Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi n’u munyamabanga wa leta zunze ubumwe z’Amerika bagiranye ibiganiro bidasanzwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 24, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi n’u munyamabanga wa leta zunze ubumwe z’Amerika bagiranye ibiganiro bidasanzwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi yagiranye ibiganiro n’u munyamabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika Antony Blinken.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni biganiro byakozwe hifashishijwe telefone ngendanwa, aho baganiriye ku kibazo cya baheruka kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse bavuga no ku byerekeye umutekano muke uri mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.

Iy’i nkuru yashizwe hanze n’ibiro bikuru bya perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho byayitangaje bikoresheje urubuga rwa x.

Bivuga ko umunyabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yavuganye na perezida wa Congo kuri telephone ku bibazo biri muri Congo.

Ibi biro bya vuze ko kandi Blinken yasabye Tshisekedi kwemera inzira y’amasezerano y’amahoro ya Luanda nk’inzira imwe yakemura ibi bibazo ndetse anakomoza ku gitero cyo mu nkambi ya Muganga.

Byagize biti: “Yasabye umukuru w’igihugu gukurikira inzira ya Luanda yananenze igitero cyakozwe tariki ya 03/05/2024, kigabwa mu nkambi ya Muganga na Lushagala muri Goma.”

Mu bindi Blinken Antony yavuganye na perezida Félix Tshisekedi harimo ku cyo bise igitero, ubwo hari abagerageje guhirika ubutegetsi i Kinshasa.

Ati: “Mu izina ry’igihugu cyanjye, twanenze abagabye igitero ku Cyumweru cya pantekoti, bakigaba i Kinshasa”

Mathew Miller, umuvugizi wa minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, we yatangaje ko Antony J. Blinken na Félix Tshisekedi baganiriye ku gitero cyibasiye abayobozi n’izindi nzego kandi Amerika izafasha RDC gukora iperereza kubyerekeye abakoze icyo gitero.

Umuvugizi wa minisiteri y’ubanye n’amahanga y’Amerika, yongeyeho ko ku kibazo cy’u mutekano muke hakenewe ingamba nshya mu kugarura amahoro hubahirizwe amasezerano ya Luanda.

Mu bindi Amerika ivuga ko aba bagabo baganiriye, harimo ko ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa muntu mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, kandi asaba ko hakorwa raporo z’intabaza ku bibera i Goma byibasira abanyantege nke.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’iminsi mike muri iki gihugu hari abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo; bivugwa ko byagizwemo uruhare n’abanyamerika.

Iki gitero cyabaye kandi mu gihe umutwe wa M23 utoroheye ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, aho ukomeje ibitero ari nako usaba ibiganiro ngo nawo ugire uruhare mu miyoborere ya Congo, ndetse ukomeje no kwambura iri huriro ry’Ingabo za RDC ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Epfo.

                MCN.
Tags: Blinken AntonyU Burasirazuba bwa RDCUmutekano
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
M23 yanyomoje ibiri gutangazwa n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ko hari ibice ryafashe.

M23 yanyomoje ibiri gutangazwa n'ihuriro ry'ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ko hari ibice ryafashe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?