• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, May 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Igikorwa cyo kwigabiza uduce twa Bibogobogo twahoze dutuwe n’Abanyamulenge cyamaganywe byimazeyo

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 31, 2026
in Conflict & Security
0
Igikorwa cyo kwigabiza uduce twa Bibogobogo twahoze dutuwe n’Abanyamulenge cyamaganywe byimazeyo
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igikorwa cyo kwigabiza uduce twa Bibogobogo twahoze dutuwe n’Abanyamulenge cyamaganywe byimazeyo

You might also like

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Amakuru atandukanye akomeje gutangazwa n’abanyamakuru bakoresha imbuga nkoranyambaga, by’umwihariko amashene (YouTube channels) yibanda ku mutekano n’intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aravuga ko ingabo z’u Burundi zikomeje kwigabiza uduce twa Bibogobogo twahoze dutuwe n’Abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge. Utu duce duherereye muri teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Nk’uko byatangajwe n’abatangabuhamya banyuranye barimo amashene ya Magarambe TV, Gakondo TV n’abandi, mu cyumweru gishize, bavuze ko imihana yo mu Bibogobogo irimo Nyagizozi, Mugorore, Kabembwe n’indi yo mu misozi migufi ya Fizi, yasenywa n’umutwe witwaje intwaro wa Mai Mai ushyigikiwe na Leta ya Congo. Ibi byabaye mu myaka ine ishize, bituma abaturage bose barokotse bahunga, bagahungira muri santeri ya Bibogobogo, abandi bakanyanyagira mu bihugu by’abaturanyi.

Amakuru akomeza avuga ko ingabo z’u Burundi zahashinze ibirindiro nyuma yo kwirukanwa n’imitwe ya AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho mu duce twa Minembwe n’i Ndondo muri grupema ya Bijombo, hose kugera i Rurambo, mu kwezi kwa cumi nabiri 2025. Iki gikorwa cyamaganywe cyane, kuko kigaragara nk’icyo kwigabiza imihana mu gihe ba nyirayo b’Abanyamulenge bari baramaze kuyivanwamo ku gahato, bakaba barahungiye mu bice bitandukanye birimo Kenya, Uganda, u Burundi ndetse n’u Rwanda, aho bagitegereje ubufasha bwo gusubizwa muri gakondo yabo kugira ngo basubukure ibikorwa byabo by’ubworozi n’ubuhinzi.

Abaturage bavuga ko iki gikorwa cy’ingabo z’u Burundi gishobora kugaragaza umugambi mubisha wo kurandura Abanyamulenge gahoro gahoro mu misozi y’i Mulenge, iri mu Burasirazuba bwa RDC. Bagaragaza ko kwigabiza utu duce byaba bigamije guhagarika burundu amahirwe y’uko abaturage basubira mu byabo, bityo bigakomeza umushinga wo kubambura ubutaka n’aho bakomoka.

Hari kandi amakuru avuga ko ingabo z’u Burundi zifatanyije n’ingabo za Leta ya Congo ndetse n’imitwe ya Wazalendo, zaba zifite umugambi wo gushyira ibirindiro bya gisirikare muri utu duce twa Bibogobogo, hagamijwe guteguriramo ibitero byibasira agace ka Minembwe, gatuwemo n’Abanyamulenge benshi.

Kuri ubu, Minembwe ituwe ahanini n’abaturage bahunze bava mu Majyaruguru yayo, cyane cyane mu duce twa Mibunda n’Icyo Hagati birimo Gitasha, Mikarati, Karumyo, Ngoma, Rwisatsankuku na Marunde, nyuma yo gusenyerwa no kumeneshwa n’imitwe ya Mai Mai ishyigikiwe n’ingabo za Leta ya Kinshasa. Harimo kandi abahunze bava mu Majyepfo no mu Burengerazuba bwa Minembwe, nko mu duce twa Milimba, Matanganika, Gitumba, Rugezi, Musika, Kivumu n’ahandi, aho benshi bishwe, abandi bakamburwa amatungo n’ibindi byabo.

Abanditsi n’abasesenguzi b’iki kibazo basaba umuryango mpuzamahanga kudakomeza kurebera, bagasaba ko hagira igikorwa gifatika cyo gutabara Abanyamulenge no kubarinda. Basaba kandi ko imitwe irimo AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho ifata iya mbere mu gukumira uwo mushinga wo gusenya no kurandura abaturage muri gakondo yabo.

Bamwe mu baturage bavuga ko ibimenyetso by’ibikorwa bibanziriza itsembabwoko bikomeje kugaragara ku mugaragaro, birimo gusenya amazu n’insengero, kwambura abaturage amatungo no kwigabiza imirima yabo. Ibi byanagaragaye mu mujyi wa Uvira, aho Abanyamulenge baherutse guhunga nyuma y’uko AFC/M23 iwuvuyemo ku gitutu cy’umuryango mpuzamahanga, nyuma yo kuwufata mu kwezi kwa cumi nabiri 2025.

Abasesenguzi basoza bavuga ko igihe cyo gutabara Abanyamulenge ari iki, kuko gukomeza guceceka byarushaho gukaza umurego w’ibi bikorwa bishobora guteza ingaruka zikomeye ku mutekano n’uburenganzira bwa muntu mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: AbanyamulengeBibogobogo
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Kwimura ijambo rya Perezida Tshisekedi rishyirwa ku wundi munsi byateje impaka—ni iki cyihishe inyuma?

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare Mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC),...

Read moreDetails

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises Alors que les autorités de la République...

Read moreDetails

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi Mu gihe ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bukomeje...

Read moreDetails

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne sera pas rétablie sur l’ensemble du territoire national, en particulier dans l’Est du pays.

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne...

Read moreDetails

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

by Bahanda Bruce
May 6, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko amatora rusange ateganyijwe mu mwaka wa...

Read moreDetails
Next Post
Umurinzi wa Perezida Tshisekedi Yashinjwe Urugomo i Bruxelles

Umurinzi wa Perezida Tshisekedi Yashinjwe Urugomo i Bruxelles

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?