Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Bombori bombori iravugwa mu mutwe wa Gumino, ukorera mu misozi ya Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 2, 2024
in Regional Politics
0
Bombori bombori iravugwa mu mutwe wa Gumino, ukorera mu misozi ya Uvira.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bombori bombori iravugwa mu mutwe wa Gumino, ukorera mu misozi ya Uvira.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ahagana ku itariki ya 01/07/2024, umwe mu bayobozi ba Gumino yatawe muri yombi azira gushaka kwigumura kuri uyu mutwe witwara gisirikare, uyobowe na Col Alexis Nyamusaraba.

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko Nzeyimana umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko ko ariwe watawe muri yombi ku wa Mbere w’ejo hashize, afatwa n’abarwanyi ba Fureko usanzwe ayoboye aba barwanyi bose ba Gumino bo mu karere ka Rurambo, muri teritware ya Uvira.

Ay’amakuru anavuga kandi ko nyuma y’uko Nzeyimana yaramaze gufatwa yahise yoherezwa ku Ndondo ya Bijombo, mu gace kitwa Kajembwe, ahari ibirindiro bikuru bya Col Alexis Nyamusaraba, mu rwego rwo kugira ngo abazwe ibyo ashinjwa.

Ubwanditsi bwa Minembwe Capital News bwasobanuriwe ko uyu murwanyi wa Gumino Nzeyimana warebaga agace ka Nyarurambi, yigumuye kuri uy’u mutwe mu gihe utari uki muhemba ifaranga yari yarasezeranijwe, nk’umushahara waburi kwezi, ariko ko yaramaze igihe kirekire atazihabwa, bityo bimuviramo kw’i gumura.

Binavugwa kandi ko mu kwigumura kwa Nzeyimana warebaga abarwanyi bo mu mutwe wa Gumino, mu gace ka Nyarurambi, wari umugambi ahuriyeho na Col Rushaba wo muri Maï Maï nawe uvugwaho kurebana ayingwe na Col Alexis Nyamusaraba muri iki gihe.

Ubwo bwumvikane buke hagati ya Gumino na Maï Maï, ifatanije na Nzeyimana, bwavutse nyuma y’uko abarwanyi ba Gumino ku bufatanye na Maï Maï bari baheruka kugaba igitero gikaze kuri Twirwaneho.

Ni igitero cyagabwe kuri Twirwaneho, mu Bijojwe aho yari yaherekeje Abagore gusarura imirima yabo, igikorwa kitigeze gishimisha Gumino bituma ikora icyo gitero mu rwego rwo kwihimura.

Gusa, icyo gitero nticyigeze ki yihira, kuko cyaguyemo abarwanyi babo babarirwa mu icumi(ba Maï Maï na Gumino). Ndetse kandi Twirwaneho irabirukana batatanira mu bice byo mu Bibangwa, Gitoga no ku misozi imanukira i Lemera. Maï Maï yo ishinja Gumino gutegura kiriya gitero nabi, ndetse ikayishinja kandi ko yagize uruhare runini kugira ngo ba Maï Maï bapfe ari benshi, muri icyo gitero, kuko abarwanyi ba Maï Maï bonyine hapfuye babarirwa ku 9, mu gihe muri Gumino ho hapfuye umwe.

Nzeyimana wafunzwe n’ubuyobozi bwa Gumino, yageze mu mutwe wa Gumino ahunze muri Twirwaneho, ni mu gihe yari yakoze amakosa yo kunyaga, ibyo abaturage b’irwanaho batigeze bihanganira batangiye ku mushakisha ngo ahanwe, ahungira muri Gumino nayo imwakiriza yombi.

Ubwo hari hagati mu mwaka w’ 2021. Akimara kwakirwa muri Gumino yagiye ahabwa kuyobora abarwanyi babo mu bice bitandukanye, ahanini yabaye ahitwa mu Bibangwa, aha yari yarahawe kuyobora abarwanyi b’Abatwa babarirwa ku bantu 35. Afatwa yari ayoboye agace ka Nyarurambi.

                 MCN.
Tags: Bombori bomboriGuminoMaï MaïNzeyimanaRurambo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.

Nyuma y'uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?