umunyamulenge wo mu Minembwe Nyuma y’Ifatwa rya Uvira: “Harakabaho Imana n’Ababatabaye” Umwe mu Banyamulenge batuye mu misozi miremire ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, watangaje...

Read moreDetails

AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira

AFC/M23/MRDP-Twirwaneho Yahamagariye Abaturage Gutaha, Isezeranya Umutekano n’Ubutabera mu Mujyi wa Uvira Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MRDP-Twirwaneho) ryatangaje ko ryafashe burundu umujyi wa Uvira, nyuma y’amezi arenga atatu...

Read moreDetails

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane

Minembwe: Abanyamulenge Bishimiye Ifatwa ry’Umujyi wa Uvira, Bizeye Ihumure n’Isubukurwa ry’Ubuhahirane Abaturage b’Abanyamulenge batuye mu Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, batangaje ko bishimiye cyane ifatwa ry’umujyi wa...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?