• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 13, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Félix Tshisekedi n’u munyamabanga wa leta zunze ubumwe z’Amerika bagiranye ibiganiro bidasanzwe.

minebwenews by minebwenews
May 24, 2024
in Regional Politics
0
Perezida Félix Tshisekedi n’u munyamabanga wa leta zunze ubumwe z’Amerika bagiranye ibiganiro bidasanzwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi yagiranye ibiganiro n’u munyamabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika Antony Blinken.

Ni biganiro byakozwe hifashishijwe telefone ngendanwa, aho baganiriye ku kibazo cya baheruka kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ndetse bavuga no ku byerekeye umutekano muke uri mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC.

READ ALSO

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

Iy’i nkuru yashizwe hanze n’ibiro bikuru bya perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho byayitangaje bikoresheje urubuga rwa x.

Bivuga ko umunyabanga wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yavuganye na perezida wa Congo kuri telephone ku bibazo biri muri Congo.

Ibi biro bya vuze ko kandi Blinken yasabye Tshisekedi kwemera inzira y’amasezerano y’amahoro ya Luanda nk’inzira imwe yakemura ibi bibazo ndetse anakomoza ku gitero cyo mu nkambi ya Muganga.

Byagize biti: “Yasabye umukuru w’igihugu gukurikira inzira ya Luanda yananenze igitero cyakozwe tariki ya 03/05/2024, kigabwa mu nkambi ya Muganga na Lushagala muri Goma.”

Mu bindi Blinken Antony yavuganye na perezida Félix Tshisekedi harimo ku cyo bise igitero, ubwo hari abagerageje guhirika ubutegetsi i Kinshasa.

Ati: “Mu izina ry’igihugu cyanjye, twanenze abagabye igitero ku Cyumweru cya pantekoti, bakigaba i Kinshasa”

Mathew Miller, umuvugizi wa minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, we yatangaje ko Antony J. Blinken na Félix Tshisekedi baganiriye ku gitero cyibasiye abayobozi n’izindi nzego kandi Amerika izafasha RDC gukora iperereza kubyerekeye abakoze icyo gitero.

Umuvugizi wa minisiteri y’ubanye n’amahanga y’Amerika, yongeyeho ko ku kibazo cy’u mutekano muke hakenewe ingamba nshya mu kugarura amahoro hubahirizwe amasezerano ya Luanda.

Mu bindi Amerika ivuga ko aba bagabo baganiriye, harimo ko ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa muntu mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, kandi asaba ko hakorwa raporo z’intabaza ku bibera i Goma byibasira abanyantege nke.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’iminsi mike muri iki gihugu hari abagerageje gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi Tshilombo; bivugwa ko byagizwemo uruhare n’abanyamerika.

Iki gitero cyabaye kandi mu gihe umutwe wa M23 utoroheye ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, aho ukomeje ibitero ari nako usaba ibiganiro ngo nawo ugire uruhare mu miyoborere ya Congo, ndetse ukomeje no kwambura iri huriro ry’Ingabo za RDC ibice byinshi byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Epfo.

                MCN.
Tags: Blinken AntonyU Burasirazuba bwa RDCUmutekano

Related Posts

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Next Post
M23 yanyomoje ibiri gutangazwa n’ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ko hari ibice ryafashe.

M23 yanyomoje ibiri gutangazwa n'ihuriro ry'ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ko hari ibice ryafashe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • INTWARI MAJOR BYINSHI KIJUGUMBA: Hashize Umwaka Umwe Havuzwe Amakuru y’Urupfu Rwe mu Minembwe
  • Imirwano Hagati y’Ihuriro ry’Ingabo za RDC na MRDP-Twirwaneho Yongeye Kuvugwa i Fizi
  • Ibanga ryo Gukira no Kuba Umukire: Uko Umushahara Wawe Wakubakira Ubukire Burambye
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?